Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye igihe amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na RDC azasinyigwa imbere ya Trump, n’uburyo bizakorwa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 2, 2025
in Regional Politics
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano y’amateka akomeye.
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye igihe amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na RDC azasinyigwa imbere ya Trump, n’uburyo bizakorwa.

You might also like

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

U Rwanda, Repubulika ya demokarasi ya Congo na Leta Zunze ubumwe z’Amerika, byamaze kwemezanya ko amasezerano y’amahoro bizayateraho umukono imbere ya perezida Donald Trump mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka wa 2025, umuhango wabyo ukazabera muri White House muri Amerika.

Biteganyijwe ko perezida Felix Tshisekedi wa Congo na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame ari bo bazayateraho umukono.

Uwo munsi nyine hazasinywa ayo masezerano y’amahoro, ndetse ngo hanasinywe n’andi ajanye n’ubukungu hagati ya Leta Zunze ubumwe z’Amerika n’ibi bihugu byombi. Mu gihe bitohinduka byitezwe ko ishoramari rinini rya Amerika rizahita ritangira gukora muri ibi bihugu.

Nk’uko Amerika ibisobanura, ayo masezerano y’amahoro azungukira buri ruhande, kandi atange igisubizo kirambye cy’ibibazo bimaze imyaka myinshi bibangamiye akarere.

Ubundi kandi u Rwanda rubinyujije kuri minisitiri warwo w’ubanye n’amahanga, Olivier Nduhungurehe, yatangaje ko kuri uyu munsi tariki ya 02/05/2025, kwaribwo buri ruhande rutanga ibigomba gukorwa kuri aya masezerano.

Ku wa kane w’iki cyumweru, umujyanama wa perezida Donald Trump muri Afrika, Massad Boulos, yari yatangaje ko ibihugu byombi byamaze gukora akazi gakomeye kubijyanye n’ibigomba gukorwa kuri uwo mushinga , kandi ko ntakabuza ibi bihugu biza gutanga impapuro za nyuma kuri uyu wa gatanu.

Boulos yatangaje ibi nyuma y’aho habaye ibiganiro byahuje u Rwanda, RDC na Qatar i Doha . Ni ibiganiro amakuru avuga ko buri ruhande rwari rwabyoherejemo intumwa zayo zikora mu nzego z’umutekano n’ubutasi.

Ubundi kandi umunyamabanga wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika ushyinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, yemeye ko azongera guhura na ba minisitiri b’ubanye n’amahanga ba RDC n’u Rwanda bakemereza hamwe.

Mu gihe ibyo byarangiye, hazakurikiraho gahunda yo gutegura isinywa rya nyuma. Byitezwe ko Trump azakira muri White House, perezida Felix Tshisekedi na mugenzi we perezida Paul Kagame, amasezerano agashyirwaho umukono.

Binitezwe ko muri uwo muhango ko hazatumizwa n’abandi bakuru bibihugu batandukanye bagize uruhare mu rugendo rwaganishije ku gushakira umuti ikibazo cy’umutekano muke mu Burasizuba bwa Congo.

Mbere yuko amasezerano asinywa, Amerika isobanura ko impande zombi hari ibyo zigomba kuzabanza kumvikanaho. Birimo ko RDC igomba gukemura burundu ibibazo by’umutekano birimo n’ikibazo cya FDLR.

Congo kandi igomba kuzabanza kurangiza amavugurura y’imbere mu gihugu ajyanye n’imiyoberere nogusaranganya inyungu mu materitware ayigize.

Ibihugu byombi bigomba kandi kuzemera ko buri kimwe hari amasezerano kigomba kugirana na Amerika ajyanye n’ubukungu.

Nyamara kandi ku wa gatatu w’iki cyumweru, hashyizweho komite igamije kugenzura uburyo izi ngingo zigomba kubahirizwa, irimo Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Qatar, u Bufaransa na Togo ihagarariye umuryango wa Afrika Yunze ubumwe.

Ikindi cyakozwe, ni uko hakuweho ibiganiro byabaga binyuze muri gahunda ya EAC na SADC, bikaba byarahurijwe mu mutaka wa Afrika Yunze ubumwe, bivuze ko bizajya bikorwa birangajwe imbere na Togo.

Tags: Amasezerano y'amahoroRdcRwanda
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye. Butoti Paul, umusaseridoti wa kiliziya gatolika i Bujumbura, yahagaritswe n'inzego zishinzwe umutekano kubera misa yasomeye muri ekeleziya gatolika. Ku...

Read moreDetails

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Nyuma yo guhura n'abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye muri Congo, akaba n'umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita yizeye ko...

Read moreDetails

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Ibyo gusinya amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo si byanone. Mu gihe Leta Zunze ubumwe z'Amerika zifuza ko u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo muri...

Read moreDetails

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi. Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari mu bantu bahora hafi ya Joseph Kabila Kabange, akaba n'umujyamama we, ni...

Read moreDetails

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Kenya Department of Refugee Service Cracks Down on SIM Card Fraud The Department of Refugee Service (DRS) has issued a stern warning to refugees in Kenya, urging them...

Read moreDetails
Next Post
Icyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri RDC basabye amahanga.

Icyo abatavuga rumwe n'ubutegetsi muri RDC basabye amahanga.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?