Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye icyo perezida w’u Rwanda yaganiriye n’umujyanama wa perezida Trump.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 9, 2025
in Regional Politics
0
Hamenyekanye icyo perezida w’u Rwanda yaganiriye n’umujyanama wa perezida Trump.
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye icyo perezida w’u Rwanda yaganiriye n’umujyanama wa perezida Trump.

You might also like

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame aheruka kwakira mu biro bye Massad Boulos umujyanama mukuru wa perezida Donald Trump wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika; baganira ku mu tekano muke uri mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Tariki ya 08/04/2025, ni bwo perezida Kagame yakiriye Massad Boulos, hari nyuma yuko yari amaze iminsi mike avuye ku bonana na Tshisekedi wa RDC.

Bizwi ko Massad Boulos asanzwe ari umujyanama mukuru wa perezida Donald Trump kubijanye na Afrika.

Ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, ubutumwa byatambukije nyuma y’aho Boulos yari amaze kubonana na perezida Paul Kagame, byavuze ko “ibiganiro byabo ari ingirakamaro ku mikoranire igamije amahoro arambye mu karere k’ibiyaga bigari, ndetse na gahunda zigamije kuzamura ishoramari rya Leta Zunze ubumwe z’Amerika mu nzego z’ingenzi mu Rwanda no mu karere kose.”

Massad ukoze uruzinduko rwe rwa mbere muri Afrika nk’umujyanama wa Trump kuri Afrika, nyuma yo kwakirwa na perezida Paul Kagame, yatangaje ko ubuyobozi bwa Trump bwakomeje gushyigikira amahoro mu karere k’ibiyaga bigari.

Ati: “Njye na perezida Kagame twaganiriye ku cyerekerezo cy’imikoranire ya hafi, gishingiye ku ituze n’amahoro dore ko ari byo musingi w’iterambere ry’ubukungu.”

Boulos wahuye na Tshisekedi muri RDC, perezida Museveni wa Uganda, perezida Ruto wa Kenya na Paul Kagame w’u Rwanda, yavuze ko yabonye ko ari ngombwa ko aka karere kagira amahoro.”

Yagarutse kandi ku bikorwa by’ishoramari bya za kompanyi z’Abanyamerika zikorera mu Rwanda no mu karere, n’uburyo zikeneye gukorera mu mahoro asesuye muri aka karere.

Ati: “Hari ibigo by’ubucuruzi byinshi by’Abanyamerika byamaze gushora imari mu Rwanda, hashingiwe ku cyerekerezo cyo kuba ku isonga mu bukungu. Twiteguye gukorana n’u Rwanda kugera kuri iyi ntego, ari na yo mpamvu ari ingenzi ko haboneka umuti w’amakimbirane ari mu Burasizuba bwa Congo, mu rwego rwo gukuraho icyabangamira amahirwe ahari.”

Yasoje ashimira u Rwanda ku musanzu rugira mu mahoro ku mugabane wa Afrika, anashimira Leta Zunze ubumwe z’Amerika zishigikiye ko amakimbirane yose abonerwa umuti binyuze mu nzira z’amahoro.

Tags: AmerikaKagameMassadRwanda
Share36Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails
Next Post
Rwanda and Trump, The  Discussion You Need to Know About!

Rwanda and Trump, The Discussion You Need to Know About!

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?