• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abasirikare ba SADC batangiye kuva muri RDC.

minebwenews by minebwenews
April 29, 2025
in Regional Politics
0
Abasirikare ba SADC batangiye kuva muri RDC.
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abasirikare ba SADC batangiye kuva muri RDC.

You might also like

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Abasirikare bo mu muryango wa SADC batangiye gutaha banyuze mu Rwanda nyuma y’aho batsinzwe urugamba bari bahanganyemo n’umutwe wa M23 mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Uyu munsi ku wa kabiri tariki ya 29/04/2025, ni bwo ingabo za SADC zacyuye ibikoresho byazo zibinyujije ku butaka bw’u Rwanda.

Muri ibi bikoresho bacyuye birimo imbunda z’ibifaru bikururwa n’iminyururu, hamwe n’izindi mbunda zikomeye.

Hanyuma izi ngabo za SADC zirimo izaturutse muri Afrika y’Epfo, Tanzania na Malawi.

Minisitiri w’ububanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungurehe yatangaje ko izi ngabo za SADC kuguma kwazo i Goma n’ahandi aho gukemura ikibazo hubwo zarushagaho kugikomeza mu Burasizuba bwa RDC.

Avuga ko u Rwanda rwahaye inzira ziriya ngabo kandi runaherekeza imodoka n’ibikoresho byazo, bavuye mu Burasizuba bwa Congo berekeza muri Tanzania.”

Yakomeje avuga ko kuba izi ngabo zatangiye kuva muri RDC ari intambwe nziza kubijyanye n’inzira y’amahoro yatangiye gushakishwa mu gukemura ibibazo biri mu Burasizuba bwa RDC.

Ni mu gihe tariki ya 13/03/2025, abakuru b’igihugu bya SADC bafashe umwanzuro wo guhagarika ubutumwa bw’uyu muryango muri RDC bwari bwaratangiye mu kwezi kwa cumi nabiri umwaka wa 2023.

Ubundi kandi tariki ya 28/03/2025, abahagararige SADC ku rwego rwa gisirikare bari bemeranyije na AFC/M23 ko ingabo z’uyu muryango zizataha zinyuze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma.

Ingabo za SADC kandi zari zaremeranyije gucyura intwaro zazo ndetse n’ibindi bikoresho bya gisirikare, zigasiga ibyo zasigiwe n’ingabo za Congo.

Ibi byaje kuzamo kidobya ubwo izi ngabo za SADC zashinjwaga gufasha Wazalendo kugaba ibitero tariki ya 11/04/2025 mu mujyi wa Goma, hagamijwe kwisubiza uyu mujyi. AFC/M23 ihita iyisaba gutaha vuba nabwangu.

SADC iri mu Burasizuba bwa Congo iri mu bigo bitandukanye, kandi icyungirwa umutekano n’abarwanyi bo mu mutwe wa M23.

Izo ngabo zifashwa na AFC/M23 kubona iby’ibanze mu buzima nk’amazi, ibiribwa n’imiti.

Aha mu Burasizuba bwa Congo, SADC yari yarahohereje abasirikare babarirwa mu bihumbi 5. Icyari cyarazijanye akaba ari ukurwanya umutwe wa M23.

Tags: IbikoreshoRdcSADC
Share30Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda na Congo Kinshasa bigiye kubana mu mahoro.

PerezidaTrump yagaragaje ko ayoboye Isi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?