• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amerika Yamaganye Ibitero byibasira Abasivile mu Burasirazuba bwa RDC

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
March 13, 2026
in Regional Politics
0
U Bufaransa, u Bubiligi na EU Bamaganye Igitero Cyahitanye Umukozi wa Loni
70
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika Yamaganye Ibitero byibasira Abasivile mu Burasirazuba bwa RDC

You might also like

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Igitero cya drone cyagabwe mu mujyi wa Goma, umurwa mukuru w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), cyongeye gukaza impaka ku mutekano w’abasivile n’abakora ibikorwa by’ubutabazi mu karere karimo intambara ikomeye. Iki gitero cyahitanye umukozi w’Umuryango w’Abibumbye ukomoka mu Bufaransa hamwe n’abasivile babiri, bituma amahanga atangira kongera gutabariza abaturage bakomeje kugirwaho ingaruka n’intambara imaze imyaka myinshi muri aka karere.

Ibi byatangajwe n’Ibiro bishinzwe Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byasohoye itangazo tariki ya 11/03/2026. Muri iri tangazo, Washington yamaganye ibitero byibasira abasivile, isaba impande zose ziri mu ntambara kubahiriza amasezerano yo guhagarika imirwano no kurinda ubuzima bw’abaturage n’abakozi b’imiryango mpuzamahanga.

Mu butumwa bwashyizwe ku rubuga rwa X rw’iyo minisiteri, hagarutswe ku ngaruka zikomeye z’iki gitero, hagira hati:

“Igitero cya drone cyabaye ku wa Gatatu i Goma cyahitanye umukozi w’Umuryango w’Abibumbye n’abasivile nibura babiri, cyongera ku mubare w’abamaze gupfa mu buryo bubabaje mu burasirazuba bwa RDC. Turihanganisha imiryango yabo ndetse n’abo bakoranaga, kandi turasaba impande zose ziri mu ntambara kurinda abakozi b’ubutabazi n’ab’Umuryango w’Abibumbye. Ibitero byibasira abasivile ntibyemewe na gato.”

Amerika yongeyeho ko itegereje ko impande zose zirimo Leta ya Kinshasa, ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23), n’abandi bose bagira uruhare muri iyi ntambara kubahiriza amasezerano bagiranye yo guhagarika imirwano.

Amakuru y’ibanze yatangajwe n’ihuriro rya AFC/M23 agaragaza ko abantu batatu ari bo bamaze kwemezwa ko bahitanywe n’iki gitero, barimo umukozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF) ukomoka mu Bufaransa.

Nyuma, Leta ya RDC yatangaje ko igiye gukora iperereza rigamije kumenya iby’iki gitero cyagabwe i Goma. Icyakora, hari abavuga ko ibi bishobora kuba ari uburyo bwo kuyobya uburari, kuko amakuru yatanzwe n’abaturage bo mu mujyi wa Goma agaragaza ko ingabo za RDC ari zo zagabye iki gitero, zigamije kurimbura abayobozi b’ihuriro rya AFC/M23. Ibi kandi byemezwa n’abayobozi bari muri iri huriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23).

Iki gitero cyongeye kwibutsa ubukana bw’intambara iri hagati y’ingabo za Leta ya Congo (FARDC) n’ihuriro rya AFC/M23, mu gihe buri ruhande rushinja urundi kuba nyirabayazana w’ibitero byibasira abasivile, nubwo hari amakuru agaragaza ko ingabo za RDC n’abambari bazo ari bo batangiza ibitero.

Iki gitero kandi cyongeye gutuma hibazwa ku mutekano w’abakozi b’imiryango itanga ubufasha bw’ubutabazi mu burasirazuba bwa RDC. Nk’uko byatangajwe n’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe guhuza ibikorwa by’ubutabazi (OCHA), mu kwezi kwa mbere kwa 2026 habayeho ibitero byibasiriye abakozi b’ubutabazi muri aka karere.

Igitero cya drone cyagabwe i Goma cyerekanye ko umutekano w’aba bakozi ugikomeje kuba ikibazo gikomeye.

Mbere y’iki gitero cy’i Goma, tariki ya 05/03/2026, ibihugu byinshi birimo u Bubiligi, Danemark, Ubufaransa, u Budage, u Buholandi, Suwede, u Busuwisi, u Bwongereza ndetse na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, hamwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, byari byasohoye itangazo bihuriyemo rigaragaza impungenge zikomeye ku kuba amasezerano yo guhagarika imirwano mu burasirazuba bwa RDC akomeje kutubahirizwa.

Aya masezerano yasinyiwe i Washington tariki ya 04/12/2025, ndetse anashimangirwa n’imihigo yafatiwe i Doha tariki ya 19/08/2025, agamije gushyiraho agahenge karambye no guhagarika burundu imirwano.

Ibi bihugu n’imiryango mpuzamahanga bigize itsinda mpuzamahanga rihuza ibikorwa byo gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga Bigari (International Contact Group – GCI), riyobowe na Suwede, byavuze ko bimwe mu byica ayo masezerano harimo no gukoresha drones mu bitero bya gisirikare, ibintu bishobora gushyira mu kaga gakomeye abasivile.

Nubwo amahanga akomeje gushyira imbaraga mu gushaka amahoro binyuze mu biganiro bya dipolomasi, harimo inzira za Washington na Doha zishyigikiwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ku rugamba ho ibintu biracyari bibi.

Amahanga akomeje gushimangira ko nta gisubizo cya gisirikare cyonyine gishobora gukemura ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa RDC, asaba ko impande zose zisubira ku meza y’ibiganiro kugira ngo haboneke umuti urambye w’iyi ntambara imaze imyaka myinshi ihungabanya ubuzima bw’abaturage.

Tags: AbasiviliAmericaDroneGomaIgitero
Share28Tweet18Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari MINEMBWE CAPITAL NEWS Mu gihe...

Read moreDetails

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubutegetsi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa Mu gihe umutwe wa Rwanda National Congress (RNC), washinzwe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari...

Read moreDetails

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka mu ruhando rwa politiki...

Read moreDetails

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC Le Gouvernement du Rwanda a publié un communiqué important en réponse aux déclarations...

Read moreDetails

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo rikomeye risubiza ku magambo yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
Ese Politiki ya Tshisekedi mu Burasirazuba bwa RDC Irasa n’Intaba yo Hepfo Ihabwa Yo Ntitange”? — Isesengura rya Girinka William Kabare

Amakuru y’Ibanga Agaragaza ko FARDC n’Abafatanyabikorwa Bayo Bateguye Igitero Kinini gishobora Gutangirira mu Bice bya Uvira

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?