• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, August 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abenshi bagarutse muri guverinoma nshya yashyizweho na perezida Felix Tshisekedi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 8, 2025
in Regional Politics
0
Abenshi bagarutse muri guverinoma nshya yashyizweho na perezida Felix Tshisekedi.
71
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abenshi bagarutse muri guverinoma nshya yashyizweho na perezida Felix Tshisekedi.

You might also like

RDC n’u Rwanda byongeye guhurira i Washington DC.

Ndayishimiye w’u Burundi yashimiye abasirikare be bemeye gupfira RDC.

U Bubiligi bwahagurukiye umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa RDC.

Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yashyizeho guverinoma nshya aho yagarutsemo benshi mubari bagize icyuye igihe, ndetse kandi na minisitiri w’intebe yakomeje kuba Judith Suminwa Tuluku.

Ku mugoroba w’ahar’ejo ku wa kane tariki ya 07/08/2025, ni bwo iyi guverinoma nshya ya Judith Suminwa Tuluku yatangajwe ku mugaragaro, nyuma y’aho Tshisekedi yaragize igihe abica amarenga.

Perezida Tshisekedi mugutangaza iyi guverinoma yavuze ko ari iyubumwe bw’abanyekongo, anizeza ko izageza iki gihugu ku mahoro arambye, kandi ko izamufasha gukemura ibibazo byingutu.

Abenshi mu bari bagize guverinoma ivuyeho bagarutse ku myanya yabo, nka Therese Kayikwamba yakomeje kuba minisitiri w’ubanye n’amahanga, Guy Kabombo Muadivita akomeza kuba minisitiri w’ingabo mu gihe Jacquemain Shabani na we yagumishijwe ku mwanya wa minisitiri w’umutekano.

Naho Jean Pierre Bemba Gombo asubizwa ku mwanya wa minisitiri w’ubwikorezi, Muyaya Patrick akomeza kuba minisitiri w’itumanaho n’umuvugizi wa guverinoma.

Abashya bayijemo barimo Adolph Muzito utavugarumwe n’ubutegetsi wagizwe minisitiri w’imari, undi ni Guillaume Ngefa Atondoko wagizwe minisitiri w’ubutabera, Elizer Ntambwe ashingwa abahoze ari abasirikare na Floribert Azuluni agirwa minisitiri ushyinzwe ubufatanye n’akarere.

Nta munyamuryango wo mu ishyaka rya ECIDE washyizwe muri iyi guverinoma nshya, ni mu gihe byari byitezwe ko n’umuyobozi w’iri shyaka ayizamo kuko mu minsi ishize yagiye akorana ibiganiro na perezida Felix Tshisekedi.

Ariko kandi n’andi mashyaka akomeye atavuga rumwe n’ubutegetsi arimo n’irya PPRD rya Joseph Kabila wahoze ari perezida w’iki gihugu ndetse n’irya Ansemble rya Moïse Katumbi na yo yahejwe, ubutegetsi buriho buyashinja gukorana n’umutwe wa M23 urwanya ubu butegetsi.

Tags: Guverinoma nshyaSuminwa TulukuTshisekedi
Share28Tweet18Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

RDC n’u Rwanda byongeye guhurira i Washington DC.

by Bruce Bahanda
August 10, 2025
0
RDC n’u Rwanda byongeye guhurira i Washington DC.

RDC n'u Rwanda byongeye guhurira i Washington DC. Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo byahuriye mu nama ya mbere y'u Rwego rw'umutekano ibihugu byombi bihuriyeho....

Read moreDetails

Ndayishimiye w’u Burundi yashimiye abasirikare be bemeye gupfira RDC.

by Bruce Bahanda
August 9, 2025
0
Ndayishimiye w’u Burundi yashimiye abasirikare be bemeye gupfira RDC.

Ndayishimiye w'u Burundi yashimiye abasirikare be bemeye gupfira RDC. Umukuru w'igihugu cy'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yashimiye abasirikare b'igihugu cye bagiye mu ntambara muri Repubulika ya demokarasi ya Congo,...

Read moreDetails

U Bubiligi bwahagurukiye umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa RDC.

by Bruce Bahanda
August 7, 2025
0
U Bubiligi bwahagurukiye umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa RDC.

U Bubiligi bwahagurukiye umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa RDC. Minisitiri w'intebe wungirije w'u Bubiligi akaba na minisitiri w'ubanye n'amahanga w'icyo gihugu, yavuze ko umutwe wa M23 urwanya...

Read moreDetails

Ibisobanuro byatanzwe na perezida Bisimwa wa M23 ku bwicanyi bashinjwa.

by Bruce Bahanda
August 6, 2025
0
Ibisobanuro byatanzwe na perezida Bisimwa wa M23 ku bwicanyi bashinjwa.

Ibisobanuro byatanzwe na perezida Bisimwa wa M23 ku bwicanyi bashinjwa. Umuyobozi mukuru w'umutwe wa M23, Bertrand Bisimwa, yamaganye ibirego by'ibiro by'umuryango w'Abibumbye bishinzwe uburenganzira bwa muntu biherutse gutangaza...

Read moreDetails

Inama Loni yatanze ku bihugu birimo n’ibyo muri Afrika bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro.

by Bruce Bahanda
August 6, 2025
0
Inama Loni yatanze ku bihugu birimo n’ibyo muri Afrika bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro.

Inama Loni yatanze ku bihugu birimo n'ibyo muri Afrika bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro. Umuryango w'Abibumbye wavuze ko hari ibihugu 32 birimo 16 byo...

Read moreDetails
Next Post
AFC/M23/MRDP yigaruriye kamwe mu duce duherereye muri Kivu y’Epfo.

AFC/M23/MRDP yigaruriye kamwe mu duce duherereye muri Kivu y'Epfo.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?