• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, May 7, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

MONUSCO Yasabwe Kohereza Ingabo mu Mujyi wa Uvira

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
February 3, 2026
in Conflict & Security
0
MONUSCO Yasabwe Kohereza Ingabo mu Mujyi wa Uvira
72
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

MONUSCO Yasabwe Kohereza Ingabo mu Mujyi wa Uvira

You might also like

Impaka zikomeye muri RDC: Ibyo Perezida Tshisekedi ashinjwa ku bijyanye na manda ya gatatu n’igisobanuro gishya ku mvugo ye ku gisirikare

Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises

Impungenge ni Nyinshi mu Bibogobogo Nyuma y’Igitero cya Mai Mai mu Gace Karimo FARDC n’Ingabo z’u Burundi

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yatangaje ko inama iri kubera i Doha, muri Qatar, igamije gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge kari hagati ya Leta ya Kinshasa n’ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23), binyuze mu buryo buzwi nka Ceasefire Oversight and Verification Mechanism. Qatar yakiriye iyo nama nk’umuhuza mu bibazo by’umutekano biri mu burengerazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Ni inama yahuje impande zombi mu murongo wo gushakira hamwe umuti urambye w’amakimbirane akomeje kugaragara mu burasirazuba bwa RDC, by’umwihariko hagamijwe kugabanya umwuka mubi w’umutekano n’intambara byugarije aka karere.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yatangaje kandi ko Leta ya RDC n’Ihuriro AFC/M23 byashyize umukono ku nyandiko ikubiyemo imirongo migari igena ingingo zizaganirwaho n’uburyo ibiganiro bigomba gukorwa. Iyi nyandiko yemejwe n’Inama Mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR).

Iyo minisiteri yongeyeho ko impande zombi zemeje kongera gushimangira ubushake bwazo bwo guhagarika imirwano, hashingiwe ku mahame n’amasezerano yashyizweho umukono tariki ya 15/11/2025 i Doha, aho byemeranyijwe ku guhagarika intambara no gutangira inzira y’amahoro.

Mu itangazo ryashyizwe hanze mu ijoro ryo ku itariki ya 02/02/2026, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yagize iti:
“Impande zombi zemeje ubushake bwazo bwo gushyira mu bikorwa byuzuye ibisabwa byose byemeranyijweho, mu rwego rwo gushyigikira amasezerano y’amahoro.”

Iyi nama yitabiriwe kandi n’abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) nk’indorerezi, ndetse na Togo nk’igihugu cyahawe inshingano zo kuba umuhuza ku rwego rwa AU.

Yitabiriwe kandi n’abahagarariye Ubutumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri RDC (MONUSCO), ndetse n’Inama Mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR).

Abitabiriye iyo nama bagarutse ku isesengura ryimbitse ry’uko umutekano wifashe muri RDC, by’umwihariko haganirwa ku mbogamizi zigikomeje kubangamira ishyirwaho ry’amahoro arambye mu burasirazuba bw’igihugu.

Bashimangiye ko hakwiriye gushyirwa mu bikorwa ingamba zifatika zigamije kunoza uburyo bwo kugenzura no guhanahana amakuru, mu murongo wo kubaka inzira y’amahoro no guhagarika intambara burundu.

Hanasesenguwe kandi ingamba MONUSCO na ICGLR byashyizeho mu kugenzura no kwemeza ko agahenge kari hagati y’impande zombi kubahirizwa, aho bagaragaje umuhate wo gufasha izi nzego kugira ngo inshingano zo kubungabunga amahoro zirusheho kugenda neza muri aka gace kamaze igihe kazahajwe n’intambara.

Byemejwe ko MONUSCO yasabwe kohereza ingabo mu Mujyi wa Uvira, hagamijwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge ku mpande zombi, ndetse no gushyiraho imiyoboro y’itumanaho izafasha koroshya no kunoza ibikorwa by’ubugenzuzi.

Tariki ya 10/12/2025, Ihuriro AFC/M23 ryari ryatangaje ko ryafashe Umujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Gusa ntiryahatinze, kuko abarwanyi ba nyuma b’uyu mutwe bavuye muri uwo mujyi tariki ya 17/01/2026.

AFC/M23 ivuga ko icyemezo cyo kuva muri Uvira cyafashwe hashingiwe ku busabe bw’umuryango mpuzamahanga, igashimangira ko intego yayo nyamukuru ari ugushyigikira amahoro, bitandukanye n’uko ishinja Leta ya RDC gukomeza gushyira imbere inzira y’intambara.

Tags: ibiganiroMonuscoQatarUvira
Share29Tweet18Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Impaka zikomeye muri RDC: Ibyo Perezida Tshisekedi ashinjwa ku bijyanye na manda ya gatatu n’igisobanuro gishya ku mvugo ye ku gisirikare

by Bahanda Bruce
May 7, 2026
0
RDC: Kwimura ijambo rya Perezida Tshisekedi rishyirwa ku wundi munsi byateje impaka—ni iki cyihishe inyuma?

Impaka zikomeye muri RDC: Ibyo Perezida Tshisekedi ashinjwa ku bijyanye na manda ya gatatu n’igisobanuro gishya ku mvugo ye ku gisirikare Mu Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC),...

Read moreDetails

Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises

by Bahanda Bruce
May 7, 2026
0
Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises

Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises Alors que les autorités de la République...

Read moreDetails

Impungenge ni Nyinshi mu Bibogobogo Nyuma y’Igitero cya Mai Mai mu Gace Karimo FARDC n’Ingabo z’u Burundi

by Bahanda Bruce
May 7, 2026
0
Impungenge ni Nyinshi mu Bibogobogo Nyuma y’Igitero cya Mai Mai mu Gace Karimo FARDC n’Ingabo z’u Burundi

Impungenge ni Nyinshi mu Bibogobogo Nyuma y’Igitero cya Mai Mai mu Gace Karimo FARDC n’Ingabo z’u Burundi Mu gihe ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bukomeje...

Read moreDetails

Le président de la République démocratique du Congo, , a déclaré que les élections générales prévues en 2028 ne pourront pas se tenir tant que la sécurité ne sera pas rétablie sur l’ensemble du territoire national, en particulier dans l’Est du pays.

by Bahanda Bruce
May 7, 2026
0
RDC: Perezida Tshisekedi Yatangaje Impamvu Zishobora Gutesha Agaciro Amatora ya 2028

Le président de la République démocratique du Congo, , a déclaré que les élections générales prévues en 2028 ne pourront pas se tenir tant que la sécurité ne...

Read moreDetails

RDC: Perezida Tshisekedi Yatangaje Impamvu Zishobora Gutesha Agaciro Amatora ya 2028

by Bahanda Bruce
May 6, 2026
0
RDC: Perezida Tshisekedi Yatangaje Impamvu Zishobora Gutesha Agaciro Amatora ya 2028

RDC: Perezida Tshisekedi Yatangaje Impamvu Zishobora Gutesha Agaciro Amatora ya 2028 Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yatangaje ko amatora rusange ateganyijwe mu mwaka wa...

Read moreDetails
Next Post
RDC na AFC/M23 Basinyiye i Doha Amasezerano Akomeye yo Guteza Imbere Amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari

RDC na AFC/M23 Basinyiye i Doha Amasezerano Akomeye yo Guteza Imbere Amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?