Amagambo Akomeye Perezida Paul Kagame Yahamije ku Mubano wa RDC n’u Rwanda ‘Turifuza Amahoro, Ariko Ushaka Amahoro Yitegura n’Ibitari Yo
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yongeye kugaragaza ko u Rwanda rushyize imbere amahoro mu bibazo rufitanye na Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), ariko kandi yibutsa ko “ushaka amahoro yitegura n’ibindi bitari amahoro.”
Yabivugiye mu ijambo yagejeje ku Baturarwanda tariki ya 11/12/ 2025, ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko.
Perezida Kagame yasobanuye ko nubwo u Rwanda ruri mu nzira yo gushaka amahoro arambye, rufite inshingano yo kwitegura icyahungabanya ayo mahoro, cyane cyane mu gihe ibibazo byo muri RDC bikomeje kurenga imipaka.
Ati:
“Turifuza amahoro. Tuzayaharanira. Kandi ushaka amahoro yitegura n’ibindi bitari amahoro.”
Yibukije ko iyi mvugo isanzwe izwi mu Kinyarwanda nka “ushaka amahoro ategura intambara,” ariko ashimangira ko icyo u Rwanda rushaka atari intambara ahubwo ari amahoro arambye n’umutekano usesuye.
Perezida Kagame yagarutse ku Masezerano ya Washington yasinywe ku tariki ya 04/12/2025 hagati y’u Rwanda na RDC, bafashijwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump. Ariko agaragaza ko ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano ritagenda neza ahubwo ryikorezwa u Rwanda kurusha uko byagombye kugenda.
Ati:
“Abantu basinye amasezerano ni babiri, ariko umuzigo ugomba kwikorerwa n’umwe. … Biracyakomeza kuba urujya n’uruza. Iterabwoba n’ibihuha ngo u Rwanda ruzasibanganywa ntibigira umubare.”
Yavuze ko u Rwanda ruzi neza ko rufite umuzigo ukomeye kuri ibi bibazo ariko ko rutazemera kuwuremererwa nabi cyangwa ngo ruterwe inshingano zitari izarwo.
Perezida Kagame yanenze imyumvire avuga ko hari icyo bita kwishyira hejuru kw’ibihugu bishaka gutegeka u Rwanda ku buryo rukemura ibibazo, nyamara ruri igihugu cyigenga.
Yagize ati:
“Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu. Icyaremye u Rwanda ni cyo cyaremye isi yose. Ntabwo cyigeze kibwira abantu bamwe ngo muze kuturemera u Rwanda. Natwe turi abaremwe na cya kindi cyaremye isi yose.”
Perezida Kagame yagaragaje ko amasezerano atubahirizwa mu buryo bwuzuye atazigera aha umuti ibibazo byo mu karere, ahubwo bikaba byongera urugomo n’umutekano muke.
Ati:
“Iyo ukoze ibitari byo ntibikemura ikibazo. Ahubwo byongera ibindi bibazo ku byo utarakemura.”
Perezida Kagame yanavuze ko akenshi ahamagazwa umunsi n’ijoro n’abafatanyabikorwa batandukanye ku kibazo cya RDC, bikagaragaza ko iki kibazo kimaze kurenga imipaka y’ibihugu bihanganye.
“Ubu ntabwo nsinzira ku manywa… buri kanya barahamagara. Buri muntu azi ikibazo, ariko u Rwanda ni rwo rugomba kwikorera umuzigo.”
Ibi bikubiye mu ijambo rya Perezida Kagame byavuzwe mu gihe ibintu muri Kivu y’Amajyepfo bikomeje gutera impungenge. Umutwe wa M23 uherutse gufata umujyi wa Uvira, uwa kabiri ukomeye nyuma ya Bukavu muri iyi ntara.
Gufatwa kwa Uvira kwakurikiwe no gusubira inyuma kw’Ingabo z’u Burundi n’iza FARDC zimwe zigahungira mu misozi ya FIZI, izindi zigahungira mu gihugu cy’Uburundi ubwacyo.
Ku rundi ruhande, Perezida Tshisekedi we yabwiye Inteko ya RDC ko n’ubwo amasezerano yasinywe, imirwano ikomeje kandi ko ngo M23 igifashwa n’u Rwanda, ibyo Kigali ikomeje guhakana.






