• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amasasu Fardc yaraye irasa mu Mikenke menya ukwayo.

minebwenews by minebwenews
February 1, 2025
in Regional Politics
0
Amasasu Fardc yaraye irasa mu Mikenke menya ukwayo.
119
SHARES
3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amasasu Fardc yaraye irasa mu Mikenke menya ukwayo.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Mu ijoro ryaraye rikeye Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zarasaguye amasasu menshi mu Mikenke, bikavugwa ko zarimo zisaba guhabwa amafaranga yabo yuzuye, kuko yagabanyijweho, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Mikenke ni agace gaherereye muri Secteur ya Itombwe muri teritware ya Mwenga, mu ntara ya Kivu y’Epfo. Ni agace kandi katari mu ntera ndende na Minembwe muri Fizi, kuko ubariranije n’ink’ibirometero 9 uvuye muri Minembwe centre.

Amasasu yarasiwe muri aka gace yatangiye kumvikana igihe c’isaha imwe kugeza igihe cya saa tanu z’iri joro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa gatandatu tariki ya 01/02/2025. Ni amasasu yumvikanye no kubantu batuye mu Kalingi ndetse na Lwitsankuko no mu tundi duce turi mu nkengero zayo.

Nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga n’uko urwo rusaku rw’imbunda, ari abasirikare ba Leta bakorera muri aka gace barimo barasa.

Bikavugwa ko amafaranga bahembwaga ku kwezi buri musirikare bagendaga bamukuraho idorali z’Amerika 20. Ibyo bikaba byaratumye bivumburira ubuyobozi bwabo barasagura amasasu yo kwica nabi.

Umusirikare muto yahoraga ahabwa ku kwezi idolari 100, bivuze ko yakuweho 20 akaba yarahawe 80$.

Sibyo byonyine kuko kandi aba basirikare ntibahawe ibyo kurya.

Aya makuru avuga ko aba basirikare barimo barasa barangiza bakavuga bati: “Tunaitaji pesa zetu na chakula.” Ugenekereje mu kinyamulenge bivuze ko bavugaga bati: “Turashaka ifaranga zacu n’ibyokurya.”

Ibi bibaye ku nshuro ya gatatu, abasirikare ba Congo bakorera mu misozi miremire bivumburira ubuyobozi bwabo aho babushinja kurya imishahara yabo barangiza bakabahemba ibice. Igitangaje aba basirikare banavuga ko amafaranga yabo ava kuri region yuzuye ariko ko agenda akurwaho n’ubuyobozi bwo muri Secteur no mu ma brigade.

Gusa iryo rasagura ry’abasirikare ba Fardc ryatumye abaturiye ibyo bice bikanga, bamwe muribo babungira mu bihuru abandi ku misozi.

Tags: AmasasuFardcGuhembwaMikenke
Share48Tweet30Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post

Iby'urupfu rwa Col.Rugabisha umusirikare wo muri FARDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?