Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Bahunze Uvira, ubu turi mu masasu menshi,” ibivugwa n’Abanya-b’Uvira.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 19, 2025
in Regional Politics
0
Iby’imbitse ku mirwano yabereye Uvira muri Kivu y’Epfo.
124
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

“Bahunze Uvira, ubu turi mu masasu menshi,” ibivugwa n’Abanya-b’Uvira.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa zari mu Mujyi wa Uvira zahahunze zerekeza mu bindi bice byo mu yandi ma teritwari yo muri Kivu y’Epfo n’i Kalemi, nyuma y’uko habaye ukutumvukana hagati y’izi ngabo za leta na Wazalendo.

Mu minsi mike ishize muri Uvira nibwo hahungiye ingabo nyinshi za FARDC, aho zarimo ziva i Bukavu nyuma y’uko m23 yarimaze kuhafata.
Bivugwa ko Uvira hari ibihumbi byinshi by’ingengo za Congo (FARDC).

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 19/02/2025, nk’uko abaturage baturiye umujyi wa Uvira babwiye Minembwe.com ko ziriya ngabo zahavuye hasigaramo Wazalendo gusa, ariko ko bari kurasagura amasasu yo gufusha ubusa, ndetse ko ibyo kurasa byatangiye mu gitondo kugeza isaha zamanywa.

Ati: “Abasirikare ba FARDC bavuye Uvira. Bamwe muri bo berekeje i Kalemi abandi i Fizi, hari n’abazamutse imisozi.”
Aba baturage bavuze ko abasirikare berekeje i Kalemi bagiye n’ibato(bateau).

Ati: “FARDC iri kwerekeza kw’iporo(port) kugira ngo burire ibato baje i Kalemi.”

Ntacyo ubuyobozi bwa FARDC buratangaza kuri iri hunga ry’izi ngabo ziri kuva mu mujyi wa Uvira.

Usibye ko umwe muri aba baturage yatubwiye ko Uvira nta buyobozi bukiharangwa.

Mubutumwa bw’amajwi uyu muturage yaduhaye, bugira buti: “Hano turi mu gihugu kitari icya perezida Félix Tshisekedi, kandi kitari icya M23 . Rero ni mu kavuyo gusa. Kuva mu gitondo cya kare imbunda ziri kuvuga ubutitsa. Biradushobeye! Nawe ngira ng’ubu turi kuvugana uri kumva amasasu. Wazalendo nibo bari muri aka karere. Barinjira mu mazu bagakora ibyo bashaka.”

Yakomeje avuga ko hari n’umudamu w’Umunyamulenge warashwe na Wazalendo baramukomeretsa, kandi ko bamusanze iwiwe mu rugo.

Kuva ku wa mbere nta bikorwa biriko bikorwa, amashuri, iby’ubucuruzi ndetse no gutembera mu mihanda ntabyo.
Ahanini byavuye kukutumvikana hagati ya Wazalendo na Fardc, kuko Wazalendo bashinja izi ngabo za leta guta umujyi wa Bukavu ukigarurirwa na m23.
Bikaba byaraviriyemo ihangana rikomeye ryabaye ku cyumweru no ku wa mbere hagati y’impande zombi. Ari nabyo bitumye Fardc ihunga iva Uvira.
Muri iyo mirwano yapfuyemo abantu 14 barimo abasivili n’abasirikare.

Hagataho umutwe wa m23 ukomeje kwigarurira ibice byinshi, aho no ku munsi w’ejo wafashe umujyi wa Kamanyola uri mu nzira igana Uvira unyuze mu Kibaya cya Rusizi.

Andi makuru ataremezwa n’uyu mutwe wa m23 avuga ko wafashe ibice bimwe byo muri iki Kibaya cya Rusizi giherereye mu ntera ngufi n’umujyi wa Uvira.

Tags: BahunzeFardcUviraWazalendo
Share50Tweet31Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post

Umupaka wa Kamanyola watangiye kugenzurwa na M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?