Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abanyamulenge baburiwe nyuma y’aho bamwe muri bo bagaragaje imvugo zidahwitse.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 11, 2025
in Regional Politics
0
Abanyamulenge baburiwe nyuma y’aho bamwe muri bo bagaragaje imvugo zidahwitse.
139
SHARES
3.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abanyamulenge baburiwe nyuma y’aho bamwe muri bo bagaragaje imvugo zidahwitse.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni mu butumwa bwatanzwe n’umuturage utuye mu Minembwe, aho yabwise “impanuro” ashaka guha benewabo bakunze kugaragaraho imvugo zidahwitse muri ibi bihe Abanyamulenge bakomeje kunyuramo by’intambara bashoweho n’ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Ubu butumwa uyu muturage uri mu Minembwe utashatse ko amazina ye atangazwa ku mpamvu z’umutekano we, yabunyujije mu bwanditsi bwa Minembwe.com mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 11/01/2025.

Mu butumwa bwe yavuze ko ari impanuro, aho yagize ati: “IMPANURO KUBYO TURI MUKUMVA NO KUBONA; maze akurikozaho agira ati:
“Bavandimwe Banyamulenge dusangiye gupfa no gukira ndabasuhuje.
Muraho neza? Reka mvuge abiri cyangwa atatu doreko abakuru bayamaze bati ‘kuvuga menshi siko kuyamara’.
Intumwa Pahulo haraho muri bibiriya yagize ati ‘Mwabagatatiya mwe babapfapfa ninde wabaroze, mwatangije iby’umwuka muherukiye kuby’umubiri!”

Yakomeje avuga ati: “Ninde utaziko dukeneye kubaho mw’isi nk’uko abandi bayiriho? Bishatse kuvuga ko dufite uburenganzira bwo kubaho dufite umugabane ku butaka tudahutazwa, tutamburwa ibyacu, tutamburwa ubuzima, ibyabandi bagabana kur’iy’isi ya Rurema natwe tubigabane tutagira icyo twikanga kuko tutari inyamanswa;
Ninde utemerako Imana yaduhaye igihugu uretse n’Imana amategeko ya Congo arabitwemerera uko twaba turi kose, twaba bake cyangwa benshi. Agahinda mfite ni cyo nibaza abagenze bakagera kure muzatubwire ahandi mwasanze gakondo yacu muzaze kutwimura tujeyo natwe.”

“Na sanze burya hari imiterere y’abantu bakuze n’iyabakuza igihagararo gusa. Hari abantu bakura mu gihagararo no mubwenge ariko kandi na sanze turimo abakujije igihagararo ariko ubwenge buri hasi cyane. Mu ruru rwego harabashobora kumva ko natukanye nyamara ataribyo. Wosenyerwa, ukanyagwa, ugatwikirwa, ukicwa, ukaribwa inyama, ugakumirwa, akamburwa uburenganzira bwawe hafi 95%, warangiza ukavuga uti biramaze bibe? Nyamara uzakureba ukumva ibyo uvuga, azavuga ko nta bwenge ufite…..
Hari ijambo numvise icyo risigura muri yi minsi; Mose amaze gukura areba akarengane ubwoko bwe burengana, yahisemo kuja kurenganwa nabwo, kuko yabonye ko ubutunzi bwari ku mwami Farao aho yarerewe butaruta ubwoko bwabo.”

Yakomeje kandi ati: “Niba Environnement(ibidukikije) turimo cyangwa urimo, itaguhereza image(inshusho ) ya karengane abanyamulenge barimo gucyamo, nturageraho witwa umuntu muzima (ntu rakura), niba wishimira ibyabaye ku Banyamulenge, kubona ihohoterwa rya buri munsi bakorerwa…inkambi z’impunzi barimo…imitungo yabo inyagwa umunsi ku wundi, ariko ntihagire isomo ukuramo uri gito!

Gusa, muri shima ariko nyamara namwe mukubitwa hamwe n’abandi.”

Ndetse kandi yavuze ko hari ibi mutangaza, aho yagize ati: “Nzantangazwa n’umuntu utoneka undi muriki gihe wirengagije ibikomeri twagize….n’ubwo umuntu yakwihushirizaho imbugita(icyuma) akitema ntiwa mushinyagurira ben’ako kageni.. .niba uri kure uzaze ugere kuri terrain(aho bibera ) wirebere kandi niba uri kuri terrain ukaba utabona ibya Abanyamulenge bakorerwa, bazakuvuze amaso kuko ntabona….umugabo umwe ngo yari impumyi baramubwira ati uramenye udakandagira mw’ifu, nawe ati ko ndayibona…ngwarangize ayikandagiramo…abantu benshi bafite amakuru y’abatabona…nicyo gituma bari mugukangagira mw’ifu…”

Yanaboneyeho kandi kuvuga ko ukuri kunyura muziko ariko ntigushya, ati:”Amaherezo ukuri kuzatsinda ikinyoma. Muri bibiriya, Nehemiya yaravuze ngo reka Senebarati avuge, ngo kuko nihahandi nta mugabane azabona muri Yerusalemu.
Uramenye amagambo yawe atazakubuza umugabane muri Yerusalemu… iyo Farao aja kubimenya ko ari ubwoko bw’Imana kandi burimo isezerano yari gucisha make akitonda!”

Mu gusoza, yavuze ko atari umunya-politiki, gusa we ashaka amahoro mu Banyamulenge, ati:
“Mugire ubumwe n’amahoro mufatane munda mwivane muricyo cyobo.
Ntanze igitekerezo sindi umunye-politique ntu nite uwo ntariwe. Ariko mbabazwa nabgira ba shashya”

Tags: AbanyamulengeBaburiweImvugo
Share56Tweet35Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
FDLR na FARDC nyinshi zafatiwe ku rugamba.

M23 yafashe za matekwa nyinshi z'abasirikare b'u Burundi i Masisi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?