• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, April 19, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Apostle Gitwaza yagize icyavuga ku Banyamulenge bakomeje kwicwa muri RDC.

minebwenews by minebwenews
February 27, 2025
in Regional Politics
0
Apostle Gitwaza yagize icyavuga ku Banyamulenge bakomeje kwicwa muri RDC.
131
SHARES
3.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Apostle Gitwaza yagize icyavuga ku Banyamulenge bakomeje kwicwa muri RDC.

You might also like

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

Umuyobozi mukuru w’itorero rya Zion Temple Celebration Centre ku isi, Apostle Dr. Paul Gitwaza yavuze ku iyicwa ry’Abanyamulenge rikomeje kubakorerwa amahanga arebera, yemeza ko isi nta butabera buhari kandi ko ari bo ubwabo bazabasha kwikura mu bibazo barimo babifashijwemo n’Imana.

Hari mu kiganiro uyu mukozi w’Imana yagiranye na channel ya YouTube yitwa Legend Tv aho yagarutse ku bintu binyuranye birimo kwibaza impamvu Abanyamulenge bakomeje kwicwa amahanga arebera, n’icyo bakwiye gukora ngo bigobotore ibyo bibazo.

Ariko kuva kera Abanyamulenge muri RDC bakunze guhura n’ibibazo byo guhohoterwa bakicwa, imitungo yabo ikangizwa kandi badafite uwo batakira bakabura ubumva.

Ibi byakozwe cyane muri Kivu y’Epfo ndetse n’iy’Amajyaruguru, aho ibi bikorwa bigirwamo uruhare n’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, Fardc, bikagera ubwo Abanyamulenge bashimangira ko ibiri kubakorerwa ari jenocide.

Umunyamakuru yaje kumubaza impamvu Abanyamulenge bicwa ntihagire ubarenganura kandi n’amahanga abireba?

Gitwaza asubiza ati: “Navuga ko ku isi nta butabera bubaho, iyo buza kubaho Abayuda ntibaba barapfuye, abasomali ntibaba barimo kwicwa. Muri Afghanistan ntabwo haba hameze kuriya, isi yose, mu bihugu nka Sudani biri mu bibazo, igihe cyose abantu barira ni uko nta butabera.”

Yakomeje avuga ko Abanyamulenge nabo babuze uburenganura, ati: “Abanyamulenge ubwacu, mu byukuri nta waturenganura uretse Imana yaturemye rero, ubutabera ni ikintu kibuze hano ku isi. Reka nemere ko bwanahaba, bunahabaye sinzi ko hari uwapfa kutuvugira.”

Yavuze kandi ko Abanyamulenge bapfuye bari mu Gatumba mu kindi gihugu, igihugu cyabo cya RDC ni cyo kiba cyarafashe iya mbere kugira ngo kibavugire ariko ntacyo cyakoze. Igihugu cy’u Burundi bapfiriyemo kiba cyaravuze ngo abantu bahungiye ku butaka bwacu, barahapfira nyabuneka nimubafashe barenganurwe, nacyo ntabyo cyakoze.

Apostle Gitwaza yavuze ko gutabarwa kw’Abanyamulenge ahari kutazava ku bantu. Kuzava kuri bo ubwobo ariko cyane cyane Imana yabaremye ni yo izabarwanirira.

Umunyamakuru kandi yamubajije icyo yafasha Abanyamulenge mugihe yoramuka abaye perezida?

Nawe ati: “Nubwo byangora kuba perezida njyewe ndi umupasiteri usanzwe ibyo kuba perezida ntibirimo. Reka nemere ko wenda mbaye umujyanama wa perezida. Nasaba perezida wa Congo kubanza gusengesha igihugu cyose, gusaba icyo gihugu buri wese wemera Imana gupfukama hasi bagasaba imbabazi bakegera Imana.

Icya kabiri na musaba kunga Abanye-Congo bakiyunga. Nkabashyiramo imbaraga cyane, ngashyiraho minisiteri y’ubumwe n’ubwiyunge noneho abantu bagahurira hamwe bagakora.

Ikindi yavuze ni uko yamusaba gushyiraho gereza nyinshi mu gihugu zo gufunga abantu bose biba, barya ruswa ndetse bagafungwa hatarebwa ngo ni mwene wanyu cyangwa ikindi, bigatuma abandi batinya, noneho buri munye-kongo wese agakora yaba uri mu mahanga cyangwa imbere mu gihugu.

Umunyamakuru kandi yamubajije icyo yakora aramutse abaye umuyobozi mukuru w’Abanyamulenge.

Gitwaza ati: “Abanyamulenge kubanza gusubira ku Mana kuko abavugikiye mu Mana bakurira mu Mana. Nabasaba gukurira mu rukundo rwabo rwa mbere . Nkabasaba tukihana tugasubira ku Mana.

Ikindi nabasaba, ni uko babanza gushyiraho ubumwe buzira amacakubiri. Biragoye igihe cyose ntihazabura abantu baca intege ariko nabo twabegera tukabereka impamvu yo kunga ubumwe.

Yatanze urugero avuga ko Abisirayeri baba hirya no hono ku isi ariko iyo ari ikireba umuyuda bose bahurira hamwe n’icyo bapfa bakagishyira ku ruhande.

Yavuze kandi ko yasaba Abanyamulenge gushaka amafaranga ariko atari munzira mbi. Bagakora ishoramari, kuko iyo ufite amafaranga, ukaba ufite Imana, ntacyo mutageraho.

Yasoje avuga ko ijambo ry’Imana rivuga ko amafaranga ari inyugamo uyarimo aba yugamye. Icyo rero nagisaba Abanyamulenge.

Tags: GitwazaKwicwa
Share52Tweet33Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi

by Bahanda Bruce
April 18, 2026
0
Amayobera ku Rupfu rw’Umuyobozi wo muri Guverinoma i Bujumbura

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi Amakuru atandukanye yatangajwe ku rupfu rwa Gabby Bugaga, wahoze ari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho mu Burundi, akomeje guteza impaka zikomeye....

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi

by Bahanda Bruce
April 18, 2026
0
Biratangaje: Abapolisi Bashinzwe Kurinda Perezida Ndayishimiye Barashinjwa Kwambura Umuturage

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, uri no ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze...

Read moreDetails

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

by Bahanda Bruce
April 16, 2026
0
Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere Mu gihe ibiganiro n’impaka ku mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari bikomeje gufata intera nshya, Minisitiri...

Read moreDetails

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

by Bahanda Bruce
April 15, 2026
0
Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi Impinduka nshya mu mitekerereze y’ibihugu bya Afurika iri gufata indi ntera, aho Repubulika ya Togo yashyize imbere ikibazo kimaze imyaka myinshi...

Read moreDetails

Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Repubulika ya Congo rwafashe indi ntera mu kubaka ubufatanye bw’Afurika

by Bahanda Bruce
April 15, 2026
0
Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Repubulika ya Congo rwafashe indi ntera mu kubaka ubufatanye bw’Afurika

Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Repubulika ya Congo rwafashe indi ntera mu kubaka ubufatanye bw’Afurika Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yageze i Brazzaville ku gicamunsi cyo kuri uyu...

Read moreDetails
Next Post
Nyuma ya Minembwe, Twirwaneho yigaruriye ikindi kigo cya FARDC gikomeye.

Undi musirikare ukomeye wo muri FARDC yitandukanyije nayo yiyunga na Twirwaneho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?