• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, July 27, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Diplomasi y’igihugu cya Congo-Kinshasa, iravugwamo uguhuzagurika gukaze, ndetse hamwe ishira ubwambure bw’iki gihugu ku karubanda.

minebwenews by minebwenews
May 14, 2024
in Regional Politics
0
Diplomasi y’igihugu cya  Congo-Kinshasa, iravugwamo uguhuzagurika gukaze, ndetse hamwe ishira ubwambure bw’iki gihugu ku karubanda.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Diplomasi y’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo iravugwamo uguhuzagurika gukaze.

You might also like

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

Mu minsi yavuba aha, i Kinshasa hafugufunguwe ambasade ya Ukraine, mu gihe iki gihugu cyari kiryohewe n’u Burusiya bwari bumaze igihe bwaragishinzemo imizi.

Minisitiri w’u banye n’amahanga wa RDC, Christophe Lutundula yemeje ko gufungura ambasade ya Ukraine i Kinshasa ari ugushimangira umubano na Ukraine bikaba no gukomeza ubufatanye mpuzamahanga.

Congo Kinshasa ikaba yari geze kumvikana mu ruhando mpuzamahanga yamagana u Burusiya ku ntambara yo muri Ukraine, aho ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi bushinja Vladimir Putin kuvogera ubusugire bw’igihugu cya Ukraine.

Rero, RDC guha ikaze Ukraine muri iki gihugu byerekana uguhuzagurika muri diplomasi, ni mu gihe iki gihugu gikorana n’u Burusiya cyitezemo ku kirimburira umutwe wa M23.

U Burusiya bukaba buha ibikoresho by’agisirikare Guverinoma ya Kinshasa, imyitozo ya gisirikare ndetse n’abacanshuro babafasha guhangana na M23.

Ahagana mu mpera z’u mwaka ushize, ambasaderi w’u Burusiya muri iki gihugu, Alexey Sentebov yatangaje ko ubusugire bwa RDC bugomba guharanirwa by’u mwihariko mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

Impuguke muri diplomasi zigaragaza ko gucudika kwa Congo na Ukraine bishobora kuzabyarira RDC amazi nk’i gisusa.

Kandi ko ayo masezerano ashobora kurogoya ku rwego rwo hejuru imikoranire y’u Burusiya na RDC kuva mu 1990.

Ni mu gihe perezida Félix Tshisekedi we avuga ko igihe kigeze ngo bivane mu bihugu bitanga amabwiriza ku bihugu by’Afrika, gusa yagera ku Bushinwa n’u Burusiya agasa n’u geze iwabo avuka.

Ati: “Abafatanyabikorwa bo hambere ntabwo buri gihe bubaha inyungu zacu. Ku rundi ruhande, u Burusiya n’u Bushinwa bakurikiza inzira ishingiye ku kubahana no guharanira inyungu.”

Ubwo perezida Félix Tshisekedi aheruka gusura u Bushinwa yongeye gushimangira ko azakorana n’u Bushinwa. U Bushinwa ni nacyo gihugu giha RDC imbunda zihambaye RDC nayo ika buha amabuye y’agaciro.

Abakuru b’ibihugu bombi banarebeye hamwe uko havugururwa amasezerano yo mu 2008 yemereraga u Bushinwa gutunda amabuye y’agaciro ya Congo ku ngurane y’ibikorwa remezo.

U Bushinwa bikanavugwa kandi ko ari bwo bufite akaboko kare kare mu mabuye y’agaciro acukurwa mu birombe byigaruriwe na M23, nta mwiryane urumvikana hagati y’iki gihugu n’abo barwanyi.

Kugeza ubu igihugu kizamuye ijwi mu gusaba M23 guhagarika intambara, ntayandi mananiza; ubutegetsi bwa Kinshasa buhita bugishimangiza, cyaba gifite imbunda kigahabwa isoko nta gutekereza Kabiri.

Izo mbunda zihabwa RDC nk’impano nizo zihindukizwa zikarasa igisirikare cy’iki gihugu kuko ziba zafashwe n’abarwanyi ba M23.

Kwitabaza ingabo za SADC nabyo biri mu byagaragaje ubwambure bwa diplomasi ya Congo, kubera ko iki gihugu ntako kitagize ngo gihindanye isura ya EAC cyayishinje kuba ibyitso bya M23, ariko n’abo biyambaje bakaba nta santimetero y’u butaka barambura M23.

Izi ngabo zija kwinjira mu Burasirazuba bwa RDC, abategetsi b’iki gihugu bavuze amagambo yari avanze n’ibitutsi bitagira ingano, kugera n’ubwo berura ko bashaka kuva mu muryango wa EAC.

Ibi biri mubayagaragaje imibari mike ya diplomasi ya Congo harimo kandi gukorana n’u Burundi butagira icyo bumarira iki gihugu usibye gucukura amabuye y’agaciro yo ku butaka bwa RDC.

Amakuru yagiye avuga ko ingabo z’u Burundi nta musaruro namuke zitanga ku rugamba ingabo z’iki gihugu zihanganyemo na M23, ngo nikimwe na Wazalendo, FARDC na FDLR.

Hari kandi ukwivuguruza kwa bayobozi ba leta ya Kinshasa usanga ibyasinywe na perezida Félix Tshisekedi hari abandi bayobozi baca inyuma bakabivuguruza.

Nk’amasezerano ya Luanda na Nairobi, ibya perezida Félix Tshisekedi atangaje bivuguruzwa na Muyaya cyangwa Lutundula n’abandi, ubonye uruvugiro wese abisobanura uko ashatse atitaye ku byashizweho umukono n’abakuru b’ibihugu.

Kinshasa ishinjwa guha imyanzuro ya Luanda agaciro ingingo zimwe izindi ikazirengangiza nkana.

Imyanzuro ya Luanda irimo ibijyanye n’impunzi z’Abanyekongo, imikoranire ya FARDC na FDLR, imvugo z’u rwango n’ibindi Congo yasabwe kubahiriza.

Kugeza ubu RDC igenda igereka ibibazo byayo biyigoye, ikabyegeka ku Rwanda, kugeza naho Tshisekedi yerura akavuga ko azarasa u Rwanda ngo agakuraho ubutegetsi bwa perezida Paul Kagame agashiraho ubwo ashaka.

        MCN.
Tags: Diplomasi ya CongoUbwambureUguhuzagurika
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mobutu Sese Seko ni umwe mu bategetsi...

Read moreDetails

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y'u Rwanda na Uganda MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)...

Read moreDetails

RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

RDC: Ubumwe bw'u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h'Igihugu MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Ubumwe bw'u Burayi (European Union – EU)...

Read moreDetails

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits MINEMBWE CAPITAL NEWS...

Read moreDetails

ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano

by Bahanda Bruce
July 23, 2026
0
ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano

ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu gitondo...

Read moreDetails
Next Post
Byibuze abantu babiri nibo bapfuye abandi benshi barakomereka mu gisasu cyatewe mu bice byo muri teritware ya Kalehe.

Byibuze abantu babiri nibo bapfuye abandi benshi barakomereka mu gisasu cyatewe mu bice byo muri teritware ya Kalehe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?