Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze
Mu gihe ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari bikomeje gushakisha inzira zo kunoza umubano no koroshya ubuhahirane, abaturage benshi b’i Burundi batuye hafi y’umupaka uhuza igihugu cyabo n’u Rwanda bakomeje gutaka ingaruka zikomeye zatewe n’ifungwa ry’iyo mipaka, bavuga ko ryabashyize mu bukene ndetse rikabatandukanya n’imiryango yabo.
Abarundi batuye muri Komine ya Cibitoke mu Ntara ya Bujumbura bavuga ko barimo kurira ayo kwarika nyuma y’uko mu kwezi kwa kabiri 2026 Leta y’u Burundi itubahirije isezerano yari yaratanze ryo kongera gufungura imipaka ihuza u Burundi n’u Rwanda, yari imaze igihe ifunze.
Iri sezerano ryari ryatangajwe tariki ya 02 mu kwezei kwa mbere 2026 n’Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, Révérien Ndikuriyo, aho yabwiye abanyamakuru n’abaturage ko imipaka ihuza u Burundi n’ibihugu bituranyi izafungurirwa rimwe, cyane cyane uwa Gatumba uhuza u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’ihuza u Burundi n’u Rwanda.
Icyo gihe Ndikuriyo yagize ati:
“Ni ibintu bisanzwe kuba umupaka wa Gatumba ufunzwe; uzafungurirwa rimwe n’uduhuza n’u Rwanda. Ntimukomeze kuvuga ngo ejo nzajya muri Uvira. Gukorayo iki?”
Icyakora nyuma y’igihe gito, tariki ya 23 mu kwezi kwa kabiri 2026, u Burundi bwafunguye gusa umupaka wa Gatumba ubuhuza na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’ibiganiro byahuje impande zombi bigamije kongera gusubukura ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi.
Nubwo bimeze bityo ariko, imipaka ya Ruhwa na Gasenyi ihuza u Burundi n’u Rwanda yakomeje kuguma ifunze, ibintu byateye impungenge abaturage benshi bari basanzwe bayishingikirijeho mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Umwe mu baturage batuye mu gace ka Ruhwa, zone ya Rukana muri Komine ya Cibitoke, yatangaje ko ifungwa ry’umupaka ryabateje igihombo gikomeye, kuko ubucuruzi bwabo bwari bushingiye ku masoko yo mu Rwanda.
Yagize ati:
“Umupaka ugifunguye twajyanaga mu Rwanda ibicuruzwa byinshi birimo indimu, amaronji, mandarine, inyanya n’imboga zitandukanye. Icyo gihe umufuka wa mandarine twawugurishaga amafaranga 10.000 y’Amanyarwanda. Ayo mafaranga yadufashaga kubaho kuko hano iwacu uwo mufuka ugurwa amafaranga 10.000 cyangwa 15.000 y’Amarundi, bikaba bitandukanye cyane.”
Abaturage bavuga ko mbere y’ifungwa ry’umupaka, ubucuruzi bwambukiranya imipaka bwari ishingiro ry’ubukungu bwabo, kuko babonaga isoko ryagutse mu Rwanda ndetse bakabona n’ibicuruzwa bibahendukiye.
Urugero rutangwa ni nk’ijerekani ya litiro 20 yo gutwaramo amazi, bavuga ko bayiguraga amafaranga 1.000 y’u Rwanda ku isoko ryo hakurya y’umupaka. Ubu ngo mu Burundi bayigura amafaranga agera ku 12.000 y’Amarundi, arenga amafaranga 5.800 y’u Rwanda, bigatuma ubuzima burushaho guhenda.
Uretse ibibazo by’ubukungu, abaturage bavuga ko ifungwa ry’iyi mipaka ryateje ibibazo bikomeye mu mibereho y’imiryango ifitanye amasano hagati y’ibihugu byombi.
Umuyobozi w’agace ka Ruhwa, Nsengiyumva Révocat, yavuze ko abaturage benshi bari basanzwe bafitanye amasano n’Abanyarwanda, bamwe bakaba barashakanye hakurya y’umupaka.
Yagize ati:
“Hakurya hari imiryango yashakanye n’Abarundi, kugeza n’ubu ni ababyara. Ariko ubu nta Murundi wemerewe kujya kuramutsa umwana we uri mu Rwanda anyuze ku mupaka, kandi nta Munyarwanda wemerewe kuza gusura uwe uri mu Burundi anyuze hano i Ruhwa.”
Ibi ngo byatumye imiryango myinshi itandukana ku gahato, bamwe bakamara imyaka irenga ibiri batabonana n’abavandimwe babo.
Umupaka uhuza u Burundi n’u Rwanda wafunzwe mu kwezi kwa kane 2024 nyuma y’uko ubutegetsi bw’u Burundi bushinje u Rwanda gushyigikira umutwe w’inyeshyamba witwa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bwabo, ibyo u Rwanda rutera utwatsi.
Icyo gihe u Burundi bwafashe icyemezo cyo guhagarika ingendo n’ubucuruzi ku mipaka myinshi ihuza ibi bihugu byombi, ibintu byagize ingaruka zikomeye ku baturage bari basanzwe babayeho binyuze mu buhahirane bwambukiranya imipaka.
Nubwo mu bihe bitandukanye habaye ibiganiro by’abayobozi b’ibihugu byombi bigamije kuzahura umubano, kugeza ubu imipaka myinshi ihuza ibi bihugu iracyafunze.
Abarundi batuye muri Ruhwa bavuga ko babangamiwe cyane n’iki cyemezo cya Leta yabo, bakemeza ko ubuzima bwabo bwari bworoshye cyane igihe umupaka wari ugifunguye.
Basaba ubuyobozi bw’u Burundi n’u Rwanda gukomeza ibiganiro byubaka amahoro n’ubwumvikane, kugira ngo umupaka wongere ufungurwe, abaturage bongere bagenderane ndetse basubukure ubuhahirane bwari busanzwe bubafasha kubaho.
Ku baturage bo ku mipaka, bavuga ko amahoro n’ubucuruzi bwambukiranya imipaka ari ingenzi kurusha amakimbirane ya politiki, kuko ari byo bibafasha kubaho neza no kubungabunga umubano w’amateka hagati y’imiryango yo ku mpande zombi z’umupaka.






