• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

RDC n’u Rwanda byongeye guhurira i Washington DC.

minebwenews by minebwenews
August 10, 2025
in Regional Politics
0
RDC n’u Rwanda byongeye guhurira i Washington DC.
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC n’u Rwanda byongeye guhurira i Washington DC.

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Intumwa z’u Rwanda n’iza Repubulika ya demokarasi ya Congo byahuriye mu nama ya mbere y’u Rwego rw’umutekano ibihugu byombi bihuriyeho.

Mu mpera z’iki cyumweru turimo ni bwo abaserukiye u Rwanda na RDC bahuriye muri iyi nama.

Ni nyuma y’aho byari byaremerejwe mu masezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington DC, tariki ya 27/06/2025 hagati y’ibi bihugu byombi.

Ni nama amakuru avuga ko yitabiriwe n’intumwa za Leta Zunze ubumwe z’Amerika, iza Leta ya Qatar, intumwa zihagarariye umuhuza wemejwe n’umuryango wa Afrika Yunze ubumwe, n’iza Komisiyo ya Afrika Yunze ubumwe.

Uru rwego rw’umutekano ruhuriweho n’impande zombi, urwa RDC n’urw’u Rwanda, rugamije kwigira hamwe gahunda yo kurandura umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, no gukura abasirikare ba RDC ku mirongo y’urugamba, ndetse kandi n’u Rwanda rugakuraho ingamba z’ubwirinzi rwashyizeho.

Usibye ibyo, rugamije kandi koroherezanya mu guhana amakuru y’ubutasi hagati ya Kigali na Kinshasa kugira ngo ariya masezerano y’amahoro yasinywe abashe gushyirwa mu bikorwa.

Abitabiriye inama bemeje ibizakurikiraho mu nama zitaha, ndetse kandi banaganiriye kugutangira gushyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano y’amahoro.

Abari bahagarariye Amerika, umuryango wa Afrika Yunze ubumwe na Qatar, bitabiriye mu rwego rwo kugira ngo iyi nama igende neza, kandi ibashye no gutanga umusaruro.

Gusa, n’ubwo u Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano y’amahoro i Washington DC, ariko kugeza ubu perezida Felix Tshisekedi na mugenzi we, Paul Kagame ntibarayashyiraho umukono.

Aya masezerano yakurikiwe no gusinya imbanzirizamushinga y’amahoro hagati ya RDC n’u mutwe wa AFC/M23, i Doha muri Qatar, ariko kandi nabyo buri ruhande rushinja urwabo kurugabaho ibitero, ndetse n’imirwano iracyakomeje haba muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

Tags: Inama y'umutekanoRdcRwandaWashington DC
Share30Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
Icyemezo cya Israel cyo kwiyomekaho intara ya Gaza cyakuruye imivurungano.

Icyemezo cya Israel cyo kwiyomekaho intara ya Gaza cyakuruye imivurungano.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?