Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Bidasanzwe mu Burundi imfungwa zirenga 5000 zahawe imbabazi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 16, 2024
in Regional Politics
4
Bidasanzwe mu Burundi imfungwa zirenga 5000 zahawe imbabazi.
90
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Bidasanzwe mu Burundi imfungwa zirenga 5000 zahawe imbabazi.

You might also like

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yategetse abayobozi bashyinzwe amagereza atandukanye yo muri iki gihugu ko mu byumweru bibiri bagomba kuba barekuye imfungwa 5,442 zari zimaze igihe zifunzwe.

Iri tegeko perezida w’u Burundi yaritanze ku itariki ya 14/11/2024, ubwo yari yagiriye uruzinduko mu Ntara ya Muramvya, anasobanura ko abikoze mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu magereza y’u Burundi.

Abagiye kurekurwa ku rwego rw’igihugu ni 5,442, bivuze ko ari 41% byabasanzwe bafungiwe muri gereza zo mu Burundi, aho umubare w’abafunze bose ku rwego rw’igihugu ari 13,211.

Abahawe imbabazi biganjemo abakoze ibyaha bito, abujuje kimwe cya kane cy’igifungo bakatiwe, abageze mu zabukuru, n’abarwaye indwara zikomeye cyangwa zidakira.

Perezida Ndayishimiye yavuze ko amagereza y’u Burundi arimo ubucucike bukabije, ndetse ko ubushobozi bwo kwita ku bafungwa bugerwa ku mashyi.

Avuga ko kugaburira, kwambika, kuvuza no guha imfungwa iby’ibanze bikenerwa mu buzima bwa buri munsi ari umutwaro ku ngengo y’imari y’igihugu.

Yagize ati: “Ndabizi ko barekuwe amafaranga bishyurirwaga, nta wakongera kuvuga ngo abanyeshuri babuze intebe cyangwa ngo babuze ibitabo. Ni mwumve ukuntu duhomba.”

Ndayishimiye yibukije ko buri mwaka Leta ikoresha hafi miliyari 15 z’amafaranga y’amarundi muri za gereza, avuga ko ayo mafaranga ari menshi akwiye gukoreshwa mu kubaka amashuri n’amavururo.

Mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka, Ndayishimiye yatanze imbabazi, ariko ku munsi wa mbere harekurwa abantu 500, biza guhagarara ku mpamvu zitamenyekanye.

Raporo ya komisiyo yigenga ishinzwe kurengera uburenganzira bw’ikiremwa muntu mu Burundi (CNIDH) yo mu 2023 yagaragaje ko abarenga ibihumbi 13 bafunzwe , harimo abagera ku bihumbi bitandatu bafunzwe nta dosiye, ndetse n’abandi 136 bari bafite uburwayi bwo mu mutwe.

Tags: 5442Evariste NdayishimiyeImbabaziImfungwa
Share36Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails
Next Post
Menya ibyimbitse ku bayobozi ba Israel bateraniye i Kigali mu Rwanda.

Menya ibyimbitse ku bayobozi ba Israel bateraniye i Kigali mu Rwanda.

Comments 4

  1. Ensuent says:
    7 months ago

    cronadyn vs priligy For each sample, the average percentage of labeled cells of interest from the total number of cells was calculated based on the values obtained from 4 to 5 fields of image

  2. Ensuent says:
    7 months ago

    Such facilities are important for a wide range of medical conditions, for which cancer forms only a small percent, and they require a much larger effort and investment to set up and maintain, particularly the training of skilled personnel dapoxetina comprar online Carico has been named to the 2017 Edition of The Best Lawyers in America, the oldest and most respected peer review publication in the legal profession

  3. Ensuent says:
    7 months ago

    The pleura consists of a two layered membrane that covers each lung medicamento priligy estudios clinicos

  4. Ensuent says:
    7 months ago

    what is priligy tablets Our results suggest PKCО± overexpression may play a role in growth signalling during the shift from hormone dependent to hormone independent breast cancers

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?