• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, March 11, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abanyamulenge baburiwe nyuma y’aho bamwe muri bo bagaragaje imvugo zidahwitse.

minebwenews by minebwenews
January 11, 2025
in Regional Politics
0
Abanyamulenge baburiwe nyuma y’aho bamwe muri bo bagaragaje imvugo zidahwitse.
140
SHARES
3.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abanyamulenge baburiwe nyuma y’aho bamwe muri bo bagaragaje imvugo zidahwitse.

You might also like

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

Ni mu butumwa bwatanzwe n’umuturage utuye mu Minembwe, aho yabwise “impanuro” ashaka guha benewabo bakunze kugaragaraho imvugo zidahwitse muri ibi bihe Abanyamulenge bakomeje kunyuramo by’intambara bashoweho n’ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Ubu butumwa uyu muturage uri mu Minembwe utashatse ko amazina ye atangazwa ku mpamvu z’umutekano we, yabunyujije mu bwanditsi bwa Minembwe.com mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 11/01/2025.

Mu butumwa bwe yavuze ko ari impanuro, aho yagize ati: “IMPANURO KUBYO TURI MUKUMVA NO KUBONA; maze akurikozaho agira ati:
“Bavandimwe Banyamulenge dusangiye gupfa no gukira ndabasuhuje.
Muraho neza? Reka mvuge abiri cyangwa atatu doreko abakuru bayamaze bati ‘kuvuga menshi siko kuyamara’.
Intumwa Pahulo haraho muri bibiriya yagize ati ‘Mwabagatatiya mwe babapfapfa ninde wabaroze, mwatangije iby’umwuka muherukiye kuby’umubiri!”

Yakomeje avuga ati: “Ninde utaziko dukeneye kubaho mw’isi nk’uko abandi bayiriho? Bishatse kuvuga ko dufite uburenganzira bwo kubaho dufite umugabane ku butaka tudahutazwa, tutamburwa ibyacu, tutamburwa ubuzima, ibyabandi bagabana kur’iy’isi ya Rurema natwe tubigabane tutagira icyo twikanga kuko tutari inyamanswa;
Ninde utemerako Imana yaduhaye igihugu uretse n’Imana amategeko ya Congo arabitwemerera uko twaba turi kose, twaba bake cyangwa benshi. Agahinda mfite ni cyo nibaza abagenze bakagera kure muzatubwire ahandi mwasanze gakondo yacu muzaze kutwimura tujeyo natwe.”

“Na sanze burya hari imiterere y’abantu bakuze n’iyabakuza igihagararo gusa. Hari abantu bakura mu gihagararo no mubwenge ariko kandi na sanze turimo abakujije igihagararo ariko ubwenge buri hasi cyane. Mu ruru rwego harabashobora kumva ko natukanye nyamara ataribyo. Wosenyerwa, ukanyagwa, ugatwikirwa, ukicwa, ukaribwa inyama, ugakumirwa, akamburwa uburenganzira bwawe hafi 95%, warangiza ukavuga uti biramaze bibe? Nyamara uzakureba ukumva ibyo uvuga, azavuga ko nta bwenge ufite…..
Hari ijambo numvise icyo risigura muri yi minsi; Mose amaze gukura areba akarengane ubwoko bwe burengana, yahisemo kuja kurenganwa nabwo, kuko yabonye ko ubutunzi bwari ku mwami Farao aho yarerewe butaruta ubwoko bwabo.”

Yakomeje kandi ati: “Niba Environnement(ibidukikije) turimo cyangwa urimo, itaguhereza image(inshusho ) ya karengane abanyamulenge barimo gucyamo, nturageraho witwa umuntu muzima (ntu rakura), niba wishimira ibyabaye ku Banyamulenge, kubona ihohoterwa rya buri munsi bakorerwa…inkambi z’impunzi barimo…imitungo yabo inyagwa umunsi ku wundi, ariko ntihagire isomo ukuramo uri gito!

Gusa, muri shima ariko nyamara namwe mukubitwa hamwe n’abandi.”

Ndetse kandi yavuze ko hari ibi mutangaza, aho yagize ati: “Nzantangazwa n’umuntu utoneka undi muriki gihe wirengagije ibikomeri twagize….n’ubwo umuntu yakwihushirizaho imbugita(icyuma) akitema ntiwa mushinyagurira ben’ako kageni.. .niba uri kure uzaze ugere kuri terrain(aho bibera ) wirebere kandi niba uri kuri terrain ukaba utabona ibya Abanyamulenge bakorerwa, bazakuvuze amaso kuko ntabona….umugabo umwe ngo yari impumyi baramubwira ati uramenye udakandagira mw’ifu, nawe ati ko ndayibona…ngwarangize ayikandagiramo…abantu benshi bafite amakuru y’abatabona…nicyo gituma bari mugukangagira mw’ifu…”

Yanaboneyeho kandi kuvuga ko ukuri kunyura muziko ariko ntigushya, ati:”Amaherezo ukuri kuzatsinda ikinyoma. Muri bibiriya, Nehemiya yaravuze ngo reka Senebarati avuge, ngo kuko nihahandi nta mugabane azabona muri Yerusalemu.
Uramenye amagambo yawe atazakubuza umugabane muri Yerusalemu… iyo Farao aja kubimenya ko ari ubwoko bw’Imana kandi burimo isezerano yari gucisha make akitonda!”

Mu gusoza, yavuze ko atari umunya-politiki, gusa we ashaka amahoro mu Banyamulenge, ati:
“Mugire ubumwe n’amahoro mufatane munda mwivane muricyo cyobo.
Ntanze igitekerezo sindi umunye-politique ntu nite uwo ntariwe. Ariko mbabazwa nabgira ba shashya”

Tags: AbanyamulengeBaburiweImvugo
Share56Tweet35Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Community – EAC) ukomeje guhura n’ikibazo gikomeye cy’ibura ry’amafaranga, gishobora kugira ingaruka zikomeye...

Read moreDetails

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ari mu bayobozi bakomeye ku isi bitabiriye inama mpuzamahanga ya kabiri...

Read moreDetails

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda Amakuru aturuka mu nzego zikurikirana ibibera muri politiki y’akarere k’Ibiyaga Bigari akomeje kugaragaza ko...

Read moreDetails

EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, uzwi nka East African Community (EAC), wasabye impande zihanganye mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika...

Read moreDetails

Uvira: Ihuriro Rikomeye ry’Ingamba z’Igihe Kirekire za FDLR n’Ingaruka Zabyo ku Mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
March 9, 2026
0
Loni Yashinje Ingabo za Leta ya RDC n’Umutwe wa FDLR Gukora Ihohoterwa Rishingiye ku Gitsina ku Baturage

Uvira: Ihuriro Rikomeye ry’Ingamba z’Igihe Kirekire za FDLR n’Ingaruka Zabyo ku Mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari Mu mujyi wa Uvira, umwe mu mijyi ifite uruhare rukomeye mu ntara ya...

Read moreDetails
Next Post
FDLR na FARDC nyinshi zafatiwe ku rugamba.

M23 yafashe za matekwa nyinshi z'abasirikare b'u Burundi i Masisi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?