• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Apostle Gitwaza yagize icyavuga ku Banyamulenge bakomeje kwicwa muri RDC.

minebwenews by minebwenews
February 27, 2025
in Regional Politics
0
Apostle Gitwaza yagize icyavuga ku Banyamulenge bakomeje kwicwa muri RDC.
130
SHARES
3.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Apostle Gitwaza yagize icyavuga ku Banyamulenge bakomeje kwicwa muri RDC.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Umuyobozi mukuru w’itorero rya Zion Temple Celebration Centre ku isi, Apostle Dr. Paul Gitwaza yavuze ku iyicwa ry’Abanyamulenge rikomeje kubakorerwa amahanga arebera, yemeza ko isi nta butabera buhari kandi ko ari bo ubwabo bazabasha kwikura mu bibazo barimo babifashijwemo n’Imana.

Hari mu kiganiro uyu mukozi w’Imana yagiranye na channel ya YouTube yitwa Legend Tv aho yagarutse ku bintu binyuranye birimo kwibaza impamvu Abanyamulenge bakomeje kwicwa amahanga arebera, n’icyo bakwiye gukora ngo bigobotore ibyo bibazo.

Ariko kuva kera Abanyamulenge muri RDC bakunze guhura n’ibibazo byo guhohoterwa bakicwa, imitungo yabo ikangizwa kandi badafite uwo batakira bakabura ubumva.

Ibi byakozwe cyane muri Kivu y’Epfo ndetse n’iy’Amajyaruguru, aho ibi bikorwa bigirwamo uruhare n’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, Fardc, bikagera ubwo Abanyamulenge bashimangira ko ibiri kubakorerwa ari jenocide.

Umunyamakuru yaje kumubaza impamvu Abanyamulenge bicwa ntihagire ubarenganura kandi n’amahanga abireba?

Gitwaza asubiza ati: “Navuga ko ku isi nta butabera bubaho, iyo buza kubaho Abayuda ntibaba barapfuye, abasomali ntibaba barimo kwicwa. Muri Afghanistan ntabwo haba hameze kuriya, isi yose, mu bihugu nka Sudani biri mu bibazo, igihe cyose abantu barira ni uko nta butabera.”

Yakomeje avuga ko Abanyamulenge nabo babuze uburenganura, ati: “Abanyamulenge ubwacu, mu byukuri nta waturenganura uretse Imana yaturemye rero, ubutabera ni ikintu kibuze hano ku isi. Reka nemere ko bwanahaba, bunahabaye sinzi ko hari uwapfa kutuvugira.”

Yavuze kandi ko Abanyamulenge bapfuye bari mu Gatumba mu kindi gihugu, igihugu cyabo cya RDC ni cyo kiba cyarafashe iya mbere kugira ngo kibavugire ariko ntacyo cyakoze. Igihugu cy’u Burundi bapfiriyemo kiba cyaravuze ngo abantu bahungiye ku butaka bwacu, barahapfira nyabuneka nimubafashe barenganurwe, nacyo ntabyo cyakoze.

Apostle Gitwaza yavuze ko gutabarwa kw’Abanyamulenge ahari kutazava ku bantu. Kuzava kuri bo ubwobo ariko cyane cyane Imana yabaremye ni yo izabarwanirira.

Umunyamakuru kandi yamubajije icyo yafasha Abanyamulenge mugihe yoramuka abaye perezida?

Nawe ati: “Nubwo byangora kuba perezida njyewe ndi umupasiteri usanzwe ibyo kuba perezida ntibirimo. Reka nemere ko wenda mbaye umujyanama wa perezida. Nasaba perezida wa Congo kubanza gusengesha igihugu cyose, gusaba icyo gihugu buri wese wemera Imana gupfukama hasi bagasaba imbabazi bakegera Imana.

Icya kabiri na musaba kunga Abanye-Congo bakiyunga. Nkabashyiramo imbaraga cyane, ngashyiraho minisiteri y’ubumwe n’ubwiyunge noneho abantu bagahurira hamwe bagakora.

Ikindi yavuze ni uko yamusaba gushyiraho gereza nyinshi mu gihugu zo gufunga abantu bose biba, barya ruswa ndetse bagafungwa hatarebwa ngo ni mwene wanyu cyangwa ikindi, bigatuma abandi batinya, noneho buri munye-kongo wese agakora yaba uri mu mahanga cyangwa imbere mu gihugu.

Umunyamakuru kandi yamubajije icyo yakora aramutse abaye umuyobozi mukuru w’Abanyamulenge.

Gitwaza ati: “Abanyamulenge kubanza gusubira ku Mana kuko abavugikiye mu Mana bakurira mu Mana. Nabasaba gukurira mu rukundo rwabo rwa mbere . Nkabasaba tukihana tugasubira ku Mana.

Ikindi nabasaba, ni uko babanza gushyiraho ubumwe buzira amacakubiri. Biragoye igihe cyose ntihazabura abantu baca intege ariko nabo twabegera tukabereka impamvu yo kunga ubumwe.

Yatanze urugero avuga ko Abisirayeri baba hirya no hono ku isi ariko iyo ari ikireba umuyuda bose bahurira hamwe n’icyo bapfa bakagishyira ku ruhande.

Yavuze kandi ko yasaba Abanyamulenge gushaka amafaranga ariko atari munzira mbi. Bagakora ishoramari, kuko iyo ufite amafaranga, ukaba ufite Imana, ntacyo mutageraho.

Yasoje avuga ko ijambo ry’Imana rivuga ko amafaranga ari inyugamo uyarimo aba yugamye. Icyo rero nagisaba Abanyamulenge.

Tags: GitwazaKwicwa
Share52Tweet33Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Nyuma ya Minembwe, Twirwaneho yigaruriye ikindi kigo cya FARDC gikomeye.

Undi musirikare ukomeye wo muri FARDC yitandukanyije nayo yiyunga na Twirwaneho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?