• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mu Minembwe bagaragaje ikibabangamiye.

minebwenews by minebwenews
April 1, 2025
in Regional Politics
0
Bitagira uko bisa, i Lundu bakiriye Brig.Gen. Sematama uzwi nk’Intare-Batinya n’Ingabo ayoboye.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu Minembwe bagaragaje ikibabangamiye.

You might also like

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Nyuma y’aho mu Minembwe ahazwi nk’umurwa mukuru w’i misozi miremire y’i Mulenge haherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu Burasizuba bwa Congo, hafashwe n’abarwanyi bo mu mutwe wa Twirwaneho abaturage baho bongera kubona amahoro n’ituze ayo bari barabuze mu myaka 8 ishize, ariko bavuga ko haricyo bakibuze kirimo umunyu, amasabune n’ibindi.

Bikubiye mu butumwa bamwe muri abo baturage ba Minembwe bahaye ubwanditsi bwa Minembwe Capital News, aho bugaragaza ko muri iki gice babangamiwe n’ibura ry’isukari, umunyu n’amasabune.

Ubutumwa baduhaye bwanditse bugira buti: “Amahoro n’ituze turabifite. Twirwaneho kuva yafata Minembwe yaduhaye amahoro, ariko tugowe no kubura isukari, amavuta yo kurya, umunyu n’amasabune.”

Ubu butumwa bw’aba baturage kandi bugaragaza ko bafite amasoko menshi, nk’isoko ya gatanu iri mu zi nini, ikaba inaremera ku Kiziba, iya kabiri nayo iremera muri centre ya Minembwe, iya gatatu iremera mu Bidegu, ubundi kandi bakagira n’amaduka akora buri munsi muri centre ya Minembwe n’andi masoko menshi ariko ko udashobora kuzibanamo ibyavuzwe haruguru.

Iri bura ry’isukari, umunyu, amavuta ateka n’amasabune ryatangiye kugaragara ubwo igice cyo kwa Mulima gisanzwe ariyo nzira imwe ihuza Minembwe na Baraka gihungiyemo ihuriro ry’Ingabo za Congo, ni nyuma yuko zari zimaze gutsindwa mu ntambara yazisakiranyije na Twirwaneho tariki ya 21/02/2025. Twirwaneho nibwo yafashe centre ya Minembwe n’inkengero zayo na Mikenke.

Icyo gihe iri huriro ry’Ingabo za Congo ryahungiye kwa Mulima rihashinga ibirindiro, ubundi rihagarika ibicuruzwa byose byaturukaga epfo(ku mushyasha), ubwo ni Baraka na Uvira.

Nk’uko bizwi abacuruzi bazanaga ibicuruzwa(ibyashyara) mu misozi y’ahazwi nk’i Mulenge baturukaga i Bukavu, na Uvira, muri abo hari ababinyuzaga ku ndege bakoresheje ikibuga cy’indege cya Kavumu kitaratangira gukora kuva m23 igifashe, abandi bagakoresha imodoka ari nabo banyuraga i Baraka bagera kwa Mulima bakagenda n’ibirenge usibye ko hari n’abakomezanyaga n’imodoka kugeza binjiye mu Minembwe centre.

Kuri ubu umujyi wa Baraka uwa Uvira bigenzurwa n’ihuriro ry’Ingabo za Congo, mu gihe uwa Bukavu wo wigaruriwe n’umutwe wa m23 ku itariki ya 16/02/2025.

Hagataho, umuyobozi mukuru wa Twirwaneho, Brigadier General Charles Sematama, aheruka kubwira abaturage ba Minembwe ko bazagezwa ku byiza bivuye ku mbaraga z’umututu w’imbunda zabana babo, kandi ko ibyiringiro byabo biri ku Mana.

Yagize ati: “Byose tuzabibona ku mututu, kandi ntiducitse intege ibyirinhiro byacu biri ku Mana.”

Tags: AmasabuneIsukariMinembweUmunyu
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari MINEMBWE CAPITAL NEWS Mu gihe...

Read moreDetails

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubutegetsi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa Mu gihe umutwe wa Rwanda National Congress (RNC), washinzwe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari...

Read moreDetails

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka mu ruhando rwa politiki...

Read moreDetails

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC Le Gouvernement du Rwanda a publié un communiqué important en réponse aux déclarations...

Read moreDetails

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo rikomeye risubiza ku magambo yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
Mu misozi ya Fizi hazindukiye imirwano ikaze .

Mu misozi ya Fizi hazindukiye imirwano ikaze .

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?