• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, August 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amerika yafatiye ibihano bikakaye umwe mu mitwe yitwaje intwaro ukorana byahafi n’ingabo za RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 14, 2025
in Regional Politics
0
Amerika yafatiye ibihano bikakaye umwe mu mitwe yitwaje intwaro ukorana byahafi n’ingabo za RDC.
72
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika yafatiye ibihano bikakaye umwe mu mitwe yitwaje intwaro ukorana byahafi n’ingabo za RDC.

You might also like

Gen.Muhoozi yongeye kuvuga uburyo UPDF na RDF ari abavandimwe, anahishyura gahunda bafitanye.

Byakaze Imbonerakure zirwana muri RDC zashinje Leta yabo kuzihenda.

Perezida Kagame yaganiriye n’abakuru b’ibihugu byo muri EAC na SADC ku bibazo cya RDC.

Leta Zunze ubumwe z’Amerika zafatiye ibihano bikakaye umutwe witwaje intwaro wa PARECO wo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, usanzwe ukorana byahafi n’ubutegetsi bw’iki gihugu.

Bikubiye mu itangazo iki gihugu cya leta Zunze ubumwe z’Amerika cyashyize hanze ku munsi w’ejo hashize.

Iri tangazo risobanura ko umutwe wa PARECO ukora ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko, ndetse ko n’uburyo usoreshamo bitajanye n’amategeko.

Rivuga ko kuva mu 2022 kugeza mu ntangiriro z’umwaka wa 2024, uwo mutwe wagenzuraga ibirombe biherereye i Rubaya muri teritware ya Masisi bicukurwamo amabuye y’agaciro y’ingenzi kunganda z’ikoranabuhanga, harimo n’izikora telefone ngendanwa.

Kuri ubu ibyo birombe biragenzurwa n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.

Uyu mutwe, Amerika ikaba yavuze ko iwuhanye kubera kugira uruhare cyangwa ubufatanyecyaha, mu buryo buziguye cyangwa butaziguye, mu bikorwa biteje inkenke ku mahoro, umutekano, cyangwa ituze rya RDC.

Yanahanye kandi ishirahamwe rya CDMC, rishinjwa kugira ubufatanye na PARECO mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, gusoresha mu buryo bunyuranyije n’amategeko, no gukora magendu.

Ikavuga ko CDMC yakoreraga mu kirombe kinini cya Rubaya, kandi ko yagurishaga amabuye yavanwaga mu buryo bwa magendu mu duce twagenzurwaga na PARECO.

Aya mabuye, CDMC ngo yayagurishaga kuri kompanyi 2 zo muri Hong Kong, iya East Rise Corporation Limited na Star Dragon Corporation Limited zizwiho gushora amabuye y’agaciro mu bihugu bikomeye.

Amerika ivuga ko imitungo yose n’inyungu zo mu mitungo y’abafatiwe ibihano iri muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, cyangwa igenzurwa n’abantu bari muri Amerika, ihagaritswe kandi ko igomba kumenyeshwa ibiro bya OFAC.

Tags: AmerikaIbihanoParecoRdc
Share29Tweet18Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Gen.Muhoozi yongeye kuvuga uburyo UPDF na RDF ari abavandimwe, anahishyura gahunda bafitanye.

by Bruce Bahanda
August 14, 2025
0
Auto Draft

Gen. Muhoozi yongeye kuvuga uburyo UPDF na RDF ari abavandimwe anahishyura gahunda bafitanye. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi yatangaje ko igisirikare cya Uganda n'icy'u Rwanda...

Read moreDetails

Byakaze Imbonerakure zirwana muri RDC zashinje Leta yabo kuzihenda.

by Bruce Bahanda
August 14, 2025
0
Byakaze Imbonerakure zirwana muri RDC zashinje Leta yabo kuzihenda.

Byakaze Imbonerakure zirwana muri RDC zashinje Leta yabo kuzihenda. Imbonerakure zirwanya ihuriro rya AFC/M23/MRDP mu burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, zirashinja Leta y'u Burundi kuzibeshya amafaranga....

Read moreDetails

Perezida Kagame yaganiriye n’abakuru b’ibihugu byo muri EAC na SADC ku bibazo cya RDC.

by Bruce Bahanda
August 14, 2025
0
Perezida Kagame yaganiriye n’abakuru b’ibihugu byo muri EAC na SADC ku bibazo cya RDC.

Perezida Kagame yaganiriye n'abakuru b'ibihugu byo muri EAC na SADC ku bibazo cya RDC. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, hamwe n'abandi bakuru b'ibihugu byo mu muryango wa...

Read moreDetails

Deputy Commandate mu cyunamo yasabye Abanyamulenge gusenyera ku mugozi umwe.

by Bruce Bahanda
August 13, 2025
0
Deputy Commandate mu cyunamo yasabye Abanyamulenge gusenyera ku mugozi umwe.

Deputy Commandate mu cyunamo yasabye Abanyamulenge gusenyera ku mugozi umwe. Mu nkambi y'impunzi y'i Nakivale muri Uganda icyumbikiye abantu benshi barimo abaturutse mu bihugu bitandukanye harimo n'icya Repubulika...

Read moreDetails

Abarenga miliyoni 2 basubiye mu byabo mu Burasirazuba bwa RDC.

by Bruce Bahanda
August 11, 2025
0
Abarenga miliyoni 2 basubiye mu byabo mu Burasirazuba bwa RDC.

Abarenga miliyoni 2 basubiye mu byabo mu Burasirazuba bwa RDC. Umuryango wa OCHA ushinzwe ibikorwa by'ubutabazi, watangaje ko Abanye-Congo miliyoni zitatu bari baravuye mu byabo imbere mu gihugu...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Kagame yaganiriye n’abakuru b’ibihugu byo muri EAC na SADC ku bibazo cya RDC.

Perezida Kagame yaganiriye n'abakuru b'ibihugu byo muri EAC na SADC ku bibazo cya RDC.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?