Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w’umunye-Kongo
Léonard She Okitundu, wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (2016–2019) akaba ubu ari Umudepite ndetse na Visi Perezida wa Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga mu Nteko Ishinga Amategeko, yavuze ko amahoro arambye mu Burasirazuba bwa Congo atagerwaho hatabaye kurandura burundu umutwe wa FDLR.
Mu kiganiro yatanze ubwo abayobozi bakuru ba RDC n’u Burundi bari mu biganiro i Washington, She Okitundu yasabye ko “hafatwa ingamba zikakaye kandi zidafite impuhwe” ku barwanyi ba FDLR, avuga ko uyu mutwe ukomeje kuba imbogamizi ku mahoro mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Ibi yabitangaje mu gihe ku wa Gatatu, tariki ya 03/12/2025, Perezida Félix Tshisekedi wa RDC na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi bahuriraga mu biganiro byihariye i Washington DC, umunsi umwe mbere y’ishyirwaho ry’amasezerano y’amahoro hagati ya RDC n’u Rwanda.
She Okitundu yemeza ko “amahoro adashobora kuzanwa n’ibiganiro gusa,” ashimangira ko imitwe yitwaje intwaro nka FDLR igomba gukurwaho burundu kugira ngo igice cy’uburasirazuba bwa Congo kibone umutekano uhoraho.
Ibi biremeza ko ikibazo cya FDLR gikomeje kuba ku isonga mu biganiro mpuzamahanga, ndetse kigaragara nk’imbogamizi ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano mashya y’amahoro mu karere.






