• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 31, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amagambo Akomeye Perezida Paul Kagame Yahamije ku Mubano wa RDC n’u Rwanda ‘Turifuza Amahoro, Ariko Ushaka Amahoro Yitegura n’Ibitari Yo

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
December 12, 2025
in Regional Politics
0
Ijambo Rikomeye rya Perezida Kagame ku Burundi, RDC n’Amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari
65
SHARES
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amagambo Akomeye Perezida Paul Kagame Yahamije ku Mubano wa RDC n’u Rwanda ‘Turifuza Amahoro, Ariko Ushaka Amahoro Yitegura n’Ibitari Yo

You might also like

Afurika Ikomeje Kwiyubaka mu Gisirikare, Menya Ibihugu 10 Biyoboye Umugabane mu Mbaraga za Gisirikare mu 2026

Perezida Faure Yageze mu Rwanda, mu Ruzinduko Rw’Ingenzi mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Akarere

RDC: Perezida Félix Tshisekedi yakiriye Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Uburasirazuba bw’Igihugu

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yongeye kugaragaza ko u Rwanda rushyize imbere amahoro mu bibazo rufitanye na Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), ariko kandi yibutsa ko “ushaka amahoro yitegura n’ibindi bitari amahoro.”

Yabivugiye mu ijambo yagejeje ku Baturarwanda tariki ya 11/12/ 2025, ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko.

Perezida Kagame yasobanuye ko nubwo u Rwanda ruri mu nzira yo gushaka amahoro arambye, rufite inshingano yo kwitegura icyahungabanya ayo mahoro, cyane cyane mu gihe ibibazo byo muri RDC bikomeje kurenga imipaka.

Ati:
“Turifuza amahoro. Tuzayaharanira. Kandi ushaka amahoro yitegura n’ibindi bitari amahoro.”

Yibukije ko iyi mvugo isanzwe izwi mu Kinyarwanda nka “ushaka amahoro ategura intambara,” ariko ashimangira ko icyo u Rwanda rushaka atari intambara ahubwo ari amahoro arambye n’umutekano usesuye.

Perezida Kagame yagarutse ku Masezerano ya Washington yasinywe ku tariki ya 04/12/2025 hagati y’u Rwanda na RDC, bafashijwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump. Ariko agaragaza ko ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano ritagenda neza ahubwo ryikorezwa u Rwanda kurusha uko byagombye kugenda.

Ati:
“Abantu basinye amasezerano ni babiri, ariko umuzigo ugomba kwikorerwa n’umwe. … Biracyakomeza kuba urujya n’uruza. Iterabwoba n’ibihuha ngo u Rwanda ruzasibanganywa ntibigira umubare.”

Yavuze ko u Rwanda ruzi neza ko rufite umuzigo ukomeye kuri ibi bibazo ariko ko rutazemera kuwuremererwa nabi cyangwa ngo ruterwe inshingano zitari izarwo.

Perezida Kagame yanenze imyumvire avuga ko hari icyo bita kwishyira hejuru kw’ibihugu bishaka gutegeka u Rwanda ku buryo rukemura ibibazo, nyamara ruri igihugu cyigenga.

Yagize ati:
“Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu. Icyaremye u Rwanda ni cyo cyaremye isi yose. Ntabwo cyigeze kibwira abantu bamwe ngo muze kuturemera u Rwanda. Natwe turi abaremwe na cya kindi cyaremye isi yose.”

Perezida Kagame yagaragaje ko amasezerano atubahirizwa mu buryo bwuzuye atazigera aha umuti ibibazo byo mu karere, ahubwo bikaba byongera urugomo n’umutekano muke.

Ati:
“Iyo ukoze ibitari byo ntibikemura ikibazo. Ahubwo byongera ibindi bibazo ku byo utarakemura.”

Perezida Kagame yanavuze ko akenshi ahamagazwa umunsi n’ijoro n’abafatanyabikorwa batandukanye ku kibazo cya RDC, bikagaragaza ko iki kibazo kimaze kurenga imipaka y’ibihugu bihanganye.

“Ubu ntabwo nsinzira ku manywa… buri kanya barahamagara. Buri muntu azi ikibazo, ariko u Rwanda ni rwo rugomba kwikorera umuzigo.”

Ibi bikubiye mu ijambo rya Perezida Kagame byavuzwe mu gihe ibintu muri Kivu y’Amajyepfo bikomeje gutera impungenge. Umutwe wa M23 uherutse gufata umujyi wa Uvira, uwa kabiri ukomeye nyuma ya Bukavu muri iyi ntara.

Gufatwa kwa Uvira kwakurikiwe no gusubira inyuma kw’Ingabo z’u Burundi n’iza FARDC zimwe zigahungira mu misozi ya FIZI, izindi zigahungira mu gihugu cy’Uburundi ubwacyo.

Ku rundi ruhande, Perezida Tshisekedi we yabwiye Inteko ya RDC ko n’ubwo amasezerano yasinywe, imirwano ikomeje kandi ko ngo M23 igifashwa n’u Rwanda, ibyo Kigali ikomeje guhakana.

Tags: KagameRdcU RwandaUmubano
Share26Tweet16Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Afurika Ikomeje Kwiyubaka mu Gisirikare, Menya Ibihugu 10 Biyoboye Umugabane mu Mbaraga za Gisirikare mu 2026

by Bahanda Bruce
January 31, 2026
0
Afurika Ikomeje Kwiyubaka mu Gisirikare, Menya Ibihugu 10 Biyoboye Umugabane mu Mbaraga za Gisirikare mu 2026

Afurika Ikomeje Kwiyubaka mu Gisirikare, Menya Ibihugu 10 Biyoboye Umugabane mu Mbaraga za Gisirikare mu 2026 Mu myaka ya vuba, umugabane wa Afurika wakomeje kugaragaza impinduka zifatika mu...

Read moreDetails

Perezida Faure Yageze mu Rwanda, mu Ruzinduko Rw’Ingenzi mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Akarere

by Bahanda Bruce
January 30, 2026
0
Perezida Faure Yageze mu Rwanda, mu Ruzinduko Rw’Ingenzi mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Akarere

Faure Yageze mu Rwanda, mu Ruzinduko Rw’Ingenzi mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Akarere Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, yageze mu Rwanda mu ijoro ryo ku...

Read moreDetails

RDC: Perezida Félix Tshisekedi yakiriye Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Uburasirazuba bw’Igihugu

by Bahanda Bruce
January 30, 2026
0
RDC: Perezida Félix Tshisekedi yakiriye Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Uburasirazuba bw’Igihugu

RDC: Perezida Félix Tshisekedi yakiriye Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Uburasirazuba bw’Igihugu Ku wa Kane tariki ya 29/01/2026, Perezida wa Repubulika Iharanira...

Read moreDetails

Jean Maurice Uwera Yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Leta y’u Rwanda: Ibyo Ukeneye Kumenya ku Muvugizi Mushya

by Bahanda Bruce
January 29, 2026
0
Jean Maurice Uwera Yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Leta y’u Rwanda: Ibyo Ukeneye Kumenya ku Muvugizi Mushya

Jean Maurice Uwera Yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Leta y’u Rwanda: Ibyo Ukeneye Kumenya ku Muvugizi Mushya Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 28/01/2026, Perezida w’u Rwanda,...

Read moreDetails

Perezida Museveni yibutsa Amateka y’Urugamba rwo mu Mashyamba, Anenga Igitutu cy’Amahanga ku Miyoborere ya Uganda

by Bahanda Bruce
January 28, 2026
0
Perezida Museveni yibutsa Amateka y’Urugamba rwo mu Mashyamba, Anenga Igitutu cy’Amahanga ku Miyoborere ya Uganda

Perezida Museveni yibutsa Amateka y’Urugamba rwo mu Mashyamba, Anenga Igitutu cy’Amahanga ku Miyoborere ya Uganda Mu ijambo rikomeye ryagarutse ku mateka n’icyerekezo cya politiki ya Uganda, Perezida Yoweri...

Read moreDetails
Next Post
Nyuma y’i fatwa rya Uvira, RDC Yakoze inama Idasanzwe, FARDC Yerekana Ingamba nshya mu Rugamba Ruhangayikishije Igihugu

Nyuma y'i fatwa rya Uvira, RDC Yakoze inama Idasanzwe, FARDC Yerekana Ingamba nshya mu Rugamba Ruhangayikishije Igihugu

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?