• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, August 15, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Byakomeye, intambara ya Iran na Israel yahinduye isura mu buryo budasanzwe.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 17, 2025
in World News
0
Byakomeye, intambara ya Iran na Israel yahinduye isura mu buryo budasanzwe.
97
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Byakomeye, intambara ya Israel na Iran yahinduye isura mu buryo butangaje!

You might also like

U Bushinwa bwagize icyo buvuga kuri Amerika yabushyiriyeho imisoro y’umurengera.

Abanyamakuru ba Al-Jazeera barenga bane bishwe barashwe.

Rwanda Launches Nationwide Digital ID Initiative to Modernize Identity Management

Perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika Donald Trump wari waravuze ko atazazivanga mu ntambara ya Israel na Iran, yasabye abari i Tehran kuhava bagatanga inzira maze akarimbura uwo murwa mukuru w’iki gihugu cya Iran gihanganye bikomeye na Israel inshuti yakataraboneka ya Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Ni bikubiye mu butumwa Donald Trump yatambukije ku rukuta rwe rwa Truth social, aho yagize ati: “Buri wese akwiye kuva i Tehran nonaha. Kugira ngo dukore akazi.”

Nyuma ya perezida Donald Trump, abategetsi bo muri Israel basabye abantu bari i Tehran n’abari mu nkengero zayo kuhava bagahunga, ndetse kandi ngo bakava n’ahantu hose hari ibikorwa remezo bya Iran.

Bigaragara neza ko Israel irusha imbaraga Iran inshuro nyinshi, kuburyo ishobora no gusenya ubutegetsi bwayo buriho igashyiraho ubundi, nk’uko n’ubundi yanabitangaje.

Iyi ntambara ya Iran na Israel igeze ku munsi wa gatanu, aho hari uguhangana gukomeye hagati y’impande zombi.

Mu ijoro ryo ku wa mbere Iran yohereje ibisasu muri Israel, ariko ntiharamenyekana ibyo byoba byarangije.

Perezida Donald Trump avuga ko Iran yari gusinya amasezerano ajyanye no gutunga intwaro kirimbuzi mu biganiro biteganyijwe hagati ya Amerika na Iran, iyo iza gucisha make ntihangane na Israel.

Ati: “Mu magambo yoroshye Iran ntabwo ishobora gutunga intwaro kirimbuzi.”

Yakomeje ati: “Narabivuze kenshi kandi mbisubiramo.”

Israel inyuze kuri minisitiri wayo w’intebe, Benjamin Netanyahu yasabye Amerika byeruye gufasha Israel ikivuna umwanzi wayo ukomeye.

Ati: “Amerika ni fashe Israel, kuko Iran yateye i Tel Aviv vuba izatera na Washington DC.”

Bwana Benjamin Netanyahu yanasobanuye ko intego nyamukuru ko bagiye guhindura ubutegetsi bw’i Tehran.

Mbere Iran yari yatangaje ko Amerika ni fasha Israel na yo izayigabaho ibitero.

Amerika rugikubita yabanje guhakana ko idafasha Israel, ariko mu makuru Iran yashyize hanze agaragaza ko mu bitero bya mbere, America ko ariyo yafashije Israel gufata amakuru no kugaba ibitero.

Ubundi kandi Amerika ni yo yafashije Israel mu kuzimya ibisasu Iran yateraga i Tel Aviv.

Mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa kabiri, amakuru avuga ko Iran yohereje mu kirere cya Israel drones 140.

Israel na yo iracyakomeje kurasa kuri Tehran.

Ndetse amakuru amwe avuga ko Israel yarashe televiziyo y’iki gihugu cya Iran ubwo abanyamakuru bari live batanga amakuru baisenya inyubako yayo irika hasi.

Hari n’amashusho yagiye hanze igihe c’isaha z’umugoroba w’ahar’ejo, agaragaza ibisasu biri guterwa kunyubako za televiziyo, kandi n’umunyamukuru wayo arimo kuyitangaho amakuru. Gusa uwo munyamakuru ntacyo yabaye , usibye ko televiziyo yasenywe.

Mbere yuko ingabo za Israel zisenya iriya televiziyo, minisitiri w’ingabo za Israel Katz, yari yatangaje ko televiziyo na radio bya Iran biza kuburirwa irengero.

Asobanura ko ari ibikoresho Iran ikoresha kugira ngo igumure abaturage.

Ahandi Israel yarashe harakongoka ni kubitaro bya Kermanshah.

Maze Iran ihita itegura ko igiye kugaba igitero gikaze kuri Israel cyo kwihorera.

Tags: AmerikaIntambaraIranIsrael
Share39Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Bushinwa bwagize icyo buvuga kuri Amerika yabushyiriyeho imisoro y’umurengera.

by Bruce Bahanda
August 12, 2025
0
U Bushinwa bwagize icyo buvuga kuri Amerika yabushyiriyeho imisoro y’umurengera.

U Bushinwa bwagize icyo buvuga kuri Amerika yabushyiriyeho imisoro y'umurengera. U Bushinwa bwanenze Leta Zunze ubumwe z'Amerika yabushyiriyeho imisoro y'umurengera zishingiye kukuba bugurira peteroli mu Burusiya. Byagarutsweho na...

Read moreDetails

Abanyamakuru ba Al-Jazeera barenga bane bishwe barashwe.

by Bruce Bahanda
August 11, 2025
0
Abanyamakuru ba Al-Jazeera barenga bane bishwe barashwe.

Abanyamakuru ba Al-Jazeera barenga bane bishwe barashwe. Indege y'igisirikare cya Israel yarashe abanyamakuru batanu b'igitangazamakuru cya Al-Jazeera bahita bitaba Imana. Amakuru avuga ko bagabweho igitero ubwo bari ku...

Read moreDetails

Rwanda Launches Nationwide Digital ID Initiative to Modernize Identity Management

by Bruce Bahanda
August 11, 2025
0
Rwanda Launches Nationwide Digital ID Initiative to Modernize Identity Management

Rwanda has officially embarked on the rollout of its new Single Digital Identification System (SDIS), a cutting-edge platform designed to revolutionize identity management in the country. The initiative,...

Read moreDetails

Icyemezo cya Israel cyo kwiyomekaho intara ya Gaza cyakuruye imivurungano.

by Bruce Bahanda
August 10, 2025
0
Icyemezo cya Israel cyo kwiyomekaho intara ya Gaza cyakuruye imivurungano.

Icyemezo cya Israel cyo kwiyomekaho intara ya Gaza cyakuruye imivurungano. Muri Israel abantu babarirwa mu bihumbi imirongo biraye mu mihanda y'umujyi w'i Tel Aviv, mu myigaragambyo yo kwamagana...

Read moreDetails

Abakuru b’ibihugu bibiri byahoraga birebana ayingwe kubera intambara ibera muri Ukraine, bagiye guhura.

by Bruce Bahanda
August 7, 2025
0
Abakuru b’ibihugu bibiri byahoraga birebana ayingwe kubera intambara ibera muri Ukraine, bagiye guhura.

Abakuru b'ibihugu bibiri byahoraga birebana ayingwe kubera intambara ibera muri Ukraine, bagiye guhura. Perezida Donald Trump wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, na perezida Vladimir Putin w'u Burusiya, bemeranyije...

Read moreDetails
Next Post
Icyikango cyari cyose mu Rugezi nyuma y’ibiteye ubwoba abariyo bari babonye.

Icyikango cyari cyose mu Rugezi nyuma y'ibiteye ubwoba abariyo bari babonye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?