Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hatangajwe igihe ibiganiro bizabera hagati ya m23 na Leta y’i Kinshasa yemeye kuyamanika.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 13, 2025
in Regional Politics
0
Uko byagenze kugira ngo Tshisekedi yemere kuganira na m23.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hatangajwe igihe ibiganiro bizabera hagati ya m23 na Leta y’i Kinshasa yemeye kuyamanika.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Umunsi nyirizina w’ibiganiro hagati y’umutwe wa m23 na guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yari yaranze kuganira n’uyu mutwe, ariko ikaza kwisubiraho, wamaze gutangazwa.

Byatangajwe na perezidansi ya Angola, aho yatangaje ko yiteguye kwakira ibiganiro hagati y’intumwa za Repubulika ya demokarasi ya Congo n’umutwe wa m23.

Iyi perezidansi ihita igaragaza ko ibyo biganiro bizaba tariki ya 18/03/2025, ubwo akaba ari mu cyumweru gitaha.
Ubwo aya makuru yavugwaga bwa mbere ku wa kabiri, nyuma y’aho perezida Tshisekedi wa RDC na mugenzi we Joao Lourenco wa Angola bari bahuriye i Luanda muri Angola bakaza kwemezanya ibyo biganiro; perezidansi y’iki gihugu cya Angola yahise itangaza ko iki gihugu cyemeye guhuza Congo na M23.

Bizaba bibaye ubwa mbere guverinoma ya Kinshasa kwemera kwicarana kumeza imwe y’ibiganiro n’umutwe wa m23 urwanya iyi guverinoma.

Ibiganiro byagiye bitumizwa mbere ntibyigeze bishobora guhagarika intambara, ahanini bikagaragara ko ari ukubera ko uyu mutwe utatumizwaga muri ibyo biganiro.

Rero, itangazo ibiro byumukuru w’igihugu cya Angola byashyize hanze rigira riti: “Dukurikije intambwe zafashwe n’ubuhuza bwa Angola, intumwa za Congo na m23 zizatangira ibiganiro by’amahoro guhera tariki ya 18/03/2025, mu mujyi wa Luanda.”

Inshuro nyinshi perezida Felix Tshisekedi yagiye avuga ko atazigera agirana ibiganiro na m23, umutwe avuga ko ushyigikiwe n’u Rwanda, ibyo rwagiye rutera utwatsi, hubwo rugashinja iyi Leta y’i Kinshasa gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Usibye n’u Rwanda, uyu mutwe nawo uhakana ko udafashwa n’u Rwanda. Kuva mu kwezi kwa mbere uyu mwaka, m23 yatangiye gufata ibice bikomeye, birimo icy’u mujyi wa Goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, na Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo.

Nyuma yogufata ibyo bice binini, wakomeje gufata n’ibindi, ndetse kuri ubu uzengurutse umujyi wa Uvira, aho kandi wafashe n’imisozi ya Rurambo ahazwi nk’i Mulenge muri teritware ya Uvira.

Tags: 18/03/2025ibiganiroKinshasaLuandaM23
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Abasirikare ba Fardc bishwe na Wazalendo.

Abaturage bari kwicwa i Uvira bicwa na Wazalendo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?