• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 3, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

AFC/M23 yongeye kunguka bikomeye amaboko mashya.

minebwenews by minebwenews
May 12, 2025
in Regional Politics
0
AFC/M23 yongeye kunguka bikomeye amaboko mashya.
118
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

AFC/M23 yongeye kunguka bikomeye amaboko mashya.

You might also like

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Urubyiruko n’abahoze mu gisirikare n’igipolisi cya Repubulika ya demokarasi ya Congo i Goma no mu nkengero zayo, bakomeje kwiyunga ku bwinshi ku ihuriro rya AFC ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho, kugira ngo bafatikanye kubohoza abaturage bakandamijwe n’ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.

Kwakira urubyiruko n’abahoze mu gisirikare n’igipolisi muri Kivu y’Amajyaruguru, biri kubera kuri stade de l’unite iherereye mu mujyi wa Goma, hasanzwe hari icyicaro gikuru cya polisi muri iyi ntara.

Aya makuru anagaragaza ko bamwe muri abo bavuzwe haruguru barindiriye ngo burizwe imodoka z’ibajyana mu bigo baja kwitorezamo imyitozo ya gisirikare mbere yuko bajanwa ku rugamba rwo kwirukana perezida Felix Tshisekedi ku butegetsi.

Aba nk’uko babisobanura bavuga ko bikuye mu mago iwabo ku bushake, ngo kuko bamaze kubona neza ko M23 irajwe inshinga no gushakira Abanye-Congo amahoro n’ituze birambye.

Umuvugizi wungirije wa M23 mu bya politiki, Oscar Barinda avuga ko kuva umutwe wa M23 wafata umujyi wa Goma, urubyiruko n’abahoze mu gisirikare n’igipolisi barenga 15,000 aribo bamaze kwiyunga kuri M23 nyuma yo kubona akazi katoroshye abarwanyi bayo bakomeje gukora haba ku manywa na n’ijoro mu rugamba rwo gushakira abaturage umutekano usesuye.

Yakomeje agaragaza ko ibi ari ubutumwa bukomeye kuri Leta ya Congo, ngo kuko bivuze ko nyuma yo gufata umujyi wa Goma n’uwa Bukavu n’ibindi bice ndetse n’imijyi ikomeye nayo biri mu nzira zo gufatwa kandi bikozwe n’abaturage ba Congo bemeye kwitandukanya n’ubutegetsi bubi bwa Congo.

Ibi kandi, Col Willy Ngoma, umuvugizi w’igisirikare w’uyu mutwe wa M23 yabivuzeho, kuko yatangaje ko umutwe abereye umuvugizi mu bya gisirikare wakoze ibishoboka byose urubyiruko ruwiyungaho, maze ngo rubohoza igice gitoya cya RDC, ahamya ko n’abandi bagiye gutozwa kugira ngo n’abo babahore ahandi nabo. Yanashimangiye ibi avuga ko nta mpamvu nimwe ihari yabasubiza inyuma.

Hejuru y’ibyo, AFC/M23, ubuyobozi bwayo burahamagarira Abanye-Congo bose ko ntawe uhwejwe kuyiyungaho, kandi ko ibyo kwakira uyigana wese biteguye neza.

Nubwo amahanga ashyize umwete mu biganiro bigamije kugarura amahoro mu Burasizuba bwa Congo, ariko AFC/M23 igaragaza ko idafite nabuke kurekura ibice byose yafashe, hubwo abarwanyi bayo bari kwigarurira n’utundi duce dutandukanye two muri Kivu y’Amajyepfo, kuko baheruka gufata n’agace kose ka Katogota, Kaziba, Luciga n’ahandi.

Ibi kandi bibaye mu gihe mu cyumweru gishize, AFC/M23 yakiriye Abanye-Congo bo muri diasipora bakaba baraganiriye ku buryo bwo gukomeza intambara no gukuraho ubutegetsi bw’i Kinshasa bukomeje kubuza abaturage uburenganzira mu gihugu cyabo.

Tags: AFC/m23Amaboko mashyaGoma
Share47Tweet30Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byahuriye mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru.

by minebwenews
August 29, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru.

U Rwanda na RDC byahuriye mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru. Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo byahuriye mu biganiro muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Umwe mu bahoze bayoboye kimwe mu bihugu byo muri Afrika agiye guhuza AFC/M23 na Leta ya RDC.

by minebwenews
August 29, 2025
0
Umwe mu bahoze bayoboye kimwe mu bihugu byo muri Afrika agiye guhuza AFC/M23 na Leta ya RDC.

Umwe mu bahoze bayoboye kimwe mu bihugu byo muri Afrika agiye guhuza AFC/M23 na Leta ya RDC. Thabo Mbeki wayoboye Afrika y'Epfo iri mu bihugu bikomeye byo muri...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Kagame yavuze kuri Trump uheruka guhagarika inkunga kuri Afrika.

Perezida Kagame yavuze kuri Trump uheruka guhagarika inkunga kuri Afrika.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?