Afurika harimo na RDC mu Mboni z’Amerika mu Guhangana n’u Bushinwa
Washington DC yakiriye inama mpuzamahanga ya mbere yo ku rwego rw’intumwa ku mabuye y’agaciro akenerwa cyane ku iterambere ry’isi, izwi nka “Critical Minerals Ministerial”, yahurije hamwe ibihugu bigera kuri 50 birimo n’ibyo ku mugabane wa Afurika. Iyi nama ibaye mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziyobowe na Donald Trump zishyira imbaraga mu gushimangira inyungu zazo mu isoko mpuzamahanga ry’amabuye y’agaciro, cyane cyane mu guhangana n’ubushobozi u Bushinwa bumaze kugira muri uru rwego.
Iyi nama yakiriwe ku mugaragaro na Visi Perezida wa Amerika, JD Vance, hamwe na Marco Rubio, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga. Aba bayobozi bari biteganyijwe kugeza ku bitabiriye iyi nama icyerekezo cya Washington mu gukorana n’ibihugu bifite amabuye y’agaciro akenewe, hagamijwe kubyaza umusaruro umutungo kamere mu buryo bufitiye inyungu impande zombi.
Ku mugabane wa Afurika, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), Kenya, na Guinea biri mu bihugu byatumiwe. By’umwihariko, Perezida wa DRC, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yitabiriye iyi nama, nk’uko byemezwa n’ibitangazamakuru bikomeye byo muri Amerika. Uru rwego rwerekana umwanya wihariye DRC ifite ku isoko ry’amabuye y’agaciro, cyane cyane cobalt na lithium, bifite akamaro kanini mu nganda z’isi.
Leta ya Trump ifite intego yo kugabanya no guhangana n’ingaruka z’ubwiganzure u Bushinwa bufite ku isoko ry’amabuye y’agaciro n’ibicuruzwa bishingiye ku ikoranabuhanga rihanitse. U Bushinwa bumaze igihe bugenzura igice kinini cy’ikorwa ry’ubucukuzi no gutunganya amabuye nka cobalt, lithium, bauxite, graphite n’ubutare bw’imbonekarimwe, ari na yo nkingi y’ibikoresho byinshi by’igihe kizaza.
Aya mabuye y’agaciro ni ingenzi cyane mu gukora:Ibikoresho by’ikoranabuhanga rihanitse,Imodoka zikoresha amashanyarazi na za batiri,Ibikoresho by’ingufu zisubira (renewable energy),N’ibikoresho byifashishwa mu by’isanzure no mu mutekano wo mu kirere.
Afurika, kubera ubutaka bwayo bukungahaye kuri aya mabuye, iri mu mwanya w’ingenzi mu migambi ya Amerika. Uyu mugabane ugaragara nk’ufite amahirwe akomeye yo kuba umufatanyabikorwa w’ingenzi mu gutanga umutekano w’isoko ry’amabuye y’agaciro ku isi.
Kwitabira Perezida Tshisekedi iyi nama byaje bikurikirana isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati ya Leta ya Amerika na DRC mu kwezi kwa cumi nabiri umwaka ushize, agamije gukorana mu kubyaza umusaruro amabuye y’agaciro ya Congo mu buryo burambye kandi buboneye.
Ku rundi ruhande, Guinea yatumiwe mu gihe Amerika igaragaza impungenge ku buryo u Bushinwa bumaze kwigarurira igice kinini cy’ubucukuzi n’itunganywa ry’ubutare bwa bauxite muri icyo gihugu, kiri mu bya mbere ku isi bifite ibirombe binini by’ubu butare bukoreshwa cyane mu nganda za aluminiyumu.
Amerika kandi irimo gukurikirana by’umwihariko umutungo kamere wa Kenya, cyane cyane amabuye y’agaciro yabonetse ku musozi wa Mrima, mu majyepfo ashyira uburasirazuba bw’icyo gihugu, aho agaciro kayo kabarirwa muri miliyari nyinshi z’amadolari ya Amerika.
Iyi nama ya Washington igaragaza neza ko intambara y’ubukungu n’ikoranabuhanga hagati ya Amerika n’u Bushinwa igiye kurushaho gufata indi ntera, Afurika ikaba ihagaze mu mutima w’iyi mikino ya politiki n’ubukungu ku rwego rw’isi.






