• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

FARDC mu Minembwe yiswe agatsiko k’abambuzi.

minebwenews by minebwenews
November 6, 2024
in Regional Politics
1
FARDC mu Minembwe yiswe agatsiko k’abambuzi.
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FARDC mu Minembwe yiswe agatsiko k’abambuzi.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Bikubiye mu nyandiko sosiyete sivile yo muri Komine ya Minembwe mu misozi miremire y’Imulenge mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, yashize hanze tariki ya 04/11/2024.

Iy’inyandiko ya Sosiyete sivile iteweho umukono na visi perezida Mufashi Santos, igaragaza ko Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo(FARDC) zo muri brigade ya 21, iyobowe na Col. Jean Pierre Lwamba aho ifite icyicaro mu Minembwe muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Epfo, zikomeje kuhakorera ibikorwa bigayitse byo kwambura abaturage bahaturiye.

N’inyandiko zitangira zigira ziti: “Mutware Manutsi, umukozi wa Leta muri serivisi ishinzwe amabuye y’agaciro, yatawe muri yombi ku ya 02/11/2024 n’abasirikare ba FARDC bo muri brigade ya 21. Ingabo zimushinja ibinyoma ko ari umukozi w’ubutasi wa Twirwaneho.”

Zikomeza zigira ziti: “Ariko siyo mpamvu kuko aba basirikare babaye agatsiko k’abambuzi, mu minsi ishize bafashe umugabo ukora akazi k’ubwarimu w’imyaka 60 y’amavuko bamushinja ko Inka ze zariye drone y’abasirikare iheruka kuburirwa irengero, ntagihamya nakimwe cyabigaragaje, ariko yavuye muri gereza nyuma y’icyumweru kandi nabwo abanza gutanga $500.”

Sosiyete sivile kandi ika vuga ko “tariki ya 03/11/2024 ibintu nk’ibi byongeye kubaho aho Umuchef w’umuhana muto wa Runundu, Gahanuzi Budederi Rugemeka, yatawe muri yombi muburyo bunyuranyije n’amategeko, mu rwego rwo gukomeza kwambura abaturage.”

Iz’inyandiko za sosiyete sivile zigahamya ko ingabo za FARDC ziri gukora ibikorwa bihabanye na misiyo yazo igamije kurinda abaturage no kubungabunga umutekano wabo; hubwo ikabakorera iyica rubozo, hagamijwe ko bemere ibyo baregwa maze banyagwe utwabo, ndetse mu gihe batatswe ayo mafaranga bakoherezwa i Kinshasa ahafungiwe Abanyamulenge ibihumbi n’ibihumbi bose bazira ubwoko bwabo.

Sibyo byonyine Sosiyete sivile yagaragaje, kuko yashinje n’umusirikare mukuru ureba Batayo (bataillon) iri mu Mikenke kuba ari mu gufata abagore ku ngufu ni mu gihe mu Cyumweru gishize, uyu komanda yakubise umugore ibiti byinshi, amuziza kwanga gusambana n’umusirikare we.

Ikindi cyashyizwe muri iz’inyandiko n’uko bariya basirikare bakorera mu Mikenke baheruka kurasa amasasu menshi yo gupfusha ubusa, birangira akomerekeje umugabo w’umushi wakoraga akazi k’ubucuruzi, witwa Jean Paul Kibambazi. Kuri ubu ari kuvurirwa ku bitaro bikuru bya Mikenke.

Sosiyete sivile igasoza isaba ko aba basirikare bakorera mu Minembwe na Mikenke bavanwayo, bagatsimburwa n’abandi bashobora kugarura umutekano muri aka karere. Bitaruko ikabonako umutekano w’ibi bice wazahora uzambye.

Tags: AbambuziFardcMinembweSosiyete sivile
Share36Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Amerika: Donald Trump yegukanye umwanya w’umukuru w’igihugu.

Amerika: Donald Trump yegukanye umwanya w'umukuru w'igihugu.

Comments 1

  1. Ensuent says:
    10 months ago

    priligy dapoxetine amazon D F Higher magnification of arterioles and venules bottom insets in A C showing decreased arterial a smooth muscle cell coverage red fluorescence in Jag1iО”EC mutants

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?