Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Gen.Muhoozi yageze kwa Tshisekedi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 21, 2025
in Regional Politics
0
Gen.Muhoozi yageze kwa Tshisekedi.
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Gen.Muhoozi yageze kwa Tshisekedi.

You might also like

Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame.

Afrika y’epfo, mu burakari bwinshi yatangaje ikigiye kongera kuyisubiza muri RDC.

Perezida Trump yavuze impamvu akwiye guhabwa ishimwe rya Nobel ashiramo n’ibihugu byo mu karere RDC iherereyemo .

Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa perezida Museveni, General Kainarugaba Muhoozi, yagiriye uruzinduko rwa kazi i Kinshasa ku murwa mukuru wa Congo.

Ni uruzinduko yagiriye yo ku munsi w’ejo hashize tariki ya 20/06/2025.

Uru ruzinduko rwe i Kinshasa rugamije gusuzuma imigendekere y’ibikorwa bya gisirikare bizwi nka operation shujaa, ingabo za Uganda zifatanyamo n’iza Congo, mu rwego rwo kurandura umutwe w’iterabwoba wa ADF.

Ibi bikorwa ingabo z’ibihugu byombi zihuriyemo byatangiye mu mpera z’umwaka wa 2021.

Kuva “operation shujaa” yatangira, igisirikare cya Uganda cyakunze kwigamba kwicira mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Ituri abarwanyi benshi b’uyu mutwe wa ADF, barimo n’abari abayobozi bakuru bawo.

ADF icyakora iracyakomeje kwica abaturage benshi bo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Sosiyete sivili yo mu gace ka Njiapanda-Mangurejipa muri teritware ya Lubero, iheruka gutangaza ko ADF yishe abantu barenga 1,500 bo muri iriya teritware.

Amakuru kandi avuga ko uruzinduko rwa Muhoozi i Kinshasa runagamije gucubya umwuka mubi wagiye ututumba hagati ya RDC na Uganda, kubera ubutumwa Kainarugaba yagiye yandika ku mbuga nkoranyambaga.

Kuko akenshi Kainarugaba yagiye agaragaza ko ashyigikiye umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa.

Byitezwe ko Gen.Kainarugaba agomba guhura n’abayobozi batandukanye bo muri RDC, barimo umugaba mukuru w’Ingabo z’iki gihugu, Lt Gen Jules Banza Mwilambwa na perezida Felix Tshisekedi yaherukaga gutangaza ko azamugenderera.

Tags: KainarugabaKinshasaRdcUganda
Share36Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame.

by Bruce Bahanda
June 22, 2025
0
Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame.

Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame. Dr. Emmanuel Musinga wo mu bwoko bw'Abanyamulenge, kuri ubu utuye muri Leta Zunze...

Read moreDetails

Afrika y’epfo, mu burakari bwinshi yatangaje ikigiye kongera kuyisubiza muri RDC.

by Bruce Bahanda
June 22, 2025
0
Afrika y’epfo, mu burakari bwinshi yatangaje ikigiye kongera kuyisubiza muri RDC.

Afrika y'epfo, mu burakari bwinshi yatangaje ikigiye kongera kuyisubiza muri RDC. Igisirikare cya Afrika y'Epfo cyatangaje ko cyiteguye kongera gusubira muri Repubulika ya demokarasi ya Congo kurwanya umutwe...

Read moreDetails

Perezida Trump yavuze impamvu akwiye guhabwa ishimwe rya Nobel ashiramo n’ibihugu byo mu karere RDC iherereyemo .

by Bruce Bahanda
June 21, 2025
0
Perezida Trump yavuze impamvu akwiye guhabwa ishimwe rya Nobel ashiramo n’ibihugu byo mu karere RDC iherereyemo .

Perezida Trump yavuze ko kubera RDC n'u Rwanda, akwiye guhabwa ishimwe rya Nobel. Umukuru w'igihugu cya Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yatangaje ko byari bikwiye ko ahabwa...

Read moreDetails

U Burundi n’u Rwanda byaganiriye ku mubano wabyo.

by Bruce Bahanda
June 21, 2025
0
U Burundi n’u Rwanda byaganiriye ku mubano wabyo.

U Burundi n'u Rwanda byaganiriye ku mubano wabyo. Abayobozi bo mu nzego nkuru z'igihugu cy'u Burundi bagiriye uruzinduko rwakazi mu Rwanda bagirana ibiganiro n'abo muri iki gihugu. Ni...

Read moreDetails

U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

by Bruce Bahanda
June 20, 2025
0
U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n'ingaruka zaterwa n'intambara ya Israel na Iran. Guverinoma y'u Rwanda yatangaje ko u Rwanda rwashyizeho itsinda rihora rigenzura ibikomoka...

Read moreDetails
Next Post
Iby’ibitero byongeye kugabwa mu duce tw’i Mulenge, none tariki ya 19/06/2025.

Uduce ihuriro ry'Ingabo za Congo zarasiyemo mu nkengero za centre ya Minembwe.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?