Burundi: Umu-motari yarasiwe mu mujyirwagati wa Gitega
Umujyi wa Gitega ufatwa nk’umurwa mukuru wa politiki w’igihugu cy’u Burundi, umupolisi yawurasiyemo umu-motari aramuhusha, nk’uko amakuru ava muri iyi ntara abivuga.
Iki gikorwa kigayitse cyakozwe ku manywa yo ku cyumweru tariki ya 28/09/2025, gikorerwa muri uyu mujyi wa Gitega.
Bivugwa ko igihe cya saa munani n’igice za manywa yo kuri icyo cyumweru, ni bwo uriya mupolisi witwa Djuma Moïse yashatse gutwara imoto y’umu-motari witwa Egide, abyanze ahita amurasa amasasu mu maguru.
Ni igikorwa aya makuru agaragaza neza ko cyabereye ku musigiti munini uherereye muri uyu mujyi wa Gitega.
Amashusho yerekana uruja n’uruza rw’abantu ibihumbi n’ibihumbi bari kunyuranamo ahabereye iki gikorwa.
Nubwo uwarashwe atakomerekejwe cyangwa ngo yicwe, ariko iki gikorwa cyatumye abaturage bababara, nk’uko Sos Media Burundi dukesha iyi nkuru yabitangaje.
Yagize iti: “Ibyabaye byababaje abunguruza abantu n’ibintu, n’abaraho bose byarababaje!”
Kiriya gitangaza makuru cyanavuze ko ibi bije bikurikira ikindi gikorwa gisa nk’iki cyabaye tariki ya 2/08/2025, aho Elie Butoyi umupolisi yarashe amasasu arenga 20 umu-motari witwa Remegie.
Kigasobanura ko we yarashwe agahita yitaba Imana, kandi ko yarasiwe i Gitaga mu gace ka Ntobwe . Kinagaragaza kandi ko byarangiye uwo mupolisi atawe muri yombi, ajanwa gufungirwa muri zone Mungwa, mu gihe uriya yarashe yaguye mu bitaro ibyo yari yajanwe kuvurizwamo.
Aba-motari bo muri icyo gice bavuga ko inzego z’umutekano zikwiye kubaha umutekano, basaba kandi ko uriya mupolisi witwa Djuma Moïse ahita afatwa agafungwa agacibwa urubanza rumukwiye.