• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Haravugwa amakuru ababaje y’igikorwa kibi Wazalendo bakoze mu ijoro i Uvira, ndetse n’ibyo Leta iri kuhohereza

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 6, 2025
in Conflict & Security
0
Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira
116
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Haravugwa amakuru ababaje y’igikorwa kibi Wazalendo bakoze mu ijoro i Uvira, ndetse n’ibyo Leta iri kuhohereza

You might also like

Imirwano yakajije umurego hagati ya FARDC na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Amajyepfo

Icyo amakuru avuga ku basirikare 3 bakuru ba FARDC bamaze igihe gito batawe muri yombi

Akarere ka 33 ki ngabo za RDC kahawe umuyobozi mushya

I Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, amakuru aturuka yo mabi ni uko Wazalendo baraye bahashimutiye umusirikare w’iki gihugu wo mu bwoko bw’Abanyamulenge, ikindi ni uko hari kurundwa ibikoresho bya gisirikare byinshi bikomeye.

Ni amakuru akubiye mu butumwa bugufi dukesha inzego z’umutekano za RDC.

Ubwo butumwa bugira buti: “Birababaje, umusirikare wa FARDC wo mu bwoko bw’Abanyamulenge Wazalendo baraye bamushimuse.”

Ubu butumwa bukomeza bugira buti: “Yashimutiwe mu mujyi wa Uvira, ubwo yarageze kuri 8ème CEPAC iherereye muri quartier Songo. Uyu musirikare yabaga mu ngabo zikorera kuri Secteur Uvira.”

Nyuma yo gushimutwa nta kindi kiramenyekana kuri we, ariko ikimaze kumenyekana nuko hari gukorwa uburyo bwose ngo Wazalendo bamugarure.

Byasobanuwe ko yafashwe ari kumwe n’abaganzi be kandi ko bari mukazi ka gisirikare, mu rwego rwo kurinda umutekano.

Ibyo byabaye mu gihe aha i Uvira hari kurundwa ibikoresho bya gisirikare, aho biri kuvanwa i Bujumbura mu Burundi, ndetse n’ibindi bikavanwa i Kinshasa, Kisangani n’i Kindu.

Aya makuru akomeza avuga ko biri gusehwa n’indege, ibindi bikazanwa n’imodoka za gisirikare ahanini ibiva i Bujumbura.

Bimwe muri ibyo bikoresho harimo ibisasu bya Lances roquette, RPG -7 n’imbunda za mitrailleuse 7.62, n’ibindi birimo n’imbunda za rutura.

Leta ya RDC ku bufatanye n’iy’u Burundi, bigamije kurwana byivuye inyuma no kwisubiza ibice bambuwe na AFC/M23/MRDP-Twirwaneho mu misozi ya Uvira, Fizi, Mwenga no mu mijyi nka Bukavu, Kamanyola n’ahandi muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.

Hejuru y’ibyo, hanerekanwe amashusho y’indege ziri guseha biriya bikoresho zirimo n’iza gisivili n’iza gisirikare.

Hagataho, umutekano ukomeje kuba mubi cyane muri iki gice, aho kandi hari na General Olivier Gasita wahageze ku wa mbere, ariko aza Wazalendo batamushaka bavuga ko ari Umunyarwanda, ibyo nabyo bikaba bikomeje kongera urwango ku Banyamulenge no kunshuti zabo.

Tags: BashimuseUviraWazalendo
Share46Tweet29Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Imirwano yakajije umurego hagati ya FARDC na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Amajyepfo

by Bahanda Bruce
October 22, 2025
0
Imirwano yakajije umurego hagati ya FARDC na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Amajyepfo

Imirwano yakajije umurego hagati ya FARDC na AFC/M23/MRDP muri Kivu y'Amajyepfo Amakuru aturuka muri Kivu y'Amajyepfo mu burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko imirwano yakomeye...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku basirikare 3 bakuru ba FARDC bamaze igihe gito batawe muri yombi

by Bahanda Bruce
October 22, 2025
0
Icyo amakuru avuga ku basirikare 3 bakuru ba FARDC bamaze igihe gito batawe muri yombi

Icyo amakuru avuga ku basirikare 3 bakuru ba FARDC bamaze igihe gito batawe muri yombi Amakuru ubutasi bw'igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo bwashyize hanze, agaragaza ko...

Read moreDetails

Akarere ka 33 ki ngabo za RDC kahawe umuyobozi mushya

by Bahanda Bruce
October 22, 2025
0
Akarere ka 33 ki ngabo za RDC kahawe umuyobozi mushya

Akarere ka 33 ki ngabo za RDC kahawe umuyobozi mushya Brigadier General Amuli Civiri ni we wagizwe umuyobozi mushya wa karere ka 33 ki ngabo za Repubulika ya...

Read moreDetails

Amasasu yumvikaniye i Fizi havuzwe Umukomando yasize ahitanye

by Bahanda Bruce
October 22, 2025
0
RDC: Imitwe itutu yitwaje intwaro irashinjwa ubugizi bwa nabi ku basivili

Amasasu yumvikaniye i Fizi havuzwe Umukomando yasize ahitanye Imitwe ibiri ya Wazalendo yasubiranyemo mu bice byo muri teritware ya Fizi, mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, binarangira umukomando wo...

Read moreDetails

Undi muntu yishwe arashwe i Uvira muri Kivu y’Amajyepfo

by Bahanda Bruce
October 22, 2025
0
AFC/M23/MRDP yagize icyo isezeranya ku mujyi wa Uvira

Undi muntu yishwe arashwe i Uvira muri Kivu y'Amajyepfo Umudamu uri mu kigero cy'imyaka 50 yishwe arashwe n'abo bikekwa ko ari wazalendo, akaba yariciwe i Uvira muri Kivu...

Read moreDetails
Next Post
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?