Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Byatangajwe ko u Burusiya bwakoze ibitero bikomeye muri Ukraine.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 27, 2024
in Regional Politics
0
Byatangajwe ko u Burusiya bwakoze ibitero bikomeye muri Ukraine.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Byatangajwe ko u Burusiya bwakoze ibitero bikomeye muri Ukraine.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni amakuru yatangajwe n’abategetsi bo muri Ukraine, aho bavuze ko i bitero by’u Burusiya byishe abasivile mu gihugu cyabo( Ukraine), mu bitero by’indege z’intambara zitagira abapilote zizwi nka drone.

Ni ibitero aba bategetsi bavuga ko byagabwe mu karere ka Zaporizhzhia, mu majyepfo ashyira u Burasirazuba bw’iki gihugu.

Mbere, abagenzuzi b’ikirere ba Ukraine batahuye indege z’u Burusiya zagabye ibitero bya misile zihuta cyane zifite umuvuduko uri hejuru, zizwi nka hypersonic missile; ndetse igisirikare cya Ukraine kirwanira mu kirere cyavuze ko cyahanuye misile z’u Burusiya zigera muri zitanu na drone 60.

Abantu nibura batandatu baguye muri ibyo bitero byagabwe mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere, naho abandi bantu babarirwa muri za mirongo barakomeretse, ubwo uturere turenga kimwe cya kabiri cy’uturere twa Ukraine twagabwagaho ibitero na drone n’ibisasu bya misile by’u Burusiya.

Abantu bikinze ahategerwa gariyamoshi zigendera munsi y’ubutaka mu murwa mukuru Kyiv, ubwo baburigwaga ko hagiye kugabwa igitero giturutse mu kirere.

Ibikorwa remezo by’amashanyarazi byarashweho, bituma umuriro ubura mu mijyi myinshi, ndetse bigira ingaruka no kuburyo bwo kubona amazi.

Itangazo rya minisiteri y’ingabo z’u Burusiya ryavuze ko intwaro zidahusha zirasa kure zo mu kirere n’izirasa mu nyanja zakoreshejwe mu kurasa ku bigo by’ingufu z’amashanyarazi n’ibikorwa remezo bijyanye na zo muri Ukraine, harimo no mu murwa mukuru Kyiv, mu karere ka Lviv, mu karere ka Kharkiv no mu karere ka Odesa.
Perezida wa leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Joe Biden yavuze ko ibyo bitero ari agahomamunwa, avuga ko Amerika uzakomeza gufasha umuyoboro wa Ukraine.

Naho minisitiri w’ubabanye n’amahanga w’u Bwongereza, David Lammy yamaganye ibitero by’u Burusiya bya misile na drone by’u Burusiya ku bikorwa remezo bya gisivile.

Mu bitero bishya byo mu ijoro ryacyeye rishyira kuri uyu wa Kabiri, u Burusiya bwavuze ko bwateye misile 10, bunohereza drone 81.

Hotel yarashweho na misile yo mu bwoko bwa “ballistic” mu mujyi wa Kryvyi Rih mu ijoro ryo ku wa Mbere, yishe umugabo n’umugore, ndetse abandi bantu benshi barakomereka. Usibye ko byanavuzwe kandi ko hari abantu baburiwe irengero nyuma y’icyo gitero.

Uyu mujyi wa Kryvyi Rih ni wo perezida wa Ukraine Zelensky avukamo.

Ku rundi ruhande, umuyobozi mukuru wa karere ka Zaporizhzhia, Ivan Fedorov, yavuze ko abantu babiri bishwe, naho abandi bane barakomereka mu bitero bya drone.

Imbunda ziremereye nazo zumvikanye ahanini mu mijyi ya Sumy, Khmelnytsky na Mykolayiv.

Hanatahuwe uburyo bwo kurasa misile nyinshi zihuta cyane kurusha ijwi zo mu bwoko bwa ballistic zirasirwa mu kirere, zigorana ku bwirinzi bwo mu kirere mu kuzifata.

Mu mezi yavuba ashize, u Burusiya bwasubukuye ibitero byabwo ku muyoboro w’amashanyarazi wa Ukraine, bituma umuriro ubura kenshi mu gihugu.

Ku wa Mbere, perezida Zelensky Volodymyr yasabye inshuti za Ukraine zo mu Burengerazuba, zirimo u Bwongereza, Amerika n’u Bufaransa, guhindura amategeko yazo zikareka Ukraine igakoresha imbunda zayihaye , ikazirasisha kure cyane mu Burusiya.

Ukraine yemerewe gukoresha zimwe mu mbunda z’u Burengerazuba mu kurasa imbere mu Burusiya, ariko zitari intwaro zo kurasa mu ntera ndende.

Yagize ati: “Dushobora gukora byinshi kurushaho mu kurinda ubuzima bwa baturage bacu, ariko bikaba mu gihe ibihugu byo mu Burengerazuba byaduhanguye.”

               MCN
Tags: BikomeyeIbiteroMuri UkraineU Burusiya
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Andi makuru yavuzwe kuri Wazalendo na FDLR, imitwe y’itwaje imbunda ifasha FARDC kurwanya M23.

Andi makuru yavuzwe kuri Wazalendo na FDLR, imitwe y'itwaje imbunda ifasha FARDC kurwanya M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?