• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amakuru aturuka muri centre ya Masisi aremeza uyigenzura hagati ya M23 na FARDC.

minebwenews by minebwenews
January 9, 2025
in Regional Politics
0
M23 yatangaje icyo iri bukore nyuma y’aho ifashe zone ya Masisi.
124
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amakuru aturuka muri centre ya Masisi aremeza uyigenzura hagati ya M23 na FARDC.

You might also like

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

Umwe mu bayobozi wo mu mutwe wa m23 usanzwe ayoboye batayo yemeje ko umujyi munini wa teritware ya Masisi ugenzurwa n’ingabo z’uyu mutwe, kandi ko zidateze kuwuvamo.

Ni amakuru uyu muyobozi utashatse ko amazina ye aja hanze kumpamvu z’uko atemerewe gutanga amakuru, ubwo yavuganaga na Minembwe.com ahagana isaha ya saa tanu z’ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa Kane tariki ya 09/1/2025 yahamije ko centre ya Masisi igenzurwa n’ingabo zabo.

Mu byo yemeje yagize ati: “Masisi iracyari iyacu, kandi ntiduteze kuyirekura. Njye ndi muri Masisi ibindi wumva ku ruhande ni ibihuha.”

Nyamara ku rundi ruhande umudepite ku rwego rw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Alexis Bahunga, ahagana isaha z’umugoroba w’ahar’ejo tariki ya 08/01/2025 yatangaje ko ingabo z’igihugu cya RDC na Wazalendo bigaruriye iriya centre, ndetse ahamya ko zanigaruriye n’utundi duce tuyikikije turimo Mashaki.

Yagize ati: “Ndahamya ko centre ya Masisi FARDC na Wazalendo bayifashe, ndetse kandi bafashe na Localité Lushebere na Mashaki. Igisigaye ni uko Guverinoma yacu ikomeza gushigikira Wazalendo mu kubaha intwaro zikomeye kugira ngo bakomeze gutsinda umwanzi.”

Nubwo depite Alexis Bahunga yemeje aya makuru, ntacyo umuvugizi wa FARDC arayavugaho, ibyanatumye benshi mu Banye-Kongo bakurikiye ibyo yatangaje akoresheje urubuga rwa x, bamwamaganye bamusaba kujya yitonda kugira icyo atangaza mbere ya FARDC.

Karaken yagize ati: “Biratangaje kubona umudepite watowe n’abaturage ababesha. Ingabo z’igihugu ntacyo ziremeza, wewe ubikurahe? Nkaba ari wewe wayifashe!”

Uyu mudepite watangaje ibi, ni nawe kandi wari watangaje ku wa mbere w’iki Cyumweru ko Ngungu yigaruriwe n’ingabo z’igihugu nyuma y’uko amezi icyenda ashize igenzurwa n’umutwe wa M23.

Umurwanyi wo muri m23 wavuganaga na Minembwe.con, nyuma yokubona ibyatangajwe n’uriya mudepite yamusetse cyane, maze ashimangira ko centre ya Masisi igenzurwa nabo, aho yagize kandi ati: “Ndamusetse cyane, ndi muri Masisi centre. Kandi haratuje nta mirwano yahabereye kuva mu gitondo.”

Ku wa gatanu w’icyumweru gishize ni bwo abarwanyi ba M23 bigaruriye centre ya Masisi, nyuma y’imirwano ikaze hagati yabo n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta.

Urugamba rwo gufata uriya mujyi w’ingenzi muri Kivu y’Amajyaruguru, amakuru yatangajwe icyo gihe yavuga ko rutari rworoshye namba, ni mu gihe rwamaze iminsi ibiri, maze ku munsi wa gatatu M23 yirukana ingabo zo ku ruhande rwa Leta muri aka gace.

Tags: CentreM23Masisi
Share50Tweet31Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe Intambara ikomeje mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kugira ingaruka zikomeye...

Read moreDetails

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda Leta y’u Burundi yatangaje ko u Rwanda rukomeje ibikorwa busobanura nk’iby’urugomo no guhungabanya umutekano” ku mupaka...

Read moreDetails

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri Amakuru mashya aturuka mu Burundi akomeje kugaragaza urugendo rutavugwaho rumwe rw’imodoka...

Read moreDetails

Ubusesenguzi ku Bitekerezo bya Girinka Kabare ku Mibanire ya Perezida w’u Burundi n’Abanyamurenge

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington

Ubusesenguzi ku Bitekerezo bya Girinka Kabare ku Mibanire ya Perezida w’u Burundi n’Abanyamurenge Umusesenguzi w’Umunye-Congo wo mu bwoko bw’Abanyamulenge, William Girinka Kabare, mu kiganiro yagiranye na Minembwe Capital...

Read moreDetails

Cibitoke: Inama y’Igitaraganya yatumijwe n’Ubuyobozi mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego muri Kivu y’Amajyepfo

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Cibitoke: Inama y’Igitaraganya yatumijwe n’Ubuyobozi mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego muri Kivu y’Amajyepfo

Cibitoke: Inama y'Igitaraganya yatumijwe n’Ubuyobozi mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego muri Kivu y’Amajyepfo Amakuru aturuka mu ntara ya Cibitoke mu Burundi aravuga ko Musitanteri w’iyi ntara, Najeneza...

Read moreDetails
Next Post
RDC: Ingabo z’u Burundi zikomeje gupfira mu ntambara ihanganishije FARDC na M23.

RDC: Ingabo z'u Burundi zikomeje gupfira mu ntambara ihanganishije FARDC na M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?