• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, January 29, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Gira ibyo umenya ku mirwano irimo urujijo hagati ya FARDC na FDLR.

minebwenews by minebwenews
September 28, 2024
in Regional Politics
0
Gira ibyo umenya ku mirwano irimo urujijo hagati ya FARDC na FDLR.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Gira ibyo umenya ku mirwano irimo urujijo hagati ya FARDC na FDLR.

You might also like

Jean Maurice Uwera Yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Leta y’u Rwanda: Ibyo Ukeneye Kumenya ku Muvugizi Mushya

Perezida Museveni yibutsa Amateka y’Urugamba rwo mu Mashyamba, Anenga Igitutu cy’Amahanga ku Miyoborere ya Uganda

Ishimutwa ry’Imishahara mu Gisirikare cy’u Burundi: Harasabwa Umucyo ku Mafaranga Yaburiwe Irengero mu Masaha Make

Mu mirwano iheruka kuba yo ku itariki ya 26/09/2024, ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC), zivugwaho kwitiranya FDLR n’umutwe wa APCLS ubarizwa mu ihuriro rya Wazalendo.

Ni imirwano bamwe mu bakora munzego zishinzwe umutekano muri Repubulika ya demokarasi ya Congo babwiye ibiro ntara makuru bya Bafaransa, AFP ko ari ibitero ingabo za FARDC zagabye mu duce two muri Shovu na Mubambiro hafi y’umujyi wa Sake ahari ibirindiro by’imitwe ya Wazalendo.

Ibyo bikaba byarabaye mu gihe n’ubundi umuvugizi w’igisirikare cya RDC mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Col Guillaume Ndjike Kaiko yari yashyize ifoto igaragaza insoresore zirimo bamwe bambaye imyambaro y’igisikare abandi y’igisivili. Aha yashakaga kugaragaza ko FARDC yataye muri yombi abarwanyi ba FDLR.

Yaje no gushira hanze ubutumwa buherekeza iriya foto, agira ati: “Nk’uko biri mu nshingano yazo, ingabo za FARDC zikomeje guhiga imitwe y’itwaje imbunda yose nta kuvangura.”

Usibye icyo gitero FARDC yariyagabye mu gace ka Shovu, yanaje kugaba ikindi ahitwa Lushagala, Sam na Lushayo haherereye mu Burengerazuba bw’u mujyi wa Goma.

Ibi bitero byarimo bigabwa kuri APCLS isanzwe iyobowe na Gen Jamvier Karairi Buingo. Iyi mirwano yasize abaturage benshi bahunze, ndetse hari n’amajwi y’abaturage yumvikanye avuga ko batazi ibiri kubera muri ibyo bice bya Lushagala.

Umwe mu bayobozi bo muri uyu mutwe wa APCLS yatangaje ko kugeza ubwo yarimo avuga, yari ataramenya icyatumye ingabo za FARDC zibagabaho ibitero. Yagize ati: “Nta bwo nzi mpamvu FARDC yafashe icyemezo cyo kudutera. Nategetse abarwanyi banjye kuhava by’agateganyo mu gihe dutegereje ko hakorwa iperereza. Ubu FARDC iri mu birindiro byacu yerekanye ko ari yo yaduteye.”

Rero, nk’uko ibiro ntara makuru by’Abafaransa, byabitangaje, byavuze ko FARDC yateye abarwanyi ba APCLS ataribo yari gambiriye gutera ko hubwo iri kurwanya umutwe wa FDLR.

Ibi biro ntara makuru by’Abafaransa, byanavuze kandi ko nk’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, kidafite ubutasi bukomeye, ntikizi gutandukanya abarwanyi ba FDLR n’imitwe ya Wazalendo, ngo kuko yose irakorana, ahanini bakorana igihe bagiye kurwanya umutwe wa M23.

Kimweho, ntibizwi niba ibyo bitero bizakomeza, cyangwa kugira ngo uzamenye icyo ibyo bitero byari bigamije biracyagoranye.

Ubufatanye hagati ya Wazalendo, igisirikare cya leta ya Kinshasa na FDLR, bukubiye mu masezerano izo mpande zose zasinyanye hagati mu mwaka w’ 2022.

         MCN.
Tags: APCLSFardcFDLRShovuUrujijoWazalendo
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Jean Maurice Uwera Yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Leta y’u Rwanda: Ibyo Ukeneye Kumenya ku Muvugizi Mushya

by Bahanda Bruce
January 29, 2026
0
Jean Maurice Uwera Yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Leta y’u Rwanda: Ibyo Ukeneye Kumenya ku Muvugizi Mushya

Jean Maurice Uwera Yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Leta y’u Rwanda: Ibyo Ukeneye Kumenya ku Muvugizi Mushya Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 28/01/2026, Perezida w’u Rwanda,...

Read moreDetails

Perezida Museveni yibutsa Amateka y’Urugamba rwo mu Mashyamba, Anenga Igitutu cy’Amahanga ku Miyoborere ya Uganda

by Bahanda Bruce
January 28, 2026
0
Perezida Museveni yibutsa Amateka y’Urugamba rwo mu Mashyamba, Anenga Igitutu cy’Amahanga ku Miyoborere ya Uganda

Perezida Museveni yibutsa Amateka y’Urugamba rwo mu Mashyamba, Anenga Igitutu cy’Amahanga ku Miyoborere ya Uganda Mu ijambo rikomeye ryagarutse ku mateka n’icyerekezo cya politiki ya Uganda, Perezida Yoweri...

Read moreDetails

Ishimutwa ry’Imishahara mu Gisirikare cy’u Burundi: Harasabwa Umucyo ku Mafaranga Yaburiwe Irengero mu Masaha Make

by Bahanda Bruce
January 28, 2026
0
Ishimutwa ry’Imishahara mu Gisirikare cy’u Burundi: Harasabwa Umucyo ku Mafaranga Yaburiwe Irengero mu Masaha Make

Ishimutwa ry’Imishahara mu Gisirikare cy’u Burundi: Harasabwa Umucyo ku Mafaranga Yaburiwe Irengero mu Masaha Make Mu gihe igihugu cy’u Burundi gikomeje guhura n’imbogamizi z’ubukungu n’imibereho igoye ku baturage...

Read moreDetails

RDC Yashizwe mu bihugu bya Afurika bifite igisirikare gikomeye kurusha ibindi muri 2026

by Bahanda Bruce
January 28, 2026
0
RDC Yashizwe mu bihugu bya Afurika bifite igisirikare gikomeye kurusha ibindi muri 2026

RDC Yashizwe mu bihugu bya Afurika bifite igisirikare gikomeye kurusha ibindi muri 2026 Mu mwaka wa 2026, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yongeye kugaragara ku rutonde rw’ibihugu...

Read moreDetails

Uko Igeragezwa ry’Intwaro za Kirimbuzi Rigenda Risigira Isi Ibikomere Bitazibagirana

by Bahanda Bruce
January 27, 2026
0
Uko Igeragezwa ry’Intwaro za Kirimbuzi Rigenda Risigira Isi Ibikomere Bitazibagirana

Uko Igeragezwa ry’Intwaro za Kirimbuzi Rigenda Risigira Isi Ibikomere Bitazibagirana Raporo nshya yashyizwe ahagaragara n’umuryango Norwegian People’s Aid (NPA) igaragaza ishusho iteje impungenge ku ngaruka ndende z’igeragezwa ry’intwaro...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wa menya  ku cyo Iran igiye gukora nyuma y’urupfu rwa Nasrallah wishwe n’igisirikare cya Israel.

Ibyo wa menya ku cyo Iran igiye gukora nyuma y'urupfu rwa Nasrallah wishwe n'igisirikare cya Israel.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?