• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 13, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 12, 2025
in Religion
0
Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo
67
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

You might also like

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya

CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye

Evangelist Chantal Nyamazaire, kuri iki cyumweru tariki ya 12/10/2025, mu nyigisho yabwirije, yavuze ku myitwarire igomba kuranga abakristu, anagaragaza ko badakwiye kwikura mu miryango bavukamo.

Ni bwiriza yatanze mu materaniro y’igitondo, aho yateraniye mu itorero rya All National Assemblies of God, rifite icyicaro gikuru i Nakivale mu majy’Epfo ashyira uburengerazuba bwa Uganda.

Yatangiye asoma mu gitabo cy’Ibyahishuwe 22:10-14 no mu rwandiko rwa
Efeso 5:14.

Uyu muvugabutumwa yahise avuga ko Umukristo utanezezwa n’amashimwe aba yatanzwe n’undi, bimugaragaza ko atarazwa kw’ijoro asengera ibibazo by’abandi.

Maze avuga ko atari abantu bose ugomba kubwira ibibazo bya we, ahubwo ko ukwiye kubibwira umuntu wizeye kandi uzi neza ko muri inshuti.

Yanavuze ko Umukristo ubuze ubwenge, abwira ikibazo cye buri wese ahuye na we; avuga ko ibyo bituma abarunga umunyu baboneraho umwanya wo kugikomeza.

Ni naho yageze agaragaza ko mu nsengero z’iki gihe zajemo n’abapfumu, anasobanura ko batakiba iyo mu mashyamba ahubwo ko na bo bamenye ibigezweho, bakaba basigaye bambara kositimu, bakitwaza na Bibiriya kugira ngo bakunde barye amafaranga yo mu nsengero zinzaduka.

Umuvugabutumwa Chantal asaba abakristu kuba maso no kwirinda, kandi bakirinda muburyo bwo mu mwuka, no guhora bategereje Umwami Yesu, ngo kuko batazi umunsi n’igihe azagarukiraho.

Yavuze kandi ko umunsi Yesu asezerana n’abigishwa be, akaja mu ijuru, yababwiye ko agiye kubategurira aho bazaba. Anabasezeranya ko atabasize bonyine, ahubwo ko azaboherereza umufasha uzabana nabo, kandi ngo akazabigisha byinshi biruta n’ibyo yabigishije.

Chantal yavuze ko mu nzu y’Imana bakwiye kujya bakora ibitandandukanye n’ibyo hanze, bakareka gutinda ku bijyanye n’imishinga, ahubwo bakajya babwiriza ibijyanye n’ibyururutsa imitima(ibikiza ubugingo).

Ati: “Ntimutinde mu kwigisha uko bakora chapati mu nzu y’Imana. Ni mubwirize ibikiza ubugingo. Hanze na ho bazigisha ibijyanye n’ibifasha imibiri.”

Yanatanze n’urugero avuga ko hari umukobwa wavuye mu byaha arakizwa, ariko amaze kugera mu rusengero asanga naho bigisha ibisa nk’ibyo yumviraga hanze, bityo avuga ko urusengero rw’Imana rugomba kugira itandukaniro n’ibyo hanze.

Yavuze kandi ko tugomba gukanguka, ariko tugakangukira mu by’ubugingo buhoraho, ndetse kandi avuga ko umuntu utarakizwa, agereranywa n’umuntu wapfuye mu buryo bw’umwuka.

Avuga kandi ko umukristo ko akwiye kubaha Imana, umuryango avukamo na Leta.
Asobanura ko imiryango yacu n’iyo tubarizwamo, kimwe kandi n’i gihugu.

Yavuze kandi ko abakristu badakwiye guta imico y’iwabo, ahubwo ko bakwiye kuyisigasira.

Yanatanze n’urugero rw’Abagore ba Banyamulenge batagitsinda basebukwe. Avuga ko kubatsinda byagaragazaga ‘ukubaha,’ yongeraho ko uwo muco ari mwiza ukwiye gusigasirwa.

Yanavuze kandi ko urusengero ari ahantu abantu bomorerwa ibisebe batewe n’ubuzima banyuzemo.

Asobanura ko hari abantu bakurira mu buzima bushaririye, bakagerekaho no kugira imiryango igoye; agaragaza ko abo “urusengero rukwiye kubabera uburuhukiro.” Ariko ngo ikibabaje n’igihe bisanga no mu nsengero zisa nk’aharya baba barakuriye. Asoza avuga ko ibyo aribyo byago biruta ibindi byose kuri iy’i si.

Tags: AbakristuEv ChantalImyitwarire
Share27Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

by Bahanda Bruce
October 9, 2025
0
Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira Dr Lazare Sebitereko Rukundwa, umuyobozi mukuru w'ishuri rya kaminuza rya UEMI rifite icyicaro gikuru mu Minembwe, ahazwi nk'umurwa mukuru w'i Mulenge...

Read moreDetails

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya

by Bahanda Bruce
October 7, 2025
0
CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya Amatorero abiri yapinganaga kuva mu myaka 40 ishyize, 8ème CEPAC na 37ème CADEC, yasabanye imbabazi mu Minembwe arababarirana,...

Read moreDetails

CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye

by Bahanda Bruce
October 6, 2025
0
CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye

CEPAC na CADEC nyuma y'igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye Itorero rya 8ème CEPAC n'irya 37ème CADEC, amakanisa akorera mu misozi miremire y'i Mulenge ataracanaga uwaka...

Read moreDetails

Rv. Misigaro yabwirije hejuru yo gutunganya inzu y’Imana

by Bahanda Bruce
October 5, 2025
0
Rv. Misigaro yabwirije hejuru yo gutunganya inzu y’Imana

Rv. Misigaro yabwirije hejuru yo gutunganya inzu y'Imana Umushumba w'itorero rya All National Assemblies of God, rifite icyicaro gikuru i Nakivale mu majy'Epfo y'igihugu cya Uganda, Reverend Misigaro...

Read moreDetails

Intumwa Gitwaza yizihije imyaka amaze mu murimo w’ivugabutumwa, agira n’icyo abivugaho

by Bahanda Bruce
October 2, 2025
0
Intumwa Gitwaza yizihije imyaka amaze mu murimo w’ivugabutumwa, agira n’icyo abivugaho

Intumwa Gitwaza yizihije imyaka amaze mu murimo w'ivugabutumwa, agira n'icyo abivugaho Intumwa y'Imana Paul Gitwaza, akaba n'umuyobozi mukuru w'itorero rya Zion Temple ku isi, yizihije imyaka 30 amaze...

Read moreDetails
Next Post
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?