• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, April 23, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abasirikare ba SADC batangiye kuva muri RDC.

minebwenews by minebwenews
April 29, 2025
in Regional Politics
0
Abasirikare ba SADC batangiye kuva muri RDC.
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abasirikare ba SADC batangiye kuva muri RDC.

You might also like

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi adaciye ku ruhande yatangaje amagambo akakaye ku rubuga rwitwa “Imbwa”

Abasirikare bo mu muryango wa SADC batangiye gutaha banyuze mu Rwanda nyuma y’aho batsinzwe urugamba bari bahanganyemo n’umutwe wa M23 mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Uyu munsi ku wa kabiri tariki ya 29/04/2025, ni bwo ingabo za SADC zacyuye ibikoresho byazo zibinyujije ku butaka bw’u Rwanda.

Muri ibi bikoresho bacyuye birimo imbunda z’ibifaru bikururwa n’iminyururu, hamwe n’izindi mbunda zikomeye.

Hanyuma izi ngabo za SADC zirimo izaturutse muri Afrika y’Epfo, Tanzania na Malawi.

Minisitiri w’ububanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungurehe yatangaje ko izi ngabo za SADC kuguma kwazo i Goma n’ahandi aho gukemura ikibazo hubwo zarushagaho kugikomeza mu Burasizuba bwa RDC.

Avuga ko u Rwanda rwahaye inzira ziriya ngabo kandi runaherekeza imodoka n’ibikoresho byazo, bavuye mu Burasizuba bwa Congo berekeza muri Tanzania.”

Yakomeje avuga ko kuba izi ngabo zatangiye kuva muri RDC ari intambwe nziza kubijyanye n’inzira y’amahoro yatangiye gushakishwa mu gukemura ibibazo biri mu Burasizuba bwa RDC.

Ni mu gihe tariki ya 13/03/2025, abakuru b’igihugu bya SADC bafashe umwanzuro wo guhagarika ubutumwa bw’uyu muryango muri RDC bwari bwaratangiye mu kwezi kwa cumi nabiri umwaka wa 2023.

Ubundi kandi tariki ya 28/03/2025, abahagararige SADC ku rwego rwa gisirikare bari bemeranyije na AFC/M23 ko ingabo z’uyu muryango zizataha zinyuze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma.

Ingabo za SADC kandi zari zaremeranyije gucyura intwaro zazo ndetse n’ibindi bikoresho bya gisirikare, zigasiga ibyo zasigiwe n’ingabo za Congo.

Ibi byaje kuzamo kidobya ubwo izi ngabo za SADC zashinjwaga gufasha Wazalendo kugaba ibitero tariki ya 11/04/2025 mu mujyi wa Goma, hagamijwe kwisubiza uyu mujyi. AFC/M23 ihita iyisaba gutaha vuba nabwangu.

SADC iri mu Burasizuba bwa Congo iri mu bigo bitandukanye, kandi icyungirwa umutekano n’abarwanyi bo mu mutwe wa M23.

Izo ngabo zifashwa na AFC/M23 kubona iby’ibanze mu buzima nk’amazi, ibiribwa n’imiti.

Aha mu Burasizuba bwa Congo, SADC yari yarahohereje abasirikare babarirwa mu bihumbi 5. Icyari cyarazijanye akaba ari ukurwanya umutwe wa M23.

Tags: IbikoreshoRdcSADC
Share30Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC Dans le cadre de discussions menées dans la plus grande discrétion, les États-Unis d’Amérique sont en pourparlers avec...

Read moreDetails

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC Mu biganiro bikomeje kurangwa n’ibanga rikomeye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri kuganira na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi adaciye ku ruhande yatangaje amagambo akakaye ku rubuga rwitwa “Imbwa”

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi adaciye ku ruhande yatangaje amagambo akakaye ku rubuga rwitwa “Imbwa”

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi adaciye ku ruhande yatangaje amagambo akakaye ku rubuga rwitwa “Imbwa” Mu gihe u Burundi bukomeje kwitegura amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu mwaka wa 2027,...

Read moreDetails

Perezida Evariste Ndayishimiye Yasabye Isubirwamo ry’Imikoreshereze y’Amafaranga mu Nyungu z’Iterambere

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Perezida Evariste Ndayishimiye Yasabye Isubirwamo ry’Imikoreshereze y’Amafaranga mu Nyungu z’Iterambere

Perezida Evariste Ndayishimiye Yasabye Isubirwamo ry’Imikoreshereze y’Amafaranga mu Nyungu z’Iterambere Perezida w’u Burundi, , yongeye gutangaza ibitekerezo bikomeye ku mikorere y’amatora mu gihugu cye, agaragaza ko asaba isubirwamo...

Read moreDetails

Ibivugwa ku ihuriro ry’u Bubiligi n’u Burundi mu migambi ya gisirikare bikomeje guteza impungenge mu karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
April 22, 2026
0
Ibivugwa ku ihuriro ry’u Bubiligi n’u Burundi mu migambi ya gisirikare bikomeje guteza impungenge mu karere k’Ibiyaga Bigari

Ibivugwa ku ihuriro ry’u Bubiligi n’u Burundi mu migambi ya gisirikare bikomeje guteza impungenge mu karere k’Ibiyaga Bigari Mu gihe intambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda na Congo Kinshasa bigiye kubana mu mahoro.

PerezidaTrump yagaragaje ko ayoboye Isi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?