• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, December 4, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Havuzwe impamvu zatumye ubutumwa bwa SADC muri RDC butagera ku ntego.

minebwenews by minebwenews
May 7, 2025
in Regional Politics
0
Abasirikare ba SADC batangiye kuva muri RDC.
78
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Havuzwe impamvu zatumye ubutumwa bwa SADC muri RDC butagera ku ntego.

You might also like

Menya Impamvu Trump Yahisemo Kwakirira Tshisekedi na Kagame mu Nyubako Nshya Yitiriwe We, aho Kubakira muri White House

Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w’umunye-Kongo

Iby’ingenzi ku Masezerano ya Washington hagati y’u Rwanda na RDC

Umuryango w’iterambere rya Afrika y’Amajyepfo, SADC, urimo gucyura ingabo wari warohereje muri Repubulika ya demokarasi ya Congo nyuma yo gutsindwa intambara zarizihanganyemo n’umutwe wa M23.

Izi ngabo ziri gucyurwa mu bihugu byabo zinyuze ku butaka bw’u Rwanda, nyuma y’umwaka urenga zirwana ku ruhande rw’ingabo za Congo.

Bimwe mu byari byarazanye izi ngabo muri Congo, mu butumwa buzwi nka SAMIDRC, kwari ukurwanya umutwe wa M23 zikawutsinsura, hanyuma zigafasha Leta y’i Kinshasa mu mugambi yari fite wo gutera u Rwanda, nk’uko bigaragarira mu nyandiko zafatiwe mu mujyi wa Goma ubwo M23 yawufataga mu ntangiriro z’ukwezi kwa mbere uyu mwaka wa 2025.

Usibye kuba izi ngabo zari zigambiriye gutsinsura umutwe wa M23, zagombaga no guha imyitozo abasirikare ba FARDC.

Ibi ntibyagezweho nk’uko byari biteganyijwe, kubera ko izi ngabo zaje gutsindwa na M23 bidasubirwaho.

Umwalimu wigisha muri kaminuza yo muri Danmark, Thomas Mendra, yagaragaje ko mu mpamvu zatumye SAMIDRC inanirwa kugera ku ntego zayo zirimo guhashya M23, harimo kuba zitarasobanukiwe n’umwanzi barwanaga, imiterere ye, imbaraga za politiki ziri inyuma ye, ndetse n’imbaraga z’ibihugu by’ibihangange byi hishe inyuma y’intambara ibera mu Burasizuba bwa Congo.

Ibyo yavuze, bihuye nibyo ibinyamamakuru byinshi byo muri Afrika y’Epfo, byakunze gutangaza ko uburyo bw’amafaranga yari guherekeza ingabo zari muri ubu butumwa bwa SAMIDRC, bwari buteguye nabi, ndetse kandi n’ibikoresho ubwabyo byari biteguye muburyo butagezweho.

Ubundi kandi igihugu cya Afrika y’Epfo cyakomeje kwigaragaza cyane nka kimwe mu bihugu bitifuza amahoro mu karere ahubwo cyifuzaga kurwanya M23 ikayimaraho , ariko ikirengngiza ko igisirikare cyayo gikwiye kongererwa ubushobozi mu buryo bwose.

Ubwo rero biragoye ko ubu butumwa bwari kugera ku kintu gihambaye mu gihe ibyacyo biteguye nabi.

Ikindi kivugwa ni uko SADC yasuzuguye EAC.

Ubutumwa bwa SADC byari bigoye kugera ku ntego, kuko mu ntangiriro, uyu muryango wa SADC ntiwigeze uha agaciro inzira y’amahoro yari yaraharuwe n’umuryango wa Afrika y’i Burasizuba, EAC.

Icyo gihe SADC yigaragaje nk’idashaka gukorana na EAC, kandi uyu muryango wa Afrika y’i Burasizuba bitari gushoboka ko uwusuzugura mu gihe bimwe mu bihugu biwugize nk’u Rwanda, Kenya na Uganda ari byo byikorera umutwaro w’ingaruka z’intambara ya Congo.

Ikindi ni uko EAC yari yagaragaje ko inzira ya politiki ari yo yakemura ikibazo kurusha iy’intambara.

Ku rundi ruhande, umuryango wa SADC wirengangije inzira y’amahoro yari yaratangijwe na EAC kandi yari imaze gutanga umusaruro kurusha ubutumwa bwa SAMIDRC.

Nyamara kandi Afrika y’Epfo yirengangije ko itari kuza muri aka karere, kuko ari akarere gacungirwa hafi n’ibihugu by’ibihangange ku Isi.

Mu mboni za Leta Zunze ubumwe z’Amerika, kubona Afrika y’Epfo yijandika muri aka karere, ntabwo yashoboraga kubyemera , kuko ubutegetsi bw’iki gihugu cya Afrika y’Epfo bufatwa nk’ubuhagarariye umuryango wa BRICS muri Afrika ufatwa nk’umwanzi ukomeye w’u Burayi n’iyi Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Tags: ImpamvuItsindwaRdcSADC
Share31Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Menya Impamvu Trump Yahisemo Kwakirira Tshisekedi na Kagame mu Nyubako Nshya Yitiriwe We, aho Kubakira muri White House

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Menya Impamvu Trump Yahisemo Kwakirira Tshisekedi na Kagame mu Nyubako Nshya Yitiriwe We, aho Kubakira muri White House

Menya Impamvu Trump Yahisemo Kwakirira Tshisekedi na Kagame mu Nyubako Nshya Yitiriwe We, aho Kubakira muri White House Itangazo ryasohowe kuri uyu wa kane tariki ya 04/12/2025, na...

Read moreDetails

Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w’umunye-Kongo

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w’umunye-Kongo

Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w'umunye-Kongo Léonard She Okitundu, wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (2016–2019) akaba ubu ari Umudepite ndetse...

Read moreDetails

Iby’ingenzi ku Masezerano ya Washington hagati y’u Rwanda na RDC

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye gusinya amasezerano akomeye ashobora guhindura isura y’umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari

Iby’ingenzi ku Masezerano ya Washington hagati y’u Rwanda na RDC Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) na Repubulika y’u Rwanda tariki ya 27/06/2025 zasinye i Washington amasezerano akomeye...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi mu Ihurizo Rikomeye i Washington, amasezerano Ashobora Kwigaranzura Ubutegetsi Bwe

by Bahanda Bruce
December 3, 2025
0
Perezida Tshisekedi mu Ihurizo Rikomeye i Washington, amasezerano Ashobora Kwigaranzura Ubutegetsi Bwe

Perezida Tshisekedi mu Ihurizo Rikomeye i Washington, amasezerano Ashobora Kwigaranzura Ubutegetsi Bwe Perezida Félix Tshisekedi Tshilombo ari mu rugendo rufatwa nk’urugena imiterere y’ahazaza h’ubutegetsi bwe. Nyuma y’igihe kinini...

Read moreDetails

Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye gusinya amasezerano akomeye ashobora guhindura isura y’umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
December 3, 2025
0
Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye gusinya amasezerano akomeye ashobora guhindura isura y’umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari

Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye gusinya amasezerano akomeye ashobora guhindura isura y’umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Perezida Paul...

Read moreDetails
Next Post
Rwa mbikanye hagati y’u Buhinde na Pakistan ivumbi riratumuka.

Rwa mbikanye hagati y'u Buhinde na Pakistan ivumbi riratumuka.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?