• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, March 7, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

AFC/M23 yongeye kunguka bikomeye amaboko mashya.

minebwenews by minebwenews
May 12, 2025
in Regional Politics
0
AFC/M23 yongeye kunguka bikomeye amaboko mashya.
118
SHARES
3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

AFC/M23 yongeye kunguka bikomeye amaboko mashya.

You might also like

Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Urubyiruko n’abahoze mu gisirikare n’igipolisi cya Repubulika ya demokarasi ya Congo i Goma no mu nkengero zayo, bakomeje kwiyunga ku bwinshi ku ihuriro rya AFC ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho, kugira ngo bafatikanye kubohoza abaturage bakandamijwe n’ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.

Kwakira urubyiruko n’abahoze mu gisirikare n’igipolisi muri Kivu y’Amajyaruguru, biri kubera kuri stade de l’unite iherereye mu mujyi wa Goma, hasanzwe hari icyicaro gikuru cya polisi muri iyi ntara.

Aya makuru anagaragaza ko bamwe muri abo bavuzwe haruguru barindiriye ngo burizwe imodoka z’ibajyana mu bigo baja kwitorezamo imyitozo ya gisirikare mbere yuko bajanwa ku rugamba rwo kwirukana perezida Felix Tshisekedi ku butegetsi.

Aba nk’uko babisobanura bavuga ko bikuye mu mago iwabo ku bushake, ngo kuko bamaze kubona neza ko M23 irajwe inshinga no gushakira Abanye-Congo amahoro n’ituze birambye.

Umuvugizi wungirije wa M23 mu bya politiki, Oscar Barinda avuga ko kuva umutwe wa M23 wafata umujyi wa Goma, urubyiruko n’abahoze mu gisirikare n’igipolisi barenga 15,000 aribo bamaze kwiyunga kuri M23 nyuma yo kubona akazi katoroshye abarwanyi bayo bakomeje gukora haba ku manywa na n’ijoro mu rugamba rwo gushakira abaturage umutekano usesuye.

Yakomeje agaragaza ko ibi ari ubutumwa bukomeye kuri Leta ya Congo, ngo kuko bivuze ko nyuma yo gufata umujyi wa Goma n’uwa Bukavu n’ibindi bice ndetse n’imijyi ikomeye nayo biri mu nzira zo gufatwa kandi bikozwe n’abaturage ba Congo bemeye kwitandukanya n’ubutegetsi bubi bwa Congo.

Ibi kandi, Col Willy Ngoma, umuvugizi w’igisirikare w’uyu mutwe wa M23 yabivuzeho, kuko yatangaje ko umutwe abereye umuvugizi mu bya gisirikare wakoze ibishoboka byose urubyiruko ruwiyungaho, maze ngo rubohoza igice gitoya cya RDC, ahamya ko n’abandi bagiye gutozwa kugira ngo n’abo babahore ahandi nabo. Yanashimangiye ibi avuga ko nta mpamvu nimwe ihari yabasubiza inyuma.

Hejuru y’ibyo, AFC/M23, ubuyobozi bwayo burahamagarira Abanye-Congo bose ko ntawe uhwejwe kuyiyungaho, kandi ko ibyo kwakira uyigana wese biteguye neza.

Nubwo amahanga ashyize umwete mu biganiro bigamije kugarura amahoro mu Burasizuba bwa Congo, ariko AFC/M23 igaragaza ko idafite nabuke kurekura ibice byose yafashe, hubwo abarwanyi bayo bari kwigarurira n’utundi duce dutandukanye two muri Kivu y’Amajyepfo, kuko baheruka gufata n’agace kose ka Katogota, Kaziba, Luciga n’ahandi.

Ibi kandi bibaye mu gihe mu cyumweru gishize, AFC/M23 yakiriye Abanye-Congo bo muri diasipora bakaba baraganiriye ku buryo bwo gukomeza intambara no gukuraho ubutegetsi bw’i Kinshasa bukomeje kubuza abaturage uburenganzira mu gihugu cyabo.

Tags: AFC/m23Amaboko mashyaGoma
Share47Tweet30Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington

by Bahanda Bruce
March 7, 2026
0
Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington

Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko u Rwanda rwifuza amahoro arambye mu...

Read moreDetails

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

by Bahanda Bruce
March 6, 2026
0
Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze Mu gihe ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari bikomeje...

Read moreDetails

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza Mu gihe ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera mu bice bitandukanye by’umugabane wa Afurika, Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje...

Read moreDetails

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

by Bahanda Bruce
March 4, 2026
0
Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

U Rwanda rwasubije abayobozi ba RDC bishimiye ibihano byafatiwe bamwe mu basirikare barwo na Amerika Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko ibihano bifatirwa uruhande rumwe...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Kagame yavuze kuri Trump uheruka guhagarika inkunga kuri Afrika.

Perezida Kagame yavuze kuri Trump uheruka guhagarika inkunga kuri Afrika.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?