Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

FARDC iri guhiga Abasore ba Banyamulenge bukware mu Bibogobogo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 22, 2025
in Regional Politics
0
FARDC iri guhiga Abasore ba Banyamulenge bukware mu Bibogobogo.
90
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FARDC iri guhiga Abasore ba Banyamulenge bukware mu Bibogobogo .

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC) gikorera mu Bibogobogo, cyazindutse kija gufata abasore bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bo muri ibyo bice, kibashinja gushigikira ibikorwa byo kwirwanaho.

Iki gisirikare kinyuze muri Col.Ntagawa Rubaba uyoboye batayo y’aba basirikare ireba aka gace ka Bibogobogo gasanzwe gatuwe n’Abanyamulenge batari bake, niwe wayoboye igitero cyagiye gufata abo basore b’Abanyamulenge.

Ahagana igihe c’isaha z’igitondo cya kare cyo kuri uyu wa Gatandatu nibwo Ntagawa yayoboye abasirikare bagabye kiriya gitero, akaba yakigabye mu gace gaherereyemo uwitwa Juvenenali uwo bashinja kuba ari we uyoboye ibikorwa byo kwirwanaho muri Bibogobogo.

Nk’uko iyi nkuru ibisobanura igira iti: “Col.Ntagawa uyoboye batayo y’ingabo za FARDC mu Bibogobogo, yazindutse aja gufata uyoboye ibikorwa byo kwirwanaho, Juvenali. Kubwamahirwe yahageze asanga nawe ari teguye.”

Ikomeza ivuga ko nyuma y’aho ingabo zari ziyobowe na Col. Ntagawa zasanze abasore bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bayobowe na Juvenili biteguye, zahise zisubira inyuma, ariko ko Imana ariyo yakinze ukuboko amaraso ntiyameneka.

Iyi nkuru ivuga kandi ko uyu musirikare wa FARDC yaba ashaka ko Leta y’i Kinshasa imugirira icyizere ikamwongerera “amapeti” binyuze “mugutoteza no guhiga bukware” abasore bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bazwi nk’abirwanaho.

Ati: “Ntagawa ashaka kwihesha amanota meza muri FARDC, kandi azi neza ko yatsinzwe.”

Ahar’ejo kandi nibwo aha mu Bibogobogo hageze ingabo z’u Burundi, aho zaje ziturutse i Baraka. Bivugwa ko zari zaje ku kibazo cy’abasore birwanaho bo muri Bibogobogo, kandi ko zari zahamagawe n’abachefs bafatanyije na FARDC yaha muri aka gace. Kimwecyo ntacyo ziragaragaza usibye ko zakoranye inama n’igipolisi n’abachefs ndetse n’abasirikare, nyuma zihita zerekeza ahitwa mu Bijanda, aho zagiye ziherekejwe n’abapolisi.

Aka gace ka Bibogobogo gaherereye mu ntera y’ibirometero nka 70 uvuye muri centre ya Minembwe ahatuwe n’Abanyamulenge benshi; abasore baho bakumirwa mu gushigikira Twirwaneho n’igisa nayo. Ahanini babibuzwa n’abasirikare ba leta ndetse, n’igipolisi n’abandi Banyamulenge bakorera mu kwaha k’u butegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Gusa, ibi byaranze kuko kugeza ubu hari abumva ko kwirwanaho bitazabura mu Banyamulenge aho baherereye hose muri Congo, mu gihe bataragera ku mahoro arambye.

Ibyo bibaye mu gihe ku munsi w’ejo hashize, Twirwaneho yafashe komine ya Minembwe n’inkengero zayo. Ni nyuma y’urugamba rukomeye rwayisakiranyije n’ingabo za Congo, aho zari zifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR na Wazalendo, birangira bahunze muri aka gace ubundi kigarurirwa na Twirwaneho.

Kuri ubu FARDC n’abariya bambari bayo barahunze berekeza i yo kwa Mulima izakomeza i Fizi ku izone n’i Baraka na Uvira, nk’uko amakuru aturuka muri ibyo bice abivuga.

Tags: AbanyamulengeBibogobogoTwirwaneho
Share36Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Nyuma ya Minembwe, Twirwaneho yigaruriye ikindi kigo cya FARDC gikomeye.

Nyuma ya Minembwe, Twirwaneho yigaruriye ikindi kigo cya FARDC gikomeye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?