Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mu Minembwe bagaragaje ikibabangamiye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 1, 2025
in Regional Politics
0
Bitagira uko bisa, i Lundu bakiriye Brig.Gen. Sematama uzwi nk’Intare-Batinya n’Ingabo ayoboye.
95
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu Minembwe bagaragaje ikibabangamiye.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Nyuma y’aho mu Minembwe ahazwi nk’umurwa mukuru w’i misozi miremire y’i Mulenge haherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu Burasizuba bwa Congo, hafashwe n’abarwanyi bo mu mutwe wa Twirwaneho abaturage baho bongera kubona amahoro n’ituze ayo bari barabuze mu myaka 8 ishize, ariko bavuga ko haricyo bakibuze kirimo umunyu, amasabune n’ibindi.

Bikubiye mu butumwa bamwe muri abo baturage ba Minembwe bahaye ubwanditsi bwa Minembwe Capital News, aho bugaragaza ko muri iki gice babangamiwe n’ibura ry’isukari, umunyu n’amasabune.

Ubutumwa baduhaye bwanditse bugira buti: “Amahoro n’ituze turabifite. Twirwaneho kuva yafata Minembwe yaduhaye amahoro, ariko tugowe no kubura isukari, amavuta yo kurya, umunyu n’amasabune.”

Ubu butumwa bw’aba baturage kandi bugaragaza ko bafite amasoko menshi, nk’isoko ya gatanu iri mu zi nini, ikaba inaremera ku Kiziba, iya kabiri nayo iremera muri centre ya Minembwe, iya gatatu iremera mu Bidegu, ubundi kandi bakagira n’amaduka akora buri munsi muri centre ya Minembwe n’andi masoko menshi ariko ko udashobora kuzibanamo ibyavuzwe haruguru.

Iri bura ry’isukari, umunyu, amavuta ateka n’amasabune ryatangiye kugaragara ubwo igice cyo kwa Mulima gisanzwe ariyo nzira imwe ihuza Minembwe na Baraka gihungiyemo ihuriro ry’Ingabo za Congo, ni nyuma yuko zari zimaze gutsindwa mu ntambara yazisakiranyije na Twirwaneho tariki ya 21/02/2025. Twirwaneho nibwo yafashe centre ya Minembwe n’inkengero zayo na Mikenke.

Icyo gihe iri huriro ry’Ingabo za Congo ryahungiye kwa Mulima rihashinga ibirindiro, ubundi rihagarika ibicuruzwa byose byaturukaga epfo(ku mushyasha), ubwo ni Baraka na Uvira.

Nk’uko bizwi abacuruzi bazanaga ibicuruzwa(ibyashyara) mu misozi y’ahazwi nk’i Mulenge baturukaga i Bukavu, na Uvira, muri abo hari ababinyuzaga ku ndege bakoresheje ikibuga cy’indege cya Kavumu kitaratangira gukora kuva m23 igifashe, abandi bagakoresha imodoka ari nabo banyuraga i Baraka bagera kwa Mulima bakagenda n’ibirenge usibye ko hari n’abakomezanyaga n’imodoka kugeza binjiye mu Minembwe centre.

Kuri ubu umujyi wa Baraka uwa Uvira bigenzurwa n’ihuriro ry’Ingabo za Congo, mu gihe uwa Bukavu wo wigaruriwe n’umutwe wa m23 ku itariki ya 16/02/2025.

Hagataho, umuyobozi mukuru wa Twirwaneho, Brigadier General Charles Sematama, aheruka kubwira abaturage ba Minembwe ko bazagezwa ku byiza bivuye ku mbaraga z’umututu w’imbunda zabana babo, kandi ko ibyiringiro byabo biri ku Mana.

Yagize ati: “Byose tuzabibona ku mututu, kandi ntiducitse intege ibyirinhiro byacu biri ku Mana.”

Tags: AmasabuneIsukariMinembweUmunyu
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Mu misozi ya Fizi hazindukiye imirwano ikaze .

Mu misozi ya Fizi hazindukiye imirwano ikaze .

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?