• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, December 25, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Byinshi wa menya ku nkomoko y’amakimbirane ya Israel na Palestine

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 16, 2025
in World News
0
Byinshi wa menya ku nkomoko y’amakimbirane ya Israel na Palestine
70
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Byinshi wa menya ku nkomoko y’amakimbirane ya Israel na Palestine

You might also like

U Burusiya Bwatangaje Gahunda yo Kubaka Uruganda rw’Amashanyarazi ku Kwezi bitarenze 2036

BREAKING NEWS: Urukiko Rukuru rwa Amerika Rwanze Gahunda ya Trump yo Kohereza Ingabo za Leta mu Mujyi wa Chicago

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Libya Yapfiriye mu Mpanuka y’Indege

Ikibazo cya Israel na Palestine gifatwa nka kimwe mu bibazo bimaze igihe kirekire, kandi kikaba ari nacyo ntandaro z’intambara zagiye ziyogoza u Burasirazuba bwo hagati mu myaka myinshi itandukanye.

Iyo iki kibazo kiganirwaho, hari ingingo ikunze kwibazwaho, hagati y’Abayahudi n’Abarabu. Ibyibazwaho n’ibi: “ni bande babanje gutura ku butaka uyu munsi bufatwa nka Israel na Palestine?”

N’abagerageje gusubiza iki kibazo babona ibisubizo bitandukanye, bitewe n’amateka y’aho baherereye. Ariko amateka yo agaragaza ko Abayahudi ari bo babaye muri aka gace ko mu Burasirazuba bwo hagati mu myaka irenga 3000 ishize.

Kuko ubwami bw’Abayuda buvugwa muri Bibiliya bwabarizwaga ku butaka uyu munsi buzwi nka Israel na Palestine. Abayahudi ni bo bagize itsinda rya mbere ry’abantu bemeye gukurikira inyigisho za Yesu nyuma y’urupfu rwe n’izuka rye. Aba ni bo babaye inkomoko y’ubukristo ni cyo cyitwa urusengero rwa mbere rwa Yerusalemu.

Mu mwaka wa 70 nyuma y’ivuka rya Yesu abanyaroma bateye Yerusalemu, mu ntambara izwi nk’iya mbere y’Abayahudi n’Abanyaroma yatangiye mu 66 irangira 73.

Muri uwo mwaka wa 70 ni bwo abanyeroma babashije kwigarurira Yerusalemu yose, bica Abayahudi abandi bafatwa bugwate, harimo n’abagurishijwe nk’abacakara. Abaje kurokoka ni bo baje gutatanira hirya no hino ku isi, ahanini mu bwami bw’Abanyeroma mu Burayi no mu majyaruguru ya Afrika.

Hagataho, Abarabu tubona ubu ntabwo bari batuye muri iki gice cyo mu Burasirazuba bwo hagati. Benshi babaga mu kigobe cy’Abarabu kizwi nka Arabia Peninsula haherereye mu majy’Epfo ashyira uburengerazuba bwa Aziya, agace kagizwe n’ubutayu. Amoko y’Abarabu yabayeho mbere bivugwa ko ari Aba-Bedouins.

Kandi Abarabu bo muri icyo gihe basengaga Imana nyinshi, Polytheism, gusa nyuma y’ivuka rya Islam Abarabu barayiyoboka hafi yabose .

Muri 632 nyuma y’urupfu rwa Muhammad, ukomokwamo idini rya Islam, Abarabu bari barayobotse Islam ku bwinshi batangiye intambara zo kwagura ubutaka bwabo n’imbibi z’idini ryabo.

Bamaze kwigarurira ikigobe cyose cya Peninsula mu buryo bw’uzuye, bakurikijeho igice cya Byzantine Levant ari cyo Syiria, Liban, Jordan na Palestine by’uyumunsi.

Muri 637 aba barabu bigaruriye Yerusalemu yari isigayemo Abayahudi bake, abandi barahungiye hirya no hino.

Muri 6346 bari barabanje kwigarurira Iraq y’uyu munsi tuzi.

Mu majyaruguru ya Afrika Abarabu bayobowe na Amr ibn al-as bigaruriye Misiri, Islam igenda yagukira no mu bindi bice byo mu majyaruguru y’umugabane wa Afrika.

Nyuma kandi Abarabu bigaruriye u Burasirazuba bwo hagati, ari na bwo batangiye gushinga amami nk’ubwami bwa Abbasid, n’ubundi bwa Ottoman.

Abarabu bakomeje kororoka umubare wabo urenga kure uw’Abayahudi muri aka gace, cyane ko benshi bari barahunze nyuma yo guterwa n’Abaroma.

Mu 1900 u butaka twita Israel na Palestine bwari igice cy’ubwami bwa Ottoman cyangwa se Ottoman Empire. Cyari gituwe n’abaturage b’abakrisitu, abayisilamu ndetse n’umubare muto w’Abayahudi babanaga mu mahoro.

Abatuye aka gace batangiye kumva bidahigije kuba abaturage b’iki gihugu bo mu bwoko bw’Abarabu, batangira kwiyita Abanya-Palestine.

Ibyo byabaye mu gihe mu Bayahudi na bo batangiye kuzana “Zionism” yo kuvuga ko u Buyahudi bidakwiye kuba izina gusa, ahubwo bikwiye no kujyana no kugira igihugu bisangamo, kuko bari bamaze igihe batotezwa aho babaga bari hirya no hino ku isi.

Mu myaka ya mbere y’ikinyejana cya 20 Abayahudi babarirwa mu bihumbi bari bamaze kwimukira kuri ubu butaka bwari bugize Ottoman Empire z bavuye mu Burayi.

Intambara ya mbere y’isi yabaye kuva mu 1914 kugeza mu 1918 yasize ubwami bwa Ottoman Empire butsinzwe ndetse mu 1922 buraseswa mu buryo budasubirwaho.

U Bufaransa n’u Bwongereza byemeranyije kwigabanya ibi bice byo mu Burasirazuba bwo hagati.

U Bwongereza ni bwo bwatwaye igice uyu munsi kibarizwamo Israel na Palestine bacyita ‘British Palestine.’ Mu minsi ya mbere iki gihugu cyakomeje kwemerera Abayahudi ko baza gutura muri iki gice bavuye hirya no hino mu Burayi, ariko uko umubare wabo wakomezaga kuzamuka barushagaho gushyamirana n’Abarabu.

Aho hari nyuma y’aho Abayahudi bakorewe jenocide izwi nka Holocaust ndetse isi yose itangira kubashyigikira kuko yabonaga ari bwo buryo bwonyine bazabasha kubaho bafite amahoro.

Ubwo Abayahudi bari bakomeje gusaba ko bahabwa igihugu cyabo, u Bwongereza bwayoboraga Palestine bagize impungenge ko bazashamirana n’Abarabu.

Mu 1947, umuryango w’Abibumbye wafashe umwanzuro wo kugabanya iki gihugu, Abayahudi bagafata igice cyabo n’Abarabu bagatafa icyabo. Umujyi wa Yerusalemu, buri ruhande bafata nk’ahantu hatagatifu, wagumye mu cyeragati ugirwa agace gahuriweho n’amahanga.

Abayahudi bemeye iyi gahunda ndetse mu 1948 batangaza ubwigenge bw’igihugu cyabo cya Israel.

Gusa Abarabu bo babonye iyi gahunda y’umuryango w’Abibumbye nk’uburyo bw’amayeri y’Abanya-Burayi bashaka kubibira ubutaka. Iyo ni yo yabaye intandaro y’ibihugu by’abarabu byihurije hamwe byiyemeza guhangana na Israel mu ntambara yabaye mu 1948.

Yari intambara yari igamije gushyiraho igihugu kimwe cya Palestine nk’uko byahoze mu gihe cy’ubukoloni bw’abongereza. Ni intambara Israel byaje kurangira iyitsinze ndetse ihita ifata umwanzuro wo kurenga imipaka yari yarashyizweho n’umuryango w’Abibumbye, ifata igice kinini cya Yerusalemu n’ubundi butaka bwagombaga kuba ubwa Palestine.

Israel byaje kurangira nanone igenzura ubutaka bwose uretse Gaza yagenzurwaga na Misiri na West Bank yagenzurwaga na Jordan.

Mu 1967 Israel yongeye kwisanga mu ntambara y’iminsi itandatu n’ibihugu bya by’abarabu, na yo byarangiye iyitsinze ndetse ifata na West Bank na Gaza. Bivuze ko yahise yigarurira ubutaka bwose bwahoze buzwi nka Palestine harimo na Yerusalemu.

Tags: AmakimbiraneIntambaraIsraelPalestine
Share28Tweet18Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

U Burusiya Bwatangaje Gahunda yo Kubaka Uruganda rw’Amashanyarazi ku Kwezi bitarenze 2036

by Bahanda Bruce
December 24, 2025
0
U Burusiya Bwatangaje Gahunda yo Kubaka Uruganda rw’Amashanyarazi ku Kwezi bitarenze 2036

U Burusiya Bwatangaje Gahunda yo Kubaka Uruganda rw’Amashanyarazi ku Kwezi bitarenze 2036 U Burusiya bwatangaje umugambi mushya wo kubaka uruganda rutanga amashanyarazi rukoresha ingufu za nucléaire ku kwezi,...

Read moreDetails

BREAKING NEWS: Urukiko Rukuru rwa Amerika Rwanze Gahunda ya Trump yo Kohereza Ingabo za Leta mu Mujyi wa Chicago

by Bahanda Bruce
December 24, 2025
0
Perezida Trump Yasobanuye Impamvu z’Ingenzi Zituma Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zishishikajwe na Greenland

BREAKING NEWS: Urukiko Rukuru rwa Amerika Rwanze Gahunda ya Trump yo Kohereza Ingabo za Leta mu Mujyi wa Chicago Urukiko Rukuru rw’Amerika rwafashe umwanzuro ukomeye kuri uyu wa...

Read moreDetails

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Libya Yapfiriye mu Mpanuka y’Indege

by Bahanda Bruce
December 24, 2025
0
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Libya Yapfiriye mu Mpanuka y’Indege

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Libya Yapfiriye mu Mpanuka y’Indege Mohammed Ali Ahmed Al-Haddad, wari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Libya, yapfiriye mu mpanuka y’indege yabaye ku wa Kabiri tariki...

Read moreDetails

Amerika Itangiye Igihe Gishya mu Ntambara zo mu Mazi, Trump Yatangaje Amato y’Intambara Azahindura Uko Isi Ibona Ububasha bwa Gisirikare

by Bahanda Bruce
December 23, 2025
0
Perezida Trump Yasobanuye Impamvu z’Ingenzi Zituma Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zishishikajwe na Greenland

Amerika Itangiye Igihe Gishya mu Ntambara zo mu Mazi, Trump Yatangaje Amato y’Intambara Azahindura Uko Isi Ibona Ububasha bwa Gisirikare Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald...

Read moreDetails

U Bushinwa Mu Ruhando Mpuzamahanga, Raporo Ivuga Iterambere Rikomeye ku Ntwaro za Kirimbuzi, Beijing Ikabyamagana Yivuye Inyuma

by Bahanda Bruce
December 23, 2025
0
U Bushinwa Mu Ruhando Mpuzamahanga, Raporo Ivuga Iterambere Rikomeye ku Ntwaro za Kirimbuzi, Beijing Ikabyamagana Yivuye Inyuma

U Bushinwa Mu Ruhando Mpuzamahanga, Raporo Ivuga Iterambere Rikomeye ku Ntwaro za Kirimbuzi, Beijing Ikabyamagana Yivuye Inyuma Mu gihe isi ikomeje kwinjira mu cyiciro gishya cy’ihangana rya politiki...

Read moreDetails
Next Post
Ay’indege bivugwa ko yahagurutse ku kibuga cy’indege cya Bujumbura igana muri RDC

Hamenyekanye icyatumye ikibuga cy'indege cya Bujumbura kimara amasaha arenga 10 kidakora

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?