• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, September 5, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibwiriza ryahawe ingabo z’u Burundi zoherejwe muri Kivu y’Epfo kurwanya m23, rirakomeye.

minebwenews by minebwenews
March 6, 2025
in Regional Politics
0
Rwambikanye mu Kibaya cya Rusizi hagati ya m23 n’ihuriro ry’ingabo za Congo.
147
SHARES
3.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibwiriza ryahawe ingabo z’u Burundi zoherejwe muri Kivu y’Epfo kurwanya m23, rirakomeye.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, akomeje kwenyegeza intambara mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ni mu gihe yohereje ingabo 15000 muri Kivu y’Amajyepfo mu rwego rwo kugira ngo zirukane burundu umutwe wa m23 muri iyi ntara.

Amakuru dufite avuga ko u Burundi bwohereje ingabo zabwo zirenga 15000 muri Kivu y’Epfo, hashingiwe ku masezerano iki gihugu cy’u Burundi cyagiranye n’icya RDC mu kwezi kwa munani umwaka w’2023 yo kwifatanya mukurwanya m23.

Perezida Evariste Ndayishimiye, nyuma yogusinya iryo sezerano, yahawe ishimwe rya miliyoni 2 z’amadolari y’Amerika. Buri musirikare w’u Burundi uri kuri uru rugamba yagombaga kujya yishyurwa amadolari 5000 ku kwezi, gusa byarangiye umuto yishuwe amadolari 70, ofisiye yishyurwa 100.

Ibihumbi by’abasirikare b’u Burundi byiciwe muri Kivu y’Amajyaruguru mu mwaka ushize. Abandi banze kurwana, baracyuwe, bagezeyo barafungwa. Harimo n’abandi bagiye biyambura imyenda y’igisirikare bakibera abaturage bo muri Congo.

Mu kwezi kwa mbere uyu mwaka, abasirikare 48 b’u Burundi banze kurwanya m23, bahita bajanwa gufungirwa ahantu hibanga, bashinjwa kwigomeka.

Ubwo perezida w’u Burundi yahuraga n’abahagarariye ibihugu byabo i Bujumbura tariki ya 27/02/2025, yatangaje ko ashyigikiye ko intambara yo mu Burasizuba bwa RDC yakemurwa mu nzira y’amahoro, ariko ibikorwa bye bihabanye n’aya magambo.

Amakuru ava i Uvira avuga ko Ndayishimiye yohereje abasirikare benshi muri iki gice cyo muri Kivu y’Amajyepfo, kugira ngo bakure m23 mu bice yafashe, birimo umujyi wa Bukavu n’ikibuga cy’indege cya Kavumu.

Aba basirikare bagaragaye i Uvira, mu Kibaya cya Rusizi, abandi bazamutse imisozi ya Uvira, ndetse abandi bakomeza umuhanda wa Uvira-Baraka muri Fizi.

Kohereza aba basirikare muri Congo ntibigamije gusa gusahaka inyungu bwite kwa Ndayishimiye, ahubwo binashimangira ingengabitekerezo yo kwanga Abatutsi ahuriyeho na perezida Felix Tshisekedi ndetse n’umutwe wa FDLR wagize uruhare muri jenocide yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Yaba Ndayishimiye cyangwa Tshisekedi na FDL, bumva ko m23 ari umutwe ugizwe n’Abatutsi gusa, babishingiye kukuba barwanira Abanye-Congo bamaze imyaka myinshi batotezwa.

Ahagana tariki ya 23/02/2025, ni bwo kandi abasirikare b’u Burundi bavuzwe mu Kibaya cya Rusizi kiri hagati ya Mitumba n’uruzi rwa Rusizi, rutandukanya RDC, u Burundi n’u Rwanda.

Aba basirikare b’u Burundi bamaze kwambuka i Uvira bavuye i Bujumbura mu Burundi bahawe itegeko ko uzogerageza kwambuka uruzi rwa Rusizi, asubira i Burundi, azaraswa nk’umwanzi wese ushobora gutera iki gihugu cy’u Burundi.

Abandi basirikare b’u Burundi benshi bakoresha imbunda nini boherejwe ku mupaka wa Vugizo ku ruhande rw’u Burundi, ndetse bahafite na drone igenzura umutekano n’imbunda nini za 120mm na 122mm.

Nyamara bamwe bo mu ngabo z’u Burundi ntibumva ukuntu bakomeza kugaba ibitero kuri m23 bonyine, mu gihe ingabo za Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC) n’imitwe igize ihuriro rya Wazalendo bo badashaka kurwana. Ni mu gihe kandi hari abandi bayobozi bakuru mu gisirikare cya RDC batumva uburyo abasirikare babo bakomeza gupfira muri iyi ntambara.

Ikindi n’uko ubutumwa bw’ingabo z’u Burundi bwakomeje guteza impaka, ubwo byamenyekanaga ko amafaranga menshi yagenewe aba basirikare ajya mu mufuka wa Ndayishimiye. Hari abinubira kujya ku rugamba batazi impamvu yarwo no kubura ibikoresho bihagije.

Tags: IbwirizaIngabo z'u Burundi
Share59Tweet37Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Muri Katanga barashinja Tshisekedi n’umuryango we kubasahura.

Muri Katanga barashinja Tshisekedi n'umuryango we kubasahura.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?