• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Bahunze Uvira, ubu turi mu masasu menshi,” ibivugwa n’Abanya-b’Uvira.

minebwenews by minebwenews
February 19, 2025
in Regional Politics
0
Iby’imbitse ku mirwano yabereye Uvira muri Kivu y’Epfo.
124
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

“Bahunze Uvira, ubu turi mu masasu menshi,” ibivugwa n’Abanya-b’Uvira.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa zari mu Mujyi wa Uvira zahahunze zerekeza mu bindi bice byo mu yandi ma teritwari yo muri Kivu y’Epfo n’i Kalemi, nyuma y’uko habaye ukutumvukana hagati y’izi ngabo za leta na Wazalendo.

Mu minsi mike ishize muri Uvira nibwo hahungiye ingabo nyinshi za FARDC, aho zarimo ziva i Bukavu nyuma y’uko m23 yarimaze kuhafata.
Bivugwa ko Uvira hari ibihumbi byinshi by’ingengo za Congo (FARDC).

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 19/02/2025, nk’uko abaturage baturiye umujyi wa Uvira babwiye Minembwe.com ko ziriya ngabo zahavuye hasigaramo Wazalendo gusa, ariko ko bari kurasagura amasasu yo gufusha ubusa, ndetse ko ibyo kurasa byatangiye mu gitondo kugeza isaha zamanywa.

Ati: “Abasirikare ba FARDC bavuye Uvira. Bamwe muri bo berekeje i Kalemi abandi i Fizi, hari n’abazamutse imisozi.”
Aba baturage bavuze ko abasirikare berekeje i Kalemi bagiye n’ibato(bateau).

Ati: “FARDC iri kwerekeza kw’iporo(port) kugira ngo burire ibato baje i Kalemi.”

Ntacyo ubuyobozi bwa FARDC buratangaza kuri iri hunga ry’izi ngabo ziri kuva mu mujyi wa Uvira.

Usibye ko umwe muri aba baturage yatubwiye ko Uvira nta buyobozi bukiharangwa.

Mubutumwa bw’amajwi uyu muturage yaduhaye, bugira buti: “Hano turi mu gihugu kitari icya perezida Félix Tshisekedi, kandi kitari icya M23 . Rero ni mu kavuyo gusa. Kuva mu gitondo cya kare imbunda ziri kuvuga ubutitsa. Biradushobeye! Nawe ngira ng’ubu turi kuvugana uri kumva amasasu. Wazalendo nibo bari muri aka karere. Barinjira mu mazu bagakora ibyo bashaka.”

Yakomeje avuga ko hari n’umudamu w’Umunyamulenge warashwe na Wazalendo baramukomeretsa, kandi ko bamusanze iwiwe mu rugo.

Kuva ku wa mbere nta bikorwa biriko bikorwa, amashuri, iby’ubucuruzi ndetse no gutembera mu mihanda ntabyo.
Ahanini byavuye kukutumvikana hagati ya Wazalendo na Fardc, kuko Wazalendo bashinja izi ngabo za leta guta umujyi wa Bukavu ukigarurirwa na m23.
Bikaba byaraviriyemo ihangana rikomeye ryabaye ku cyumweru no ku wa mbere hagati y’impande zombi. Ari nabyo bitumye Fardc ihunga iva Uvira.
Muri iyo mirwano yapfuyemo abantu 14 barimo abasivili n’abasirikare.

Hagataho umutwe wa m23 ukomeje kwigarurira ibice byinshi, aho no ku munsi w’ejo wafashe umujyi wa Kamanyola uri mu nzira igana Uvira unyuze mu Kibaya cya Rusizi.

Andi makuru ataremezwa n’uyu mutwe wa m23 avuga ko wafashe ibice bimwe byo muri iki Kibaya cya Rusizi giherereye mu ntera ngufi n’umujyi wa Uvira.

Tags: BahunzeFardcUviraWazalendo
Share50Tweet31Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post

Umupaka wa Kamanyola watangiye kugenzurwa na M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?