• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, August 16, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye igihe amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na RDC azasinyigwa imbere ya Trump, n’uburyo bizakorwa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 2, 2025
in Regional Politics
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano y’amateka akomeye.
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye igihe amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na RDC azasinyigwa imbere ya Trump, n’uburyo bizakorwa.

You might also like

Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu.

Intambara ihuza FARDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda na zo ngo zishobora kuyinjiramo, soma inkuru irambuye.

Gen.Muhoozi yongeye kuvuga uburyo UPDF na RDF ari abavandimwe, anahishyura gahunda bafitanye.

U Rwanda, Repubulika ya demokarasi ya Congo na Leta Zunze ubumwe z’Amerika, byamaze kwemezanya ko amasezerano y’amahoro bizayateraho umukono imbere ya perezida Donald Trump mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka wa 2025, umuhango wabyo ukazabera muri White House muri Amerika.

Biteganyijwe ko perezida Felix Tshisekedi wa Congo na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame ari bo bazayateraho umukono.

Uwo munsi nyine hazasinywa ayo masezerano y’amahoro, ndetse ngo hanasinywe n’andi ajanye n’ubukungu hagati ya Leta Zunze ubumwe z’Amerika n’ibi bihugu byombi. Mu gihe bitohinduka byitezwe ko ishoramari rinini rya Amerika rizahita ritangira gukora muri ibi bihugu.

Nk’uko Amerika ibisobanura, ayo masezerano y’amahoro azungukira buri ruhande, kandi atange igisubizo kirambye cy’ibibazo bimaze imyaka myinshi bibangamiye akarere.

Ubundi kandi u Rwanda rubinyujije kuri minisitiri warwo w’ubanye n’amahanga, Olivier Nduhungurehe, yatangaje ko kuri uyu munsi tariki ya 02/05/2025, kwaribwo buri ruhande rutanga ibigomba gukorwa kuri aya masezerano.

Ku wa kane w’iki cyumweru, umujyanama wa perezida Donald Trump muri Afrika, Massad Boulos, yari yatangaje ko ibihugu byombi byamaze gukora akazi gakomeye kubijyanye n’ibigomba gukorwa kuri uwo mushinga , kandi ko ntakabuza ibi bihugu biza gutanga impapuro za nyuma kuri uyu wa gatanu.

Boulos yatangaje ibi nyuma y’aho habaye ibiganiro byahuje u Rwanda, RDC na Qatar i Doha . Ni ibiganiro amakuru avuga ko buri ruhande rwari rwabyoherejemo intumwa zayo zikora mu nzego z’umutekano n’ubutasi.

Ubundi kandi umunyamabanga wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika ushyinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, yemeye ko azongera guhura na ba minisitiri b’ubanye n’amahanga ba RDC n’u Rwanda bakemereza hamwe.

Mu gihe ibyo byarangiye, hazakurikiraho gahunda yo gutegura isinywa rya nyuma. Byitezwe ko Trump azakira muri White House, perezida Felix Tshisekedi na mugenzi we perezida Paul Kagame, amasezerano agashyirwaho umukono.

Binitezwe ko muri uwo muhango ko hazatumizwa n’abandi bakuru bibihugu batandukanye bagize uruhare mu rugendo rwaganishije ku gushakira umuti ikibazo cy’umutekano muke mu Burasizuba bwa Congo.

Mbere yuko amasezerano asinywa, Amerika isobanura ko impande zombi hari ibyo zigomba kuzabanza kumvikanaho. Birimo ko RDC igomba gukemura burundu ibibazo by’umutekano birimo n’ikibazo cya FDLR.

Congo kandi igomba kuzabanza kurangiza amavugurura y’imbere mu gihugu ajyanye n’imiyoberere nogusaranganya inyungu mu materitware ayigize.

Ibihugu byombi bigomba kandi kuzemera ko buri kimwe hari amasezerano kigomba kugirana na Amerika ajyanye n’ubukungu.

Nyamara kandi ku wa gatatu w’iki cyumweru, hashyizweho komite igamije kugenzura uburyo izi ngingo zigomba kubahirizwa, irimo Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Qatar, u Bufaransa na Togo ihagarariye umuryango wa Afrika Yunze ubumwe.

Ikindi cyakozwe, ni uko hakuweho ibiganiro byabaga binyuze muri gahunda ya EAC na SADC, bikaba byarahurijwe mu mutaka wa Afrika Yunze ubumwe, bivuze ko bizajya bikorwa birangajwe imbere na Togo.

Tags: Amasezerano y'amahoroRdcRwanda
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu.

by Bruce Bahanda
August 15, 2025
0
Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu.

Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu. Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi n'umugaba mukuru w'Ingabo z'icyo gihugu, General Prime Niyongabo, bararebana ay'ingwe bapfa amabuye...

Read moreDetails

Intambara ihuza FARDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda na zo ngo zishobora kuyinjiramo, soma inkuru irambuye.

by Bruce Bahanda
August 15, 2025
0
Intambara ihuza FARDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda na zo ngo zishobora kuyinjiramo, soma inkuru irambuye.

Intambara ihuza ingabo za RDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda nazo ngo zishobora kuyinjiramo, soma Inkuru irambuye. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko mu gihe...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yongeye kuvuga uburyo UPDF na RDF ari abavandimwe, anahishyura gahunda bafitanye.

by Bruce Bahanda
August 14, 2025
0
Auto Draft

Gen. Muhoozi yongeye kuvuga uburyo UPDF na RDF ari abavandimwe anahishyura gahunda bafitanye. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi yatangaje ko igisirikare cya Uganda n'icy'u Rwanda...

Read moreDetails

Byakaze Imbonerakure zirwana muri RDC zashinje Leta yabo kuzihenda.

by Bruce Bahanda
August 14, 2025
0
Byakaze Imbonerakure zirwana muri RDC zashinje Leta yabo kuzihenda.

Byakaze Imbonerakure zirwana muri RDC zashinje Leta yabo kuzihenda. Imbonerakure zirwanya ihuriro rya AFC/M23/MRDP mu burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, zirashinja Leta y'u Burundi kuzibeshya amafaranga....

Read moreDetails

Perezida Kagame yaganiriye n’abakuru b’ibihugu byo muri EAC na SADC ku bibazo cya RDC.

by Bruce Bahanda
August 14, 2025
0
Perezida Kagame yaganiriye n’abakuru b’ibihugu byo muri EAC na SADC ku bibazo cya RDC.

Perezida Kagame yaganiriye n'abakuru b'ibihugu byo muri EAC na SADC ku bibazo cya RDC. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, hamwe n'abandi bakuru b'ibihugu byo mu muryango wa...

Read moreDetails
Next Post
Icyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri RDC basabye amahanga.

Icyo abatavuga rumwe n'ubutegetsi muri RDC basabye amahanga.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?