Amerika yabwiwe akaga isi yakwinjwiramo mu gihe yoramuka yivanze mu ntambara ya Israel na Iran.
Abategetsi bo mu bihugu bitandukanye basabye Leta Zunze ubumwe z’Amerika kutinjira mu ntambara Israel na Iran bihanganyemo, ngo kuko igihe yoramuka iyivanzemo bishobora kuzateza akarere kose ibyago bikomeye.
Muri abo bategetsi barimo na minisitiri wungirije w’ubanye n’amahanga wa Iran, Saeed Khatibzadeth, watangaje ko niba Amerika yibeshye ikivanga mu bitero bya Israel kuri Iran, akarere k’u Burasizuba bwo hagati kazahinduka “nk’ukuzimu.”
Ni nyuma y’aho ibiro bya perezida wa Amerika ku wa kane byatangaje ko mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri biri imbere, Trump azafata icyemezo cyo kwinjira mu ntambara mu buryo butaziguye cyangwa kuyireka.
Minisitiri Saeed Khatibzadeth yabwiye itangazamakuru ko “iyi atari intambara ya Amerika,” kandi ko mu gihe perezida Donald Trump yayivanzemo, azahora yibukwa nka perezida winjiye mu ntambara itamureba.
Ahamya ko mu gihe yayinjiramo iby’iyi ntambara byahita bihinduka “isayo.”
Byagarutsweho kandi n’u Burusiya, aho bwaburiye Leta Zunze ubumwe z’Amerika ko niramuka ikoze ikosa ikarasa igisasu cya GBU57 kuri Iran ko ibintu bizahita bihindura isura kurusha uko yabitekerezaga. Byatangajwe n’umuvugizi wa minisiteri y’ubanyi n’amahanga w’u Burusiya, Marie Zakharova, aho kandi yongeye ko mu gihe Amerika yakora iryo kosa, ibisa nihamagariye ibyago kuza ku Isi.
Byagarutsweho kandi na Leta ya Korea Yaruguru yatangaje ko Israel iri nka Kanseri ku mahoro yo mu Burasizuba bwo hagati. Ivuga kandi ko ishinja Amerika kwenyegeza umuriro hagati ya Israel na Iran.
Iki gihugu cya Korea Yaruguru gisanzwe gifite imikoranire ya hafi na Iran ivuga ko gutera Iran bikozwe na Israel ari gikorwa cyo kuvogera ikindi gihugu gifite ubwigenge ndetse ari icyaha kitababarirwa cyibasira inyokomuntu.
Korea Yaruguru ni kimwe mu bihugu bimaze imyaka bihanganye na Amerika n’inshuti zayo, ndetse kikaba igihugu gitunze intwaro kirimbuzi.
Ibi byavuzwe nyuma y’aho Iran igabye igitero gikaze ku bitaro bya Israel biherereye mu majy’Epfo y’iki gihugu cya Israel bizwi nka Soroko.
Ibitangazamakuru byo muri Iran byatangaje ko icyo gitero cyari kigamije ku kigo cya gisirikare kiri hafi y’ibyo bitaro, aho kuba kubitaro ubwabyo.
Minisitiri y’ubuzima ya Israel yatangaje ko abantu 71 bakomerekeye mu gitero cya misile cyagabwe ku bitaro bya Soroko.
Israel na yo yarashe ku bigo bya nucléaire bya Iran, birimo n’ikigo kitagikora cya Arak gikoresha amazi menshi, ndetse n’ikigo cya Natanz.
Ariko Iran ntiyatanze amakuru mashya ku bapfuye n’ababikomerekeyemo.