Abanyamulenge bavumye Masunzu uwo bashinja kuba inyuma y’uri kubica.
Nyuma y’igitero cy’indege cy’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo giheruka kugabwa mu Minembwe cyangiriza ikibuga cy’indege cyaho n’amatorero y’Abanyamulenge, umwe mu bakecyuru bab’Anyamulenge wabonye aho ibyo biba, yavumye Lieutenant General Pacifique Masunzu uwo bashinja kuba inyuma y’uri kubica no kubasenyera.
Hari mu kiganiro uyu mukecyuru uri mu kigero cy’imyaka 60 yagiranye na Channel imwe ya YouTube yitwa “Imurenge Tv,” aho muri icyo kiganiro uyu mukecyuru yagaragaje uburakari bwinshi, ndetse birangira avuze ko Masunzu azapfa nabi.
Iki kiganiro uyu mukecyuru yagitanze nyuma y’aho indege y’intambara ya Fardc igabye igitero mu Minembwe mu ntangiriro z’iki cyumweru, icyasize gisenye ibirimo itorero rya Methodist Libre ryo ku Kiziba riyobowe na Surtandant Bitebetebe Rusingizwa, kigasenya kandi n’ishuri rya kaminuza rya UEMI naryo riri aha ku Kiziba.
Ndetse kandi cyangiriza n’ikibuga cy’indege cya Minembwe giherereye nacyo ku Kiziba.
Muri iki kiganiro uyu mukecyuru uri mu Minembwe, yagize ati: “Twagiye kumva twumva indege iratibuye. Irasubira iratibura! Turavuga duti, uku baje kuturasira mu mazu, baje kurasa abana? Noneho twibaza ngwese umuntu uri kuza ngwarase abantu ni muntu ki? Biratuyobera!”
Yakomeje agira ati: “Iriya ndege iri mukuza nka kurya ku murabyo, ntiwashobora kuyihunga. Wagira nguratera intambwe uhunga, kera ikaba iratibuye. Igasubira igatibura!”
Yavuze ko babwiwe ko iriya ndege ibatera ibisasu, ibatera iturutse i Kisangani, kandi ko ariho hari icyicaro gikuru cya zone ya gatatu y’ingabo za Leta ya Congo, bakaba bazi ko irebwa na Lt.Gen.Masunzu, nawe w’Umunyamulenge, ibyo ngo bikabatangaza.
Ati: “Masunzu uri kurasa ubwoko bwabo, akaba yarabugurishije, ariko ntashirwe. Akaza akica Makanika, none agarutse kwica ababyeyi be, azapfa nabi, kandi abo banyamahanga ari kwishingikirizaho bazamurya.”
Uyu mukecyuru w’Umunyamulenge, yavuze ko nta nama ashobora guha Masunzu, ngo kuko ubwoko bwabo bwamuvumye, ndetse kandi ko n’Imana ubwayo yamuvumye.
Yagize ati: “Ntanama twoba tugiha Masunzu, Imana yaramuvumye. Yabaye igicibwa, umuntu wica ba nyina, bashiki be, barumuna be, ba nyirarume. Ndamuvumye. Ndamuvumye.”
Imyaka 8 irashize, Abanyamulenge bari mu ntambara, bashinja Leta y’i Kinshasa kuba inyuma y’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR ibagabaho ibitero bigamije kubasenyera, kubica no kubangaza.
Imwe mu mihana bahoze batuyemo kuva kera, yabaye amatongo, iyo n’ink’imihana iherereye mu Mibunda, Bibogobogo, i Cyohagati n’indi iri ku Ndondo ya Bijombo n’ahandi nko mu Marango.
Usibye kuba barasenyewe, bananyazwe n’amatungo yabo arimo Inka n’andi matungo magufi.
Ibi byose babishinja Leta y’i Kinshasa, rero, iyo babonye ufasha iyi Leta kubica, nka Lt.Gen. Masunzu, kandi ubavukamo akaba akorera iyi Leta, bibongerera umubabaro mwinshi, bityo bikabaviramo kubyutsa amarangamutima yabo yuzuye agahinda kibyo banyuzemo muri iyi myaka yose.
Ndetse amateka agaragaza ko aba Banyamulenge batangiye guhura n’akaga bashorwaho na Leta z’iki gihugu, kuva kera, mu mwaka wa 1964.
Ariko aba Banyamulenge bageze ku butaka bw’iki gihugu ahagana mu kinyejana cya 15, nk’uko ibitabo birimo icya Joseph Mutambo bibivuga.
