Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 11, 2025
in Regional Politics
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.
90
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

You might also like

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

Bimwe mu biremereye Leta y’i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro by’i Doha.

Ikibuga cy’indege cya Goma kirimo gukorwa neza.

Ibiganiro by’imishyikirano byahuriyemo intumwa z’umutwe wa M23 n’iza leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo i Doha muri Qatar, byanitabiriwe kandi na minisitiri w’umutekano w’u Rwanda, Vincent Biruta n’uwa RDC w’ubutegetsi Jacquemain Shabani.

Ni ku nshuro ya gatanu impande zombi zihurira mu biganiro i Doha, aho kuri iyi nshuro zageze muri iki gihugu ku mugoroba w’ahar’ejo ku wa kane tariki ya 10/07/2025.

Minisitiri Vincent Biruta w’u Rwanda na mugenzi we wa RDC, bwana Jaquemin Shabani, bitabiriye ibi biganiro nk’abaje kubikurikira gusa, nk’uko RFI yabitangaje. Ndetse kandi byanitabiriwe n’intumwa zohorejwe na komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze ubumwe na Togo.

Ibi biganiro birimo kuba ku gitutu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, kandi abategetsi b’iki gihugu cya Amerika bemeza ko bizeye neza ko bizagenda neza, ndetse kandi ko ari nabyo ntambwe yanyuma bahite bagra ku bw’umvikane.

Massad Boulos, umujyanama wa perezida Donald Trump kuri Afrika yatangaje ko ibiganiro bya Doha ubu bizaba bihagarariwe n’abategetsi bakomeye kurushaho ku mpande zombi, yongeraho ko na bo muri Amerika bazaba bahari.

Kugeza ubu impande zombi ziri i Doha ntizirumvikana ku byo buri ruhande rusaba.

Mu kwezi kwa gatanu abategetsi ba RDC mubyo barimo basaba cyane, harimo ko M23 irekura ibice yafashe hagashyirwaho ubutegetsi bugengwa na Kinshasa n’igisirikare cya Leta.

Mbere yuko impande zombi zisubira i Doha, umutwe wa AFC/M23 wagaragaje ingingo umunani wifuza kugira ngo hasubire kwizerana hagati yabo na Kinshasa.

Uyu mutwe wa M23 ugenzura hafi u Burasirazuba bwa Congo bwose, ahanini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.

Muri ibi biganiro hitezwe byinshi, kuko nibyo byitezweho kugeza RDC ku mahoro arambye, nyuma y’ibindi biganiro by’amahoro byahuriyemo u Rwanda na RDC i Washington mu kwezi gushize mu mpera zako.

Mu gihe ibi biganiro bitogenda neza, n’ibyasinyiwe i Washington ntacyizere cyabyo cyaba kigihari.

Nyamara kurundi ruhande, ibi biganiro bibaye mu gihe Leta ya Congo yiteguye kurwana intambara ikomeye, kuko iheruka kurunda abasirikare bayo benshi i Uvira no mu bice bitandukanye byo mu misozi miremire y’i Mulenge, nko kwa Mulima, i Ndondo ya Rurambo n’i Kilembwe. Amakuru avuga ko ibi yabikoze mu rwego rwo gutegura uko aba basirikare bayo bongera kwisubiza ibice umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho byabambuye birimo n’umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo n’uwa Goma na wo ufatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Tags: I DohaM23Rdc
Share36Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

by Bruce Bahanda
July 12, 2025
0
Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC. Uhuru Kenyatta wahoze ayobora Kenya akaba ari n'umwe mubahuza mu bibazo by'intambara ibera mu Burasizuba bwa Repubulika ya...

Read moreDetails

Bimwe mu biremereye Leta y’i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro by’i Doha.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

Bimwe mu biremereye Leta y'i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro biri kubera i Doha. Ibiganiro by'imishyikorano biri kubera i Doha muri Qatar byahuriyemo Leta ya Congo n'umutwe...

Read moreDetails

Ikibuga cy’indege cya Goma kirimo gukorwa neza.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Ikibuga cy’indege cya Goma kirimo gukorwa neza.

Ikibuga cy'indege cya Goma kirimo gukorwa neza. Ikibuga cy'indege mpuzamahanga cya Goma ho mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo kiri gutunganywa...

Read moreDetails

Icyemezo perezida Museveni yafashe cyanyuze AFC/M23 inamugenera ubutumwa.

by Bruce Bahanda
July 10, 2025
0
Icyo M23 isaba RDC gukora mbere yuko impande zombi zisubira mu biganiro i Doha.

Icyemezo perezida Museveni yafashe cyanyuze AFC/M23 inamugenera ubutumwa. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryashimiye perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza...

Read moreDetails

Rumenge yavuze icyamuteye gushyigikira AFC/M23/MRDP.

by Bruce Bahanda
July 10, 2025
0
Rumenge yavuze icyamuteye gushyigikira AFC/M23/MRDP.

Rumenge yavuze icyamuteye gushyigikira AFC/M23/MRDP. Olivier Rumenge Rugeyo wigezeho kwitoza mu matora y'abadepite yo mu mwaka wa 2023 muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, mu...

Read moreDetails
Next Post
Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n'uruva gusenya.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?