Apostle Gitwaza yagize icyavuga ku Banyamulenge bakomeje kwicwa muri RDC.
Umuyobozi mukuru w’itorero rya Zion Temple Celebration Centre ku isi, Apostle Dr. Paul Gitwaza yavuze ku iyicwa ry’Abanyamulenge rikomeje kubakorerwa amahanga arebera, yemeza ko isi nta butabera buhari kandi ko ari bo ubwabo bazabasha kwikura mu bibazo barimo babifashijwemo n’Imana.
Hari mu kiganiro uyu mukozi w’Imana yagiranye na channel ya YouTube yitwa Legend Tv aho yagarutse ku bintu binyuranye birimo kwibaza impamvu Abanyamulenge bakomeje kwicwa amahanga arebera, n’icyo bakwiye gukora ngo bigobotore ibyo bibazo.
Ariko kuva kera Abanyamulenge muri RDC bakunze guhura n’ibibazo byo guhohoterwa bakicwa, imitungo yabo ikangizwa kandi badafite uwo batakira bakabura ubumva.
Ibi byakozwe cyane muri Kivu y’Epfo ndetse n’iy’Amajyaruguru, aho ibi bikorwa bigirwamo uruhare n’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, Fardc, bikagera ubwo Abanyamulenge bashimangira ko ibiri kubakorerwa ari jenocide.
Umunyamakuru yaje kumubaza impamvu Abanyamulenge bicwa ntihagire ubarenganura kandi n’amahanga abireba?
Gitwaza asubiza ati: “Navuga ko ku isi nta butabera bubaho, iyo buza kubaho Abayuda ntibaba barapfuye, abasomali ntibaba barimo kwicwa. Muri Afghanistan ntabwo haba hameze kuriya, isi yose, mu bihugu nka Sudani biri mu bibazo, igihe cyose abantu barira ni uko nta butabera.”
Yakomeje avuga ko Abanyamulenge nabo babuze uburenganura, ati: “Abanyamulenge ubwacu, mu byukuri nta waturenganura uretse Imana yaturemye rero, ubutabera ni ikintu kibuze hano ku isi. Reka nemere ko bwanahaba, bunahabaye sinzi ko hari uwapfa kutuvugira.”
Yavuze kandi ko Abanyamulenge bapfuye bari mu Gatumba mu kindi gihugu, igihugu cyabo cya RDC ni cyo kiba cyarafashe iya mbere kugira ngo kibavugire ariko ntacyo cyakoze. Igihugu cy’u Burundi bapfiriyemo kiba cyaravuze ngo abantu bahungiye ku butaka bwacu, barahapfira nyabuneka nimubafashe barenganurwe, nacyo ntabyo cyakoze.
Apostle Gitwaza yavuze ko gutabarwa kw’Abanyamulenge ahari kutazava ku bantu. Kuzava kuri bo ubwobo ariko cyane cyane Imana yabaremye ni yo izabarwanirira.
Umunyamakuru kandi yamubajije icyo yafasha Abanyamulenge mugihe yoramuka abaye perezida?
Nawe ati: “Nubwo byangora kuba perezida njyewe ndi umupasiteri usanzwe ibyo kuba perezida ntibirimo. Reka nemere ko wenda mbaye umujyanama wa perezida. Nasaba perezida wa Congo kubanza gusengesha igihugu cyose, gusaba icyo gihugu buri wese wemera Imana gupfukama hasi bagasaba imbabazi bakegera Imana.
Icya kabiri na musaba kunga Abanye-Congo bakiyunga. Nkabashyiramo imbaraga cyane, ngashyiraho minisiteri y’ubumwe n’ubwiyunge noneho abantu bagahurira hamwe bagakora.
Ikindi yavuze ni uko yamusaba gushyiraho gereza nyinshi mu gihugu zo gufunga abantu bose biba, barya ruswa ndetse bagafungwa hatarebwa ngo ni mwene wanyu cyangwa ikindi, bigatuma abandi batinya, noneho buri munye-kongo wese agakora yaba uri mu mahanga cyangwa imbere mu gihugu.
Umunyamakuru kandi yamubajije icyo yakora aramutse abaye umuyobozi mukuru w’Abanyamulenge.
Gitwaza ati: “Abanyamulenge kubanza gusubira ku Mana kuko abavugikiye mu Mana bakurira mu Mana. Nabasaba gukurira mu rukundo rwabo rwa mbere . Nkabasaba tukihana tugasubira ku Mana.
Ikindi nabasaba, ni uko babanza gushyiraho ubumwe buzira amacakubiri. Biragoye igihe cyose ntihazabura abantu baca intege ariko nabo twabegera tukabereka impamvu yo kunga ubumwe.
Yatanze urugero avuga ko Abisirayeri baba hirya no hono ku isi ariko iyo ari ikireba umuyuda bose bahurira hamwe n’icyo bapfa bakagishyira ku ruhande.
Yavuze kandi ko yasaba Abanyamulenge gushaka amafaranga ariko atari munzira mbi. Bagakora ishoramari, kuko iyo ufite amafaranga, ukaba ufite Imana, ntacyo mutageraho.
Yasoje avuga ko ijambo ry’Imana rivuga ko amafaranga ari inyugamo uyarimo aba yugamye. Icyo rero nagisaba Abanyamulenge.