• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, March 5, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

FARDC iri guhiga Abasore ba Banyamulenge bukware mu Bibogobogo.

minebwenews by minebwenews
February 22, 2025
in Regional Politics
0
FARDC iri guhiga Abasore ba Banyamulenge bukware mu Bibogobogo.
90
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FARDC iri guhiga Abasore ba Banyamulenge bukware mu Bibogobogo .

You might also like

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC) gikorera mu Bibogobogo, cyazindutse kija gufata abasore bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bo muri ibyo bice, kibashinja gushigikira ibikorwa byo kwirwanaho.

Iki gisirikare kinyuze muri Col.Ntagawa Rubaba uyoboye batayo y’aba basirikare ireba aka gace ka Bibogobogo gasanzwe gatuwe n’Abanyamulenge batari bake, niwe wayoboye igitero cyagiye gufata abo basore b’Abanyamulenge.

Ahagana igihe c’isaha z’igitondo cya kare cyo kuri uyu wa Gatandatu nibwo Ntagawa yayoboye abasirikare bagabye kiriya gitero, akaba yakigabye mu gace gaherereyemo uwitwa Juvenenali uwo bashinja kuba ari we uyoboye ibikorwa byo kwirwanaho muri Bibogobogo.

Nk’uko iyi nkuru ibisobanura igira iti: “Col.Ntagawa uyoboye batayo y’ingabo za FARDC mu Bibogobogo, yazindutse aja gufata uyoboye ibikorwa byo kwirwanaho, Juvenali. Kubwamahirwe yahageze asanga nawe ari teguye.”

Ikomeza ivuga ko nyuma y’aho ingabo zari ziyobowe na Col. Ntagawa zasanze abasore bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bayobowe na Juvenili biteguye, zahise zisubira inyuma, ariko ko Imana ariyo yakinze ukuboko amaraso ntiyameneka.

Iyi nkuru ivuga kandi ko uyu musirikare wa FARDC yaba ashaka ko Leta y’i Kinshasa imugirira icyizere ikamwongerera “amapeti” binyuze “mugutoteza no guhiga bukware” abasore bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bazwi nk’abirwanaho.

Ati: “Ntagawa ashaka kwihesha amanota meza muri FARDC, kandi azi neza ko yatsinzwe.”

Ahar’ejo kandi nibwo aha mu Bibogobogo hageze ingabo z’u Burundi, aho zaje ziturutse i Baraka. Bivugwa ko zari zaje ku kibazo cy’abasore birwanaho bo muri Bibogobogo, kandi ko zari zahamagawe n’abachefs bafatanyije na FARDC yaha muri aka gace. Kimwecyo ntacyo ziragaragaza usibye ko zakoranye inama n’igipolisi n’abachefs ndetse n’abasirikare, nyuma zihita zerekeza ahitwa mu Bijanda, aho zagiye ziherekejwe n’abapolisi.

Aka gace ka Bibogobogo gaherereye mu ntera y’ibirometero nka 70 uvuye muri centre ya Minembwe ahatuwe n’Abanyamulenge benshi; abasore baho bakumirwa mu gushigikira Twirwaneho n’igisa nayo. Ahanini babibuzwa n’abasirikare ba leta ndetse, n’igipolisi n’abandi Banyamulenge bakorera mu kwaha k’u butegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Gusa, ibi byaranze kuko kugeza ubu hari abumva ko kwirwanaho bitazabura mu Banyamulenge aho baherereye hose muri Congo, mu gihe bataragera ku mahoro arambye.

Ibyo bibaye mu gihe ku munsi w’ejo hashize, Twirwaneho yafashe komine ya Minembwe n’inkengero zayo. Ni nyuma y’urugamba rukomeye rwayisakiranyije n’ingabo za Congo, aho zari zifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR na Wazalendo, birangira bahunze muri aka gace ubundi kigarurirwa na Twirwaneho.

Kuri ubu FARDC n’abariya bambari bayo barahunze berekeza i yo kwa Mulima izakomeza i Fizi ku izone n’i Baraka na Uvira, nk’uko amakuru aturuka muri ibyo bice abivuga.

Tags: AbanyamulengeBibogobogoTwirwaneho
Share36Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza Mu gihe ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera mu bice bitandukanye by’umugabane wa Afurika, Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje...

Read moreDetails

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

by Bahanda Bruce
March 4, 2026
0
Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

U Rwanda rwasubije abayobozi ba RDC bishimiye ibihano byafatiwe bamwe mu basirikare barwo na Amerika Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko ibihano bifatirwa uruhande rumwe...

Read moreDetails

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona Amakuru Minembwe Capital News dukesha inyandiko ya Pacifique Ninanahazwe, uhagarariye ishyirahamwe FECODE ritabariza Abarundi bari mu kaga, agaragaza...

Read moreDetails

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko yakiriye neza icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika...

Read moreDetails
Next Post
Nyuma ya Minembwe, Twirwaneho yigaruriye ikindi kigo cya FARDC gikomeye.

Nyuma ya Minembwe, Twirwaneho yigaruriye ikindi kigo cya FARDC gikomeye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?