• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mu Minembwe bagaragaje ikibabangamiye.

minebwenews by minebwenews
April 1, 2025
in Regional Politics
0
Bitagira uko bisa, i Lundu bakiriye Brig.Gen. Sematama uzwi nk’Intare-Batinya n’Ingabo ayoboye.
95
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu Minembwe bagaragaje ikibabangamiye.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nyuma y’aho mu Minembwe ahazwi nk’umurwa mukuru w’i misozi miremire y’i Mulenge haherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu Burasizuba bwa Congo, hafashwe n’abarwanyi bo mu mutwe wa Twirwaneho abaturage baho bongera kubona amahoro n’ituze ayo bari barabuze mu myaka 8 ishize, ariko bavuga ko haricyo bakibuze kirimo umunyu, amasabune n’ibindi.

Bikubiye mu butumwa bamwe muri abo baturage ba Minembwe bahaye ubwanditsi bwa Minembwe Capital News, aho bugaragaza ko muri iki gice babangamiwe n’ibura ry’isukari, umunyu n’amasabune.

Ubutumwa baduhaye bwanditse bugira buti: “Amahoro n’ituze turabifite. Twirwaneho kuva yafata Minembwe yaduhaye amahoro, ariko tugowe no kubura isukari, amavuta yo kurya, umunyu n’amasabune.”

Ubu butumwa bw’aba baturage kandi bugaragaza ko bafite amasoko menshi, nk’isoko ya gatanu iri mu zi nini, ikaba inaremera ku Kiziba, iya kabiri nayo iremera muri centre ya Minembwe, iya gatatu iremera mu Bidegu, ubundi kandi bakagira n’amaduka akora buri munsi muri centre ya Minembwe n’andi masoko menshi ariko ko udashobora kuzibanamo ibyavuzwe haruguru.

Iri bura ry’isukari, umunyu, amavuta ateka n’amasabune ryatangiye kugaragara ubwo igice cyo kwa Mulima gisanzwe ariyo nzira imwe ihuza Minembwe na Baraka gihungiyemo ihuriro ry’Ingabo za Congo, ni nyuma yuko zari zimaze gutsindwa mu ntambara yazisakiranyije na Twirwaneho tariki ya 21/02/2025. Twirwaneho nibwo yafashe centre ya Minembwe n’inkengero zayo na Mikenke.

Icyo gihe iri huriro ry’Ingabo za Congo ryahungiye kwa Mulima rihashinga ibirindiro, ubundi rihagarika ibicuruzwa byose byaturukaga epfo(ku mushyasha), ubwo ni Baraka na Uvira.

Nk’uko bizwi abacuruzi bazanaga ibicuruzwa(ibyashyara) mu misozi y’ahazwi nk’i Mulenge baturukaga i Bukavu, na Uvira, muri abo hari ababinyuzaga ku ndege bakoresheje ikibuga cy’indege cya Kavumu kitaratangira gukora kuva m23 igifashe, abandi bagakoresha imodoka ari nabo banyuraga i Baraka bagera kwa Mulima bakagenda n’ibirenge usibye ko hari n’abakomezanyaga n’imodoka kugeza binjiye mu Minembwe centre.

Kuri ubu umujyi wa Baraka uwa Uvira bigenzurwa n’ihuriro ry’Ingabo za Congo, mu gihe uwa Bukavu wo wigaruriwe n’umutwe wa m23 ku itariki ya 16/02/2025.

Hagataho, umuyobozi mukuru wa Twirwaneho, Brigadier General Charles Sematama, aheruka kubwira abaturage ba Minembwe ko bazagezwa ku byiza bivuye ku mbaraga z’umututu w’imbunda zabana babo, kandi ko ibyiringiro byabo biri ku Mana.

Yagize ati: “Byose tuzabibona ku mututu, kandi ntiducitse intege ibyirinhiro byacu biri ku Mana.”

Tags: AmasabuneIsukariMinembweUmunyu
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Mu misozi ya Fizi hazindukiye imirwano ikaze .

Mu misozi ya Fizi hazindukiye imirwano ikaze .

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?