Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

AFC/M23 yongeye kunguka bikomeye amaboko mashya.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 12, 2025
in Regional Politics
0
AFC/M23 yongeye kunguka bikomeye amaboko mashya.
109
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

AFC/M23 yongeye kunguka bikomeye amaboko mashya.

You might also like

Perezida wa Afrika y’Epfo yavuze kuri mugenzi we w’u Rwanda Kagame.

Perezida Kagame yavuze kuri Trump uheruka guhagarika inkunga kuri Afrika.

Hatanzwe umucyo w’uburyo perezida w’u Burundi arimo kwica abaturage muri Kivu y’Amajyepfo amenyeshwa n’icyo agiye kubiboneramo.

Urubyiruko n’abahoze mu gisirikare n’igipolisi cya Repubulika ya demokarasi ya Congo i Goma no mu nkengero zayo, bakomeje kwiyunga ku bwinshi ku ihuriro rya AFC ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho, kugira ngo bafatikanye kubohoza abaturage bakandamijwe n’ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.

Kwakira urubyiruko n’abahoze mu gisirikare n’igipolisi muri Kivu y’Amajyaruguru, biri kubera kuri stade de l’unite iherereye mu mujyi wa Goma, hasanzwe hari icyicaro gikuru cya polisi muri iyi ntara.

Aya makuru anagaragaza ko bamwe muri abo bavuzwe haruguru barindiriye ngo burizwe imodoka z’ibajyana mu bigo baja kwitorezamo imyitozo ya gisirikare mbere yuko bajanwa ku rugamba rwo kwirukana perezida Felix Tshisekedi ku butegetsi.

Aba nk’uko babisobanura bavuga ko bikuye mu mago iwabo ku bushake, ngo kuko bamaze kubona neza ko M23 irajwe inshinga no gushakira Abanye-Congo amahoro n’ituze birambye.

Umuvugizi wungirije wa M23 mu bya politiki, Oscar Barinda avuga ko kuva umutwe wa M23 wafata umujyi wa Goma, urubyiruko n’abahoze mu gisirikare n’igipolisi barenga 15,000 aribo bamaze kwiyunga kuri M23 nyuma yo kubona akazi katoroshye abarwanyi bayo bakomeje gukora haba ku manywa na n’ijoro mu rugamba rwo gushakira abaturage umutekano usesuye.

Yakomeje agaragaza ko ibi ari ubutumwa bukomeye kuri Leta ya Congo, ngo kuko bivuze ko nyuma yo gufata umujyi wa Goma n’uwa Bukavu n’ibindi bice ndetse n’imijyi ikomeye nayo biri mu nzira zo gufatwa kandi bikozwe n’abaturage ba Congo bemeye kwitandukanya n’ubutegetsi bubi bwa Congo.

Ibi kandi, Col Willy Ngoma, umuvugizi w’igisirikare w’uyu mutwe wa M23 yabivuzeho, kuko yatangaje ko umutwe abereye umuvugizi mu bya gisirikare wakoze ibishoboka byose urubyiruko ruwiyungaho, maze ngo rubohoza igice gitoya cya RDC, ahamya ko n’abandi bagiye gutozwa kugira ngo n’abo babahore ahandi nabo. Yanashimangiye ibi avuga ko nta mpamvu nimwe ihari yabasubiza inyuma.

Hejuru y’ibyo, AFC/M23, ubuyobozi bwayo burahamagarira Abanye-Congo bose ko ntawe uhwejwe kuyiyungaho, kandi ko ibyo kwakira uyigana wese biteguye neza.

Nubwo amahanga ashyize umwete mu biganiro bigamije kugarura amahoro mu Burasizuba bwa Congo, ariko AFC/M23 igaragaza ko idafite nabuke kurekura ibice byose yafashe, hubwo abarwanyi bayo bari kwigarurira n’utundi duce dutandukanye two muri Kivu y’Amajyepfo, kuko baheruka gufata n’agace kose ka Katogota, Kaziba, Luciga n’ahandi.

Ibi kandi bibaye mu gihe mu cyumweru gishize, AFC/M23 yakiriye Abanye-Congo bo muri diasipora bakaba baraganiriye ku buryo bwo gukomeza intambara no gukuraho ubutegetsi bw’i Kinshasa bukomeje kubuza abaturage uburenganzira mu gihugu cyabo.

Tags: AFC/m23Amaboko mashyaGoma
Share44Tweet27Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida wa Afrika y’Epfo yavuze kuri mugenzi we w’u Rwanda Kagame.

by Bruce Bahanda
May 13, 2025
0
Perezida wa Afrika y’Epfo yavuze kuri mugenzi we w’u Rwanda Kagame.

Perezida wa Afrika y'Epfo yavuze kuri mugenzi we w'u Rwanda Kagame. Umukuru w'igihugu cya Afrika y'Epfo, Cyril Ramophosa, yatangaje ko nta kibazo kiri hagati ye na perezida w'u...

Read moreDetails

Perezida Kagame yavuze kuri Trump uheruka guhagarika inkunga kuri Afrika.

by Bruce Bahanda
May 13, 2025
0
Perezida Kagame yavuze kuri Trump uheruka guhagarika inkunga kuri Afrika.

Perezida Kagame yavuze kuri Trump uheruka guhagarika inkunga kuri Afrika. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko ibyatangajwe na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika byo guhagarika...

Read moreDetails

Hatanzwe umucyo w’uburyo perezida w’u Burundi arimo kwica abaturage muri Kivu y’Amajyepfo amenyeshwa n’icyo agiye kubiboneramo.

by Bruce Bahanda
May 12, 2025
1
Kera kabaye, perezida w’u Burundi ngwarashaka gusaba imbabazi u Rwanda.

Hatanzwe umucyo w'uburyo perezida w'u Burundi arimo kwica abaturage muri Kivu y'Amajyepfo amenyeshwa n'icyo agiye kubiboneramo. U Burundi bwitikiriye ijoro bwa mbutsa intwaro nyinshi buziha insoresore zo muri...

Read moreDetails

FDNB yigambye kwica inyashyamba ku bwinshi nubwo nayo yakozwe munda.

by Bruce Bahanda
May 10, 2025
0
FDNB yigambye kwica inyashyamba ku bwinshi nubwo nayo yakozwe munda.

FDNB yigambye kwica inyashyamba ku bwinshi nubwo nayo yakozwe munda. Igisirikare cy'u Burundi (FDNB) cyatangaje ko giheruka kwivugana inyashyamba zirenga 100 zo mu mutwe wa MRCD/FNL urwanya ubutegetsi...

Read moreDetails

Kera kabaye, perezida w’u Burundi ngwarashaka gusaba imbabazi u Rwanda.

by Bruce Bahanda
May 9, 2025
0
Kera kabaye, perezida w’u Burundi ngwarashaka gusaba imbabazi u Rwanda.

Kera kabaye, perezida w'u Burundi ngwarashaka gusaba imbabazi u Rwanda. Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi aravuga ko perezida w'iki gihugu, Evariste Ndayishimiye, ko ashobora kwerekeza vuba mu...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Kagame yavuze kuri Trump uheruka guhagarika inkunga kuri Afrika.

Perezida Kagame yavuze kuri Trump uheruka guhagarika inkunga kuri Afrika.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?