• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Havutse umwuka mubi mu Burundi hagati ya Leta n’abatwara ibinyabiziga.

minebwenews by minebwenews
July 30, 2025
in Regional Politics
0
Havutse umwuka mubi mu Burundi hagati ya Leta n’abatwara ibinyabiziga.
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Havutse umwuka mubi mu Burundi hagati ya Leta n’abatwara ibinyabiziga.

You might also like

Bikanganye perezida w’u Burundi yasabwe kuvana Ingabo ze muri RDC

U Burayi bwari bwihaye kwivanga mu miyoborere y’u Rwanda bwahawe igisubizo gikakaye

U Rwanda mu magambo akarishye rwasubije RDC irushinja kuryanisha Wazalendo na FARDC

Umwuka mubi wavutse hagati ya guverinoma y’u Burundi n’abatwara abagenzi mu buryo busanzwe, ibyanatumye ingendo zihuza umujyi wa Bujumbura n’i ntara zitandukanye zihagarara.

Igihugu cy’u Burundi kimaze igihe kinini kirimo ibura ry’ibikomoka kuri peteroli, aho ndetse aba batwara ibinyabiziga bagiye bigendera kuza bajya kubyishakira muri RDC na Tanzania.

Amakuru avuga ko iyo bagiye kubyishakira, ijerikani ya litilo 20 bayigura amarundi ari hagati y’ibihumbi 300 na 350.

Kubera amafaranga menshi bagura lisansi na mazutu ndetse n’ikiguzi mu buryo bwa rusange bigiriye inama yo kuzamura ibiciro by’ingendo mu rwego rwo kwirinda kugwa mu gihombo.

Rero, Leta yamaganye izamurwa ry’ibiciro by’ingendo, ishyiraho amande kuva ku bihumbi 200 by’amafaranga y’Amarundi kugeza kuri miliyoni 1 y’amafaranga y’Amarundi, ariko abafatirwa ibi bihano bagaragaza ko ari akarengane.

Umwe mu bashoferi yabwiye itangazamakuru ko bashyize abagenzi mu modoka. Ahakorerwa ubugenzuzi, ubuyobozi bwabajije amafaranga bishyuye, bavuga ko ari amarundi ibihumbi 10 kugera i Bubanza. Batiriwe bumva ibisobanuro byacu, baduciye miliyoni imwe.”

Undi na none yagize ati: “Batangiye baduca amande y’ibihumbi 200, nyuma bajya ku bihumbi 500, none ubu bageze kuri miliyoni;” yongeyeho ko “hari n’abashoferi bafunzwe bazira kuzamura ibiciro by’ingendo.”

Nyuma y’aho amande igejejwe kuri miliyoni y’Amarundi, abatwara abagenzi babavana i Bujumbura, babajyana mu zindi ntara, tariki ya 27/07/2025, bahise bafata icyemezo cyo guhagarika gutwara abagenzi kugeza igihe Leta izakemura ikibazo cyabo.

Umunsi wa kurikiyeho, muri gare nkuru iherereye mu Ngagara i Bujumbura nta modoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange yahagaragaraga, nyamara abagenzi bo bari benshi, babuze ayo bacira n’ayo bamira.

Mu zindi ntara ziri muri Gitega , Rugombo n’ahandi mu gihugu naho nta modoka zitwara abagenzi zihagaragara.

Umugenzi umwe yabwiye ikinyamakuru cya BBC ati: “Naraye muri gare, ndaburara kubera ko ndashobora kurya itike.”

Yongeraho ati: “N’ubu turongera kurara aha. Ibi bintu biragoye.”

Ikibazo cy’ibura ry’ibikomoka kuri peteroli cyarenze ububasha bwa Leta ya perezida Evariste Ndayishimiye, nubwo rimwe na rimwe agaragaza ko ntagihari, kuko hari igihe atangariza abanyagihugu ko agiye kugitunganya, bigashyirira aho.

Abatwara abagenzi bavuga ko leta kubera ko nta bikomoka kuri peteroli itanga, ikwiye kubareka, kandi n’abo ubwabo bakumvikana n’abagenzi aho kugira ngo ubuzima buhagarare.

Tags: Abatwara abagenzileta yu BurundiUmwuka mubi
Share30Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Bikanganye perezida w’u Burundi yasabwe kuvana Ingabo ze muri RDC

by Bahanda Bruce
September 14, 2025
0
Bikanganye perezida w’u Burundi yasabwe kuvana Ingabo ze muri RDC

Bikanganye perezida w'u Burundi yasabwe kuvana Ingabo ze muri RDC Umukuru w'ishyaka rya CNDD mu Burundi, Leonard Nyangoma, yaburiye ubutegetsi bw'iki gihugu cyabo, gucyura Ingabo bwohereje mu ntambara...

Read moreDetails

U Burayi bwari bwihaye kwivanga mu miyoborere y’u Rwanda bwahawe igisubizo gikakaye

by Bahanda Bruce
September 13, 2025
0
U Burayi bwari bwihaye kwivanga mu miyoborere y’u Rwanda bwahawe igisubizo gikakaye

U Burayi bwari bwihaye kwivanga mu miyoborere y'u Rwanda bwahawe igisubizo gikakaye U Rwanda rwakuriye inzira ku murima inteko ishinga amategeko y'umuryango w'ubumwe bw'u Burayi yarusabye kurekura Ingabire...

Read moreDetails

U Rwanda mu magambo akarishye rwasubije RDC irushinja kuryanisha Wazalendo na FARDC

by Bahanda Bruce
September 12, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda mu magambo akarishye rwasubije RDC irushinja kuryanisha Wazalendo na FARDC Guverinoma y'u Rwanda yamaganye ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo bushinja ingabo zarwo kuryanisha Wazalendo...

Read moreDetails

AFC/M23 bwa mbere itumijwe mu biganiro by’umuryango ukomeye ku isi

by Bahanda Bruce
September 11, 2025
0
AFC/M23 ivuze ku bya Uvira ni cyihutirwa kuri yo

AFC/M23 bwa mbere itumijwe mu biganiro by'umuryango ukomeye ku isi Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo,...

Read moreDetails

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

by Bahanda Bruce
September 10, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo Guverinoma y'u Rwanda yamaganiye kure imvugo bamwe mu bagize guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo bashinje...

Read moreDetails
Next Post
AFC/M23 yahaye Radio Okapi gasopo.

Ibikorwa bya gisirikare bya AFC/M23 biri kurushaho kwiyongera.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?