Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abasirikare ba SADC batangiye kuva muri RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 29, 2025
in Regional Politics
0
Abasirikare ba SADC batangiye kuva muri RDC.
74
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abasirikare ba SADC batangiye kuva muri RDC.

You might also like

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Abasirikare bo mu muryango wa SADC batangiye gutaha banyuze mu Rwanda nyuma y’aho batsinzwe urugamba bari bahanganyemo n’umutwe wa M23 mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Uyu munsi ku wa kabiri tariki ya 29/04/2025, ni bwo ingabo za SADC zacyuye ibikoresho byazo zibinyujije ku butaka bw’u Rwanda.

Muri ibi bikoresho bacyuye birimo imbunda z’ibifaru bikururwa n’iminyururu, hamwe n’izindi mbunda zikomeye.

Hanyuma izi ngabo za SADC zirimo izaturutse muri Afrika y’Epfo, Tanzania na Malawi.

Minisitiri w’ububanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungurehe yatangaje ko izi ngabo za SADC kuguma kwazo i Goma n’ahandi aho gukemura ikibazo hubwo zarushagaho kugikomeza mu Burasizuba bwa RDC.

Avuga ko u Rwanda rwahaye inzira ziriya ngabo kandi runaherekeza imodoka n’ibikoresho byazo, bavuye mu Burasizuba bwa Congo berekeza muri Tanzania.”

Yakomeje avuga ko kuba izi ngabo zatangiye kuva muri RDC ari intambwe nziza kubijyanye n’inzira y’amahoro yatangiye gushakishwa mu gukemura ibibazo biri mu Burasizuba bwa RDC.

Ni mu gihe tariki ya 13/03/2025, abakuru b’igihugu bya SADC bafashe umwanzuro wo guhagarika ubutumwa bw’uyu muryango muri RDC bwari bwaratangiye mu kwezi kwa cumi nabiri umwaka wa 2023.

Ubundi kandi tariki ya 28/03/2025, abahagararige SADC ku rwego rwa gisirikare bari bemeranyije na AFC/M23 ko ingabo z’uyu muryango zizataha zinyuze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma.

Ingabo za SADC kandi zari zaremeranyije gucyura intwaro zazo ndetse n’ibindi bikoresho bya gisirikare, zigasiga ibyo zasigiwe n’ingabo za Congo.

Ibi byaje kuzamo kidobya ubwo izi ngabo za SADC zashinjwaga gufasha Wazalendo kugaba ibitero tariki ya 11/04/2025 mu mujyi wa Goma, hagamijwe kwisubiza uyu mujyi. AFC/M23 ihita iyisaba gutaha vuba nabwangu.

SADC iri mu Burasizuba bwa Congo iri mu bigo bitandukanye, kandi icyungirwa umutekano n’abarwanyi bo mu mutwe wa M23.

Izo ngabo zifashwa na AFC/M23 kubona iby’ibanze mu buzima nk’amazi, ibiribwa n’imiti.

Aha mu Burasizuba bwa Congo, SADC yari yarahohereje abasirikare babarirwa mu bihumbi 5. Icyari cyarazijanye akaba ari ukurwanya umutwe wa M23.

Tags: IbikoreshoRdcSADC
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye. Butoti Paul, umusaseridoti wa kiliziya gatolika i Bujumbura, yahagaritswe n'inzego zishinzwe umutekano kubera misa yasomeye muri ekeleziya gatolika. Ku...

Read moreDetails

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Nyuma yo guhura n'abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye muri Congo, akaba n'umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita yizeye ko...

Read moreDetails

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Ibyo gusinya amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo si byanone. Mu gihe Leta Zunze ubumwe z'Amerika zifuza ko u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo muri...

Read moreDetails

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi. Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari mu bantu bahora hafi ya Joseph Kabila Kabange, akaba n'umujyamama we, ni...

Read moreDetails

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Kenya Department of Refugee Service Cracks Down on SIM Card Fraud The Department of Refugee Service (DRS) has issued a stern warning to refugees in Kenya, urging them...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda na Congo Kinshasa bigiye kubana mu mahoro.

PerezidaTrump yagaragaje ko ayoboye Isi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?