Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abanyamulenge bavumye Masunzu uwo bashinja kuba inyuma y’uri kubica.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 13, 2025
in Regional Politics
0
Abanyamulenge bavumye Masunzu uwo bashinja kuba inyuma y’uri kubica.
100
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abanyamulenge bavumye Masunzu uwo bashinja kuba inyuma y’uri kubica.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Nyuma y’igitero cy’indege cy’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo giheruka kugabwa mu Minembwe cyangiriza ikibuga cy’indege cyaho n’amatorero y’Abanyamulenge, umwe mu bakecyuru bab’Anyamulenge wabonye aho ibyo biba, yavumye Lieutenant General Pacifique Masunzu uwo bashinja kuba inyuma y’uri kubica no kubasenyera.

Hari mu kiganiro uyu mukecyuru uri mu kigero cy’imyaka 60 yagiranye na Channel imwe ya YouTube yitwa “Imurenge Tv,” aho muri icyo kiganiro uyu mukecyuru yagaragaje uburakari bwinshi, ndetse birangira avuze ko Masunzu azapfa nabi.

Iki kiganiro uyu mukecyuru yagitanze nyuma y’aho indege y’intambara ya Fardc igabye igitero mu Minembwe mu ntangiriro z’iki cyumweru, icyasize gisenye ibirimo itorero rya Methodist Libre ryo ku Kiziba riyobowe na Surtandant Bitebetebe Rusingizwa, kigasenya kandi n’ishuri rya kaminuza rya UEMI naryo riri aha ku Kiziba.
Ndetse kandi cyangiriza n’ikibuga cy’indege cya Minembwe giherereye nacyo ku Kiziba.

Muri iki kiganiro uyu mukecyuru uri mu Minembwe, yagize ati: “Twagiye kumva twumva indege iratibuye. Irasubira iratibura! Turavuga duti, uku baje kuturasira mu mazu, baje kurasa abana? Noneho twibaza ngwese umuntu uri kuza ngwarase abantu ni muntu ki? Biratuyobera!”

Yakomeje agira ati: “Iriya ndege iri mukuza nka kurya ku murabyo, ntiwashobora kuyihunga. Wagira nguratera intambwe uhunga, kera ikaba iratibuye. Igasubira igatibura!”

Yavuze ko babwiwe ko iriya ndege ibatera ibisasu, ibatera iturutse i Kisangani, kandi ko ariho hari icyicaro gikuru cya zone ya gatatu y’ingabo za Leta ya Congo, bakaba bazi ko irebwa na Lt.Gen.Masunzu, nawe w’Umunyamulenge, ibyo ngo bikabatangaza.

Ati: “Masunzu uri kurasa ubwoko bwabo, akaba yarabugurishije, ariko ntashirwe. Akaza akica Makanika, none agarutse kwica ababyeyi be, azapfa nabi, kandi abo banyamahanga ari kwishingikirizaho bazamurya.”

Uyu mukecyuru w’Umunyamulenge, yavuze ko nta nama ashobora guha Masunzu, ngo kuko ubwoko bwabo bwamuvumye, ndetse kandi ko n’Imana ubwayo yamuvumye.

Yagize ati: “Ntanama twoba tugiha Masunzu, Imana yaramuvumye. Yabaye igicibwa, umuntu wica ba nyina, bashiki be, barumuna be, ba nyirarume. Ndamuvumye. Ndamuvumye.”

Imyaka 8 irashize, Abanyamulenge bari mu ntambara, bashinja Leta y’i Kinshasa kuba inyuma y’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR ibagabaho ibitero bigamije kubasenyera, kubica no kubangaza.

Imwe mu mihana bahoze batuyemo kuva kera, yabaye amatongo, iyo n’ink’imihana iherereye mu Mibunda, Bibogobogo, i Cyohagati n’indi iri ku Ndondo ya Bijombo n’ahandi nko mu Marango.

Usibye kuba barasenyewe, bananyazwe n’amatungo yabo arimo Inka n’andi matungo magufi.
Ibi byose babishinja Leta y’i Kinshasa, rero, iyo babonye ufasha iyi Leta kubica, nka Lt.Gen. Masunzu, kandi ubavukamo akaba akorera iyi Leta, bibongerera umubabaro mwinshi, bityo bikabaviramo kubyutsa amarangamutima yabo yuzuye agahinda kibyo banyuzemo muri iyi myaka yose.

Ndetse amateka agaragaza ko aba Banyamulenge batangiye guhura n’akaga bashorwaho na Leta z’iki gihugu, kuva kera, mu mwaka wa 1964.
Ariko aba Banyamulenge bageze ku butaka bw’iki gihugu ahagana mu kinyejana cya 15, nk’uko ibitabo birimo icya Joseph Mutambo bibivuga.

Tags: AbanyamulengeBavumyeGen.MasunzuIbitero
Share40Tweet25Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
M23 yungutse amaboko mashya ihita yizeza abayikunda gukomeza urugamba rwo kubohora RDC.

Umugaba mukuru w'ingabo za M23 yavuze iby'urugamba barimo, maze agaragaza nuko abona Tshisekedi, ndetse n'icyo bagiye gukora vuba.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?