Amerika yahagaritse viza ku kindi gihugu cya Afrika nyuma yuko izihagaritse ku Barundi bose.
Leta Zunze ubumwe z’Amerika zafashe icyemezo gikakaye cyo guhagarika gutanga viza ku baturage ba Sudan y’Epfo bose kubera ko leta y’i ki gihugu yanze kwakira abimukira bayikomokamo abo Amerika yirukanye ku butaka bwayo.
Bikubiye mu itangazo Amerika yashyize hanze tariki ya 05/04/2025, riteweho umukono n’umunyamabanga wayo ushyinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, rivuga ko iki icyemezo cyafashwe kubera ko Sudan y’Epfo yanze kwakira Abanya-Sudan yirukanye ku butaka bwayo.
Rubio, muri iryo tangazo yagize ati: “Leta ya Sudan y’Epfo yananiwe kwakira Abanya-Sudan y’Epfo ku gihe.”
Muri ubwo buryo, Amerika yahise ifata umwanzuro wo guhagarika viza zifitwe n’Abanya-sudani y’Epfo ndetse no guhagarika viza zabifuza kwinjira muri iki gihugu.
Leta Zunze ubumwe z’Amerika ivuga ko iki cyemezo kizagumaho kugeza ubwo Sudan y’Epfo izemera kwakira abaturage bayo yirukanye.
Bibaye mu gihe perezida Danald Trump yakunze kumvikana kenshi avuga ko azagabanya abimukira badafite ibyangombwa muri Amerika akabohereza mu bihugu bakomokamo.
Ubundi kandi Rubio yavuze ko iki ko ari cyo gihe ngo Leta ya Sudan y’Epfo ihagarike kungukira kuri Amerika.
Ati: “Iki nicyo gihe ngo Leta ya Sudan y’Epfo ihagarike kungukira kuri Amerika.”
Akomeza avuga ko ahamagariye ibihugu byose kwakira abaturage ku gihe cyaganewe.
Si ubwa mbere Amerika ihagarika viza ku baturage bo mu bihugu byo muri Afrika, kuko no mu mwaka wa 2020, yafashe icyemezo cyo guhagarika gutanga viza ku Barundi bose.