Icyo amakuru avuga ku biganiro RDC na M23 birimo byo guhana imfungwa
Repubulika ya demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23 uyirwanya biri mu biganiro byo guhana imfungwa, aho ibyo biganiro biri kubera i Doha muri Qatar.
RDC na M23 biri kuganira ku ngingo yo guhererekanya imfungwa, nyuma y’ukwezi kumwe impande zombi zemeranyije gushyiraho urwego rushinzwe gukurikirana iyo gahunda.
Iyi gahunda ikaba iri mu ngingo zigoye cyane zigomba kuganirwaho muri biriya biganiro, kuko n’ubwo RDC imaze amezi menshi yemeye ko igomba kurekura abantu bo ku ruhande rwa M23 ifite, ariko kugeza ubu ntacyo irabikoraho.
Bikaba bizwi ko Croix-Rouge ari yo yahawe ikiraka cyo kuba umuhuza udafite uruhande abogamiyeho mu kumenya kugenzura no kurekura mu mutekano imfungwa zifitwe na buri ruhande, yanatangaje ko igitegereje ko Leta na M23 bagera kubwumvikane, ubundi ikinjira mu gikorwa nyirizana.
Ibi biganiro bikurikiranirwa hafi na Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Qatar ndetse n’umuryango wa Afrika yunze ubumwe bifuza ko Kinshasa na M23 byashyira umukono ku masezerano y’amahoro, nyuma yaho iki gihugu cya RDC gisinyanye n’u Rwanda amasezerano y’amahoro ayo byasinyanye mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka.
Uyu mutwe wa M23 uvuga ko imfungwa zayo RDC ifunze zibarirwa muri 700 , ariko izo Leta yo isaba uyu mutwe wa M23 ntuzwi kugeza magingo aya.