Gen.Muhoozi yatumiye Abanyarwanda muri Uganda anabagaragariza impamvu yabyo.
Umugaba mukuru w’Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, umuhungu wa perezida Museveni, yatumiye Abanyarwanda muri Uganda ku basura mu buryo bwa kivandimwe, ngo bahidagadurire muri ibi bihe begereje kwinjira mu biruhuko.
Ni bikubiye mu butumwa bwanditse General Kainarugaba Muhoozi yatanze akoresheje urubuga rwa x, aho yagize ati: “Nshuti bavandimwe b’Abanyarwanda, mu gihe mwegereje iminsi mikuru ijyanye no kwobohora ku nshuro ya 31, n’ibiruhuko biri imbere, ndabatumira n’umutima wanjye wose; muze mudusure hano Uganda.”
Muhoozi ukunze gukoresha x cyane yahoze yitwa Twitter yakomeje ati: “Imipaka irafunguye, amahoro ni yose. Muze mwishime n’abavandimwe, musure inshuti n’imiryango, mwidagadure mu gihugu cyanyu, muhagurukane n’umunezero n’akanyamuneza. Uganda ni iyanyu, murisanga iwanyu. Mbifurije ibiruhuko byiza. Imana ibarinde.”
Muhoozi uvuga ibi yakunze kandi no kugaragaza ko u Rwanda ari mu rugo rwe rwa kabiri, ubundi kandi yagihe yumvikana atangaza ko perezida w’u Rwanda Paul Kagame ari se wabo, aho yagiye gira ati: “My uncle (data wacu), akavuga ko ari umwe mu bingenzi afatiraho icyitegererezo.
Mu kwezi kwa kane umwaka wa 2023, ubwo General Kainarugaba Muhoozi yizihizaga isabukuru y’imyaka 49 y’amavuko ye, yayizihirije mu Rwanda, anakirwa n’umuryango wa perezida Kagame mu kwizihiza ibi birori.