Byakomeye, intambara ya Israel na Iran yahinduye isura mu buryo butangaje!
Perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika Donald Trump wari waravuze ko atazazivanga mu ntambara ya Israel na Iran, yasabye abari i Tehran kuhava bagatanga inzira maze akarimbura uwo murwa mukuru w’iki gihugu cya Iran gihanganye bikomeye na Israel inshuti yakataraboneka ya Leta Zunze ubumwe z’Amerika.
Ni bikubiye mu butumwa Donald Trump yatambukije ku rukuta rwe rwa Truth social, aho yagize ati: “Buri wese akwiye kuva i Tehran nonaha. Kugira ngo dukore akazi.”
Nyuma ya perezida Donald Trump, abategetsi bo muri Israel basabye abantu bari i Tehran n’abari mu nkengero zayo kuhava bagahunga, ndetse kandi ngo bakava n’ahantu hose hari ibikorwa remezo bya Iran.
Bigaragara neza ko Israel irusha imbaraga Iran inshuro nyinshi, kuburyo ishobora no gusenya ubutegetsi bwayo buriho igashyiraho ubundi, nk’uko n’ubundi yanabitangaje.
Iyi ntambara ya Iran na Israel igeze ku munsi wa gatanu, aho hari uguhangana gukomeye hagati y’impande zombi.
Mu ijoro ryo ku wa mbere Iran yohereje ibisasu muri Israel, ariko ntiharamenyekana ibyo byoba byarangije.
Perezida Donald Trump avuga ko Iran yari gusinya amasezerano ajyanye no gutunga intwaro kirimbuzi mu biganiro biteganyijwe hagati ya Amerika na Iran, iyo iza gucisha make ntihangane na Israel.
Ati: “Mu magambo yoroshye Iran ntabwo ishobora gutunga intwaro kirimbuzi.”
Yakomeje ati: “Narabivuze kenshi kandi mbisubiramo.”
Israel inyuze kuri minisitiri wayo w’intebe, Benjamin Netanyahu yasabye Amerika byeruye gufasha Israel ikivuna umwanzi wayo ukomeye.
Ati: “Amerika ni fashe Israel, kuko Iran yateye i Tel Aviv vuba izatera na Washington DC.”
Bwana Benjamin Netanyahu yanasobanuye ko intego nyamukuru ko bagiye guhindura ubutegetsi bw’i Tehran.
Mbere Iran yari yatangaje ko Amerika ni fasha Israel na yo izayigabaho ibitero.
Amerika rugikubita yabanje guhakana ko idafasha Israel, ariko mu makuru Iran yashyize hanze agaragaza ko mu bitero bya mbere, America ko ariyo yafashije Israel gufata amakuru no kugaba ibitero.
Ubundi kandi Amerika ni yo yafashije Israel mu kuzimya ibisasu Iran yateraga i Tel Aviv.
Mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa kabiri, amakuru avuga ko Iran yohereje mu kirere cya Israel drones 140.
Israel na yo iracyakomeje kurasa kuri Tehran.
Ndetse amakuru amwe avuga ko Israel yarashe televiziyo y’iki gihugu cya Iran ubwo abanyamakuru bari live batanga amakuru baisenya inyubako yayo irika hasi.
Hari n’amashusho yagiye hanze igihe c’isaha z’umugoroba w’ahar’ejo, agaragaza ibisasu biri guterwa kunyubako za televiziyo, kandi n’umunyamukuru wayo arimo kuyitangaho amakuru. Gusa uwo munyamakuru ntacyo yabaye , usibye ko televiziyo yasenywe.

Mbere yuko ingabo za Israel zisenya iriya televiziyo, minisitiri w’ingabo za Israel Katz, yari yatangaje ko televiziyo na radio bya Iran biza kuburirwa irengero.
Asobanura ko ari ibikoresho Iran ikoresha kugira ngo igumure abaturage.
Ahandi Israel yarashe harakongoka ni kubitaro bya Kermanshah.
Maze Iran ihita itegura ko igiye kugaba igitero gikaze kuri Israel cyo kwihorera.