• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Byongeye gukara Afrika y’Epfo yagaragaje ko igiye kurwanya umutwe wa M23.

minebwenews by minebwenews
February 12, 2025
in Regional Politics
0
Byongeye gukara Afrika y’Epfo yagaragaje ko igiye kurwanya umutwe wa M23.
111
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Byongeye gukara Afrika y’Epfo yagaragaje ko igiye kurwanya umutwe wa M23.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Igisirikare cya Afrika y’Epfo kirashinjwa kohereza izindi ngabo n’ibikoresho bikaze bya gisirikare muri Repubulika ya demokarasi ya Congo mu buryo bwibanga, hagamijwe kurwanya umutwe wa M23.

Aya makuru yashyizwe hanze n’igitangaza makuru cya Reuters aho cyavuze ko izo ngabo ziri hagati ya 700 na 800 kandi ko zamaze kugera i Lubumbashi aho zigomba kuva zigahita zerekeza mu Burasirazuba bwa RDC.

Kivuga ko FlightRadar24 yerekana ko indege ya IL-76, EX-76008, yakoze ingendo zihuza Lubumbashi na Pretoria hagati ya tariki ya 30 na tariki ya 7/02/2025.

Kinavuga kandi ko iyi ndege yagarukaga mu birindiro by’ingabo za Afrika y’Epfo zirwanira mu kirere biherereye i Pretoria.

Ni amakuru kandi yemejwe n’umukozi wo mu kibuga cy’indege cy’i Lubumbashi aho yavuze ko ingabo za Afrika y’Epfo iyi ndege yabazanaga n’ibikoresho bya gisirikare.

Reuters kandi yavuganye n’umuvugizi w’ingabo za Afrika y’Epfo, avuga nta makuru afite y’iyoherezwa ry’abasirikare i Lubumbashi. Ivuga ko yabahaye igisubizo ko atabyemeza cyangwa ngo abihakane.

Bamwe mu bategetsi bo muri Afrika y’Epfo bari kugaragaza ko icyo gihugu gikwiye kohereza izindi ngabo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo mu cyo bise gutanga isomo.

Minisitiri wa siporo n’umuco muri Afrika y’Epfo, Gayton McKenzie, aherutse kuvuga ko icyo gihugu gikwiye kohereza abandi basirikare muri Repubulika ya demokarasi ya Congo kugirango bihimure ku mutwe wa M23.

Minisitiri Gayton yabigarutseho ubwo abagize inteko ishinga mategeko muri Afrika y’Epfo bari mu kiganiro kigaruka byimbitse ku basirikare 14 ba Afrika y’Epfo baheruka gupfira mu Burasirazuba bwa RDC.

Yavuze ko gupfusha aba basirikare ari ugusuzugurwa kwa Afrika y’Epfo, asaba ko urubyiruko rwose rwategurwa rukagaba ibitero byo kwihorera ku mutwe wa M23.

Ati: “Twarasuzuguwe, Twarasuzuguwe, kandi tugomba kwigisha abantu isomo uwishe Umunya-Afrika y’Epfo.”

Perezida wa Afrika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, aherutse kuvuga ko abasirikare b’igihugu cye bagomba kuva muri Congo, ibyo bamwe bafashe nko kuyobya uburari, kuko atapfa guheba inyungu ahafite.

Hagataho, intambara hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta, iri kwerekeza i Bukavu aho igize iminsi ibera mu nkengero z’uyu mujyi.

Ndetse ihuriro rya Alliance Fleuve Congo(AFC/M23) riheruka gutangaza ko niba nta gikozwe Leta ya Kinshasa ngo ihagarike urugomo n’ubwicanyi bikorwa abatuye Bukavu, rijya kubohora abahatuye.

Tags: Afrika y'EpfoM23Rdc
Share44Tweet28Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Perezida w’u Burundi yanenze ingabo za RDC.

Perezida w'u Burundi yanenze ingabo za RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?