• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Gen.Muhoozi yongeye kuvuga uburyo UPDF na RDF ari abavandimwe, anahishyura gahunda bafitanye.

minebwenews by minebwenews
August 14, 2025
in Regional Politics
0
78
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Gen. Muhoozi yongeye kuvuga uburyo UPDF na RDF ari abavandimwe anahishyura gahunda bafitanye.

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Umugaba mukuru w’Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi yatangaje ko igisirikare cya Uganda n’icy’u Rwanda ari ibivandimwe, ndetse avuga ko amakipe y’umupira w’amaguru y’ingabo z’ibi bihugu byombi ateganya guhurira mu kibuga cy’umupira agakina.

Yabivugiye mu butumwa aheruka gutambutsa ku rukuta rwa x ku wa gatatu tariki ya 13/08/2025.

Yatangiye agira ati: “Igisirikare cy’u Rwanda ni abavandimwe bacu bo mu maraso kandi turavukana. Igihe cyose duhora dufatanya. Amakipe yacu y’umupira w’amaguru azahura vuba mu mukino wo kwishyura i Musanze.”

Ibi yabigarutseho mu gihe umwaka wa 2022 ahagana mu mpera zawo, yavuze ko UPDF na RDF aribyo bisirikare bya mbere ko kandi bishyize hamwe nta mwanzi n’umwe byananirwa guhashya.

Uyu Gen.Muhoozi watangaje ibi ni we wagize uruhare runini mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda, kuko wigeze kugwamo igitotsi, ariko mu mwaka wa 2022 arabyunga byongera kugendererana.

Ndetse ubwe yigeze kuvuga ko kongera kunga ubumwe bwa RDF na PDF ari kimwe mu bikorwa by’indashyikirwa yagezeho mu mateka ye mu gisirikare.

Hari n’ubwo kandi yigeze gutangaza avuga ko mu Rwanda ari mu rugo ha kabiri, yanakunze kumvikana avuga ko nyuma y’igisirikare ayoboye UPDF, akunda icy’u Rwanda, RDF.

Tags: AbavandimweMuhooziRDFUPDF
Share31Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
Abanyarwanda Bikanze Bikomeye Nyuma y’uko APR FC Itomboye Ikipe Ikomeye ya Pyramids FC

Abanyarwanda Bikanze Bikomeye Nyuma y’uko APR FC Itomboye Ikipe Ikomeye ya Pyramids FC

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?