Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Gira ibyo umenya kuri Kamala Harris na Donald Trump, bakomeje kugaragara ko begeranye mu majwi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 5, 2024
in Regional Politics
0
Gira ibyo umenya kuri Kamala Harris na Donald Trump, bakomeje kugaragara ko begeranye mu majwi.
83
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Gira ibyo umenya kuri Kamala Harris na Donald Trump, bakomeje kugaragara ko begeranye mu majwi.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, uyu munsi ni wo wanyuma w’amatora.
Ibipimo by’amajwi y’abashobora gutora bikomeje kwerekana ko bombi begeranye cyane.

Leta zirindwi ni zo zishobora kubakiranura, kuko rimwe ziha amajwi menshi Abademokarate, ubundi zikayaha Abarepulikani. Izo ni Pennsylvania, Georgia, North Carolina, Michigan, Arizona, Wisconsin na Nevada.

Bwana Donald Trump yemeza ko ari we uri imbere. Abisobanura yagize ati: “Kubera ko ari twe turi kwisonga kure, igisigaye ni uko dusohoka n’iyonka, dutore.”

Naho kandida Harris Kamala, asanga igihugu cyose cyaragarukiye impinduka. Aragira ati: “Ndabona igihugu kirangamiye gutera umugongo urwango n’amacakubiri, no gufata indi nzira ijya imbere. Aho nyura hose, mbona Abanyamerika bo muri leta zitwa ko ari iz’abademokarate no mu zitwa iz’abarepulikani biteguye kwandika amateka aganisha ku butabera.”

Gutora ku rwego rw’igihugu byatangiye mu kwezi kwa Cyenda buhoro buhoro muri Leta zitandukanye. Abaturage bamwe bajya ku biro by’itora. Abandi batora banyujije impapuro zabo mw’iposita. Kugeza ubu, abamaze gutora bararenga miliyoni 76,4. Abaturage bafite cyangwa barengeje imyaka 18 y’ubukuru bose biyandishije kugirango batore barenze miliyoni 186.5.

Aya matora kandi arimo ay’abaguverineri ba leta 11, n’indi myamya myinshi cyane yo ku nzego z’ibanze mu gihugu cyose.

Ni amatora kandi afite umwihariko ko ashobora guteza imvurururu zidasanzwe. Muri leta ya Washington, iri mu Burengerazuba bw’iki gihugu, abantu batwitse udusanduku two gushyiramo impapuro z’amatora. Guverineri Jay Inselee yategetse National Guard zirinda uyu mujyi ayoboye, kwitegura no guhora ziryamiye amajanja.

Ni ko bimeze no muri za leta ya Oregon, Nevada, Pennsylvania, Michigan, na Georgia, ibiro biberamo amatora n’ibyamabarura y’amajwi babibigose, nk’uko iy’inkuru yatangajwe n’ijwi ry’Amerika.

Mu murwa mukuru w’igihugu, Washington DC, ingoro y’inteko ishinga mategeko, iy’umukuru w’igihugu, icumbi rya visi perezida wa Repubulika bizengurutswe n’inzitiro z’ibyuma, ndetse no kuri kaminuza Howard. Aha ni naho Kamala Harris yateganyije kuguma irijoro arindiriye iby’amatora.

Mu gihe bwana Trump we byavuzwe ko ari bugume muri leta ya Florida. Ariko muri rusange abayobozi ba Polisi batangaje ko bamaze igihe kingana n’umwaka bategura ingamba zo guhangana n’imidugararo ishobora kuba yakwaduka bitewe n’ibyava mu matora.

Tags: AmerikaDonaldKamala Harris
Share33Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
FARDC mu Minembwe yiswe agatsiko k’abambuzi.

FARDC mu Minembwe yiswe agatsiko k'abambuzi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?