• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, February 3, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amerika Yahagaritse Ibikorwa by’Ibigo byayo mu Burundi

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
February 3, 2026
in Regional Politics
0
Amerika Yahagaritse Ibikorwa by’Ibigo byayo mu Burundi
68
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika Yahagaritse Ibikorwa by’Ibigo byayo mu Burundi

You might also like

RDC na AFC/M23 Basinyiye i Doha Amasezerano Akomeye yo Guteza Imbere Amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari

Menya Intwaro Idasanzwe u Rwanda Rutunze Ifatwa nk’Ikimenyetso cy’Ibihe

Isomo rikomeye Perezida Kagame Yahaye Abanyarwanda n’Isi ku Butwari, Ubumwe n’Inshingano zo Kubaka Ejo Hazaza

Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Burundi yatangaje ko ibigo bitandukanye bigengwa na Guverinoma ya Amerika bikorera ku butaka bw’u Burundi bigiye gufunga by’agateganyo, bitewe n’ikibazo cyo guhagarika imirimo ku nzego zimwe na zimwe za Leta ya Amerika, kizwi nka Government Shutdown.

Mu itangazo ryashyizwe ku rubuga rwa X (rwahoze ari Twitter) tariki ya 02/02/2026, iyo ambasade yagize iti:

“Ibigo by’Abanyamerika bizafunga imiryango guhera ejo tariki ya 03/02/2026 kugeza igihe hazaboneka irindi tangazo rishya ku bijyanye no kongera gusubukura imirimo kwa Guverinoma ya Amerika. Tuzabamenyesha igihe ibikorwa bizasubukurirwa.”

Ambasade yasobanuye ko iki cyemezo kireba ibigo bimwe na bimwe bigengwa na Amerika, ariko kitareba ibikorwa bya ambasade ubwayo, yo ikomeza gukora imirimo yayo isanzwe, cyane cyane ijyanye na dipolomasi n’inyungu z’igihugu.

Mu bigo byahagaritswe harimo nk’amasomero ya Amerika, ibigo ndangamuco, n’izindi gahunda z’ubufatanye n’imyigishirize Amerika isanzwe itanga mu bihugu bitandukanye, birimo n’u Burundi.

Iyo ambasade yanamenyesheje kandi ko amatangazo yari asanzwe acishwa ku mbuga nkoranyambaga zayo agiye kugabanuka, hakazajya hatangazwa gusa amakuru y’ingenzi cyane, mu rwego rwo guhuza n’ibihe bya Government Shutdown.

Iki cyemezo ntikireba u Burundi gusa, kuko ambasade za Amerika zitandukanye muri Afurika zatangiye gutanga amatangazo asa n’ayo, zemeza ko serivisi n’itumanaho rusange bigiye kugabanuka by’agateganyo.

Tariki ya 01/02/2026, Guverinoma ya Amerika yahagaritse ibikorwa ku nzego zimwe na zimwe za Leta, izindi zigakomeza gusa imirimo y’ingenzi. Ibi byatewe n’uko Inteko Ishinga Amategeko yananiwe kumvikana ku ngengo y’imari, by’umwihariko iyagombaga kugenerwa Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu (Department of Homeland Security).

Impaka zashyamiranye cyane zashingiraga ku mikorere y’Urwego rushinzwe Umutekano w’Abimukira (ICE), nyuma y’imyigaragambyo yabereye mu mujyi wa Minneapolis, muri Leta ya Minnesota, aho abakozi ba ICE bashinjwe kwica abaturage babiri.

Abadepite bo ku ruhande rw’Aba-Démocrates basaba ko hakorwa amavugurura akomeye mu mikorere ya ICE, mu rwego rwo kwirinda ihohoterwa rikomeje kugaragara. Ku rundi ruhande, Aba-Républicains bashimangira ko amategeko ahana abimukira binjira mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko agomba gukomeza gushyirwa mu bikorwa uko ateganyijwe.

Kubera ko ingengo y’imari itorewe iyo minisiteri itabashije kwemezwa mu gihe cyagenwe, byatumye idahabwa amafaranga ayifasha gukomeza imirimo yayo. Ibyo byagize ingaruka no ku zindi minisiteri n’inzego za Leta, kuko itegeko ry’ingengo y’imari ryagombaga gutorerwa hamwe.

Muri Amerika, Inteko Ishinga Amategeko igira inshingano zo kwemeza ingengo y’imari y’igihugu buri mwaka. Gusa, hagati mu bihembwe, hashobora kwemezwa andi mategeko yihariye agena amafaranga agenewe inzego zimwe na zimwe. Iyo ayo mategeko atemejwe ku gihe, habaho guhagarika imirimo ya guverinoma ku rwego runaka.

Ibi bibaye kandi nyuma y’uko mu mpera za 2025, Amerika yongeye kunanirwa kumvikana ku ngengo y’imari, bituma imirimo ya Leta ihagarara iminsi 43, igihe cyabaye kirekire cyane mu mateka y’iki gihugu.

Ihagarikwa ry’ibikorwa by’ibigo bya Amerika mu bihugu birimo n’u Burundi ni imwe mu ngaruka zigaragara z’iki kibazo cya politiki n’imiyoborere, kikomeje kugira ingaruka ku mikoranire mpuzamahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Tags: AmericaBurundiIbigo
Share27Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

RDC na AFC/M23 Basinyiye i Doha Amasezerano Akomeye yo Guteza Imbere Amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
February 3, 2026
0
RDC na AFC/M23 Basinyiye i Doha Amasezerano Akomeye yo Guteza Imbere Amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari

RDC na AFC/M23 Basinyiye i Doha Amasezerano Akomeye yo Guteza Imbere Amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’Ihuriro Alliance Fleuve Congo...

Read moreDetails

Menya Intwaro Idasanzwe u Rwanda Rutunze Ifatwa nk’Ikimenyetso cy’Ibihe

by Bahanda Bruce
February 2, 2026
0
Menya Intwaro Idasanzwe u Rwanda Rutunze Ifatwa nk’Ikimenyetso cy’Ibihe

Menya Intwaro Idasanzwe u Rwanda Rutunze Ifatwa nk’Ikimenyetso cy’Ibihe Mu gihe isi ikomeje kwinjira mu bihe by’ihangana rikomeye mu bya gisirikare, u Rwanda ruri mu bihugu bya Afurika...

Read moreDetails

Isomo rikomeye Perezida Kagame Yahaye Abanyarwanda n’Isi ku Butwari, Ubumwe n’Inshingano zo Kubaka Ejo Hazaza

by Bahanda Bruce
February 1, 2026
0
Isomo rikomeye Perezida Kagame Yahaye Abanyarwanda n’Isi ku Butwari, Ubumwe n’Inshingano zo Kubaka Ejo Hazaza

Isomo rikomeye Perezida Kagame Yahaye Abanyarwanda n’Isi ku Butwari, Ubumwe n’Inshingano zo Kubaka Ejo Hazaza Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko Umunsi w’Intwari ari umwanya...

Read moreDetails

Afurika Ikomeje Kwiyubaka mu Gisirikare, Menya Ibihugu 10 Biyoboye Umugabane mu Mbaraga za Gisirikare mu 2026

by Bahanda Bruce
January 31, 2026
0
Afurika Ikomeje Kwiyubaka mu Gisirikare, Menya Ibihugu 10 Biyoboye Umugabane mu Mbaraga za Gisirikare mu 2026

Afurika Ikomeje Kwiyubaka mu Gisirikare, Menya Ibihugu 10 Biyoboye Umugabane mu Mbaraga za Gisirikare mu 2026 Mu myaka ya vuba, umugabane wa Afurika wakomeje kugaragaza impinduka zifatika mu...

Read moreDetails

Perezida Faure Yageze mu Rwanda, mu Ruzinduko Rw’Ingenzi mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Akarere

by Bahanda Bruce
January 30, 2026
0
Perezida Faure Yageze mu Rwanda, mu Ruzinduko Rw’Ingenzi mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Akarere

Faure Yageze mu Rwanda, mu Ruzinduko Rw’Ingenzi mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Akarere Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, yageze mu Rwanda mu ijoro ryo ku...

Read moreDetails
Next Post
MONUSCO Yasabwe Kohereza Ingabo mu Mujyi wa Uvira

MONUSCO Yasabwe Kohereza Ingabo mu Mujyi wa Uvira

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?