• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Havuzwe impamvu zatumye ubutumwa bwa SADC muri RDC butagera ku ntego.

minebwenews by minebwenews
May 7, 2025
in Regional Politics
0
Abasirikare ba SADC batangiye kuva muri RDC.
78
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Havuzwe impamvu zatumye ubutumwa bwa SADC muri RDC butagera ku ntego.

You might also like

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Umuryango w’iterambere rya Afrika y’Amajyepfo, SADC, urimo gucyura ingabo wari warohereje muri Repubulika ya demokarasi ya Congo nyuma yo gutsindwa intambara zarizihanganyemo n’umutwe wa M23.

Izi ngabo ziri gucyurwa mu bihugu byabo zinyuze ku butaka bw’u Rwanda, nyuma y’umwaka urenga zirwana ku ruhande rw’ingabo za Congo.

Bimwe mu byari byarazanye izi ngabo muri Congo, mu butumwa buzwi nka SAMIDRC, kwari ukurwanya umutwe wa M23 zikawutsinsura, hanyuma zigafasha Leta y’i Kinshasa mu mugambi yari fite wo gutera u Rwanda, nk’uko bigaragarira mu nyandiko zafatiwe mu mujyi wa Goma ubwo M23 yawufataga mu ntangiriro z’ukwezi kwa mbere uyu mwaka wa 2025.

Usibye kuba izi ngabo zari zigambiriye gutsinsura umutwe wa M23, zagombaga no guha imyitozo abasirikare ba FARDC.

Ibi ntibyagezweho nk’uko byari biteganyijwe, kubera ko izi ngabo zaje gutsindwa na M23 bidasubirwaho.

Umwalimu wigisha muri kaminuza yo muri Danmark, Thomas Mendra, yagaragaje ko mu mpamvu zatumye SAMIDRC inanirwa kugera ku ntego zayo zirimo guhashya M23, harimo kuba zitarasobanukiwe n’umwanzi barwanaga, imiterere ye, imbaraga za politiki ziri inyuma ye, ndetse n’imbaraga z’ibihugu by’ibihangange byi hishe inyuma y’intambara ibera mu Burasizuba bwa Congo.

Ibyo yavuze, bihuye nibyo ibinyamamakuru byinshi byo muri Afrika y’Epfo, byakunze gutangaza ko uburyo bw’amafaranga yari guherekeza ingabo zari muri ubu butumwa bwa SAMIDRC, bwari buteguye nabi, ndetse kandi n’ibikoresho ubwabyo byari biteguye muburyo butagezweho.

Ubundi kandi igihugu cya Afrika y’Epfo cyakomeje kwigaragaza cyane nka kimwe mu bihugu bitifuza amahoro mu karere ahubwo cyifuzaga kurwanya M23 ikayimaraho , ariko ikirengngiza ko igisirikare cyayo gikwiye kongererwa ubushobozi mu buryo bwose.

Ubwo rero biragoye ko ubu butumwa bwari kugera ku kintu gihambaye mu gihe ibyacyo biteguye nabi.

Ikindi kivugwa ni uko SADC yasuzuguye EAC.

Ubutumwa bwa SADC byari bigoye kugera ku ntego, kuko mu ntangiriro, uyu muryango wa SADC ntiwigeze uha agaciro inzira y’amahoro yari yaraharuwe n’umuryango wa Afrika y’i Burasizuba, EAC.

Icyo gihe SADC yigaragaje nk’idashaka gukorana na EAC, kandi uyu muryango wa Afrika y’i Burasizuba bitari gushoboka ko uwusuzugura mu gihe bimwe mu bihugu biwugize nk’u Rwanda, Kenya na Uganda ari byo byikorera umutwaro w’ingaruka z’intambara ya Congo.

Ikindi ni uko EAC yari yagaragaje ko inzira ya politiki ari yo yakemura ikibazo kurusha iy’intambara.

Ku rundi ruhande, umuryango wa SADC wirengangije inzira y’amahoro yari yaratangijwe na EAC kandi yari imaze gutanga umusaruro kurusha ubutumwa bwa SAMIDRC.

Nyamara kandi Afrika y’Epfo yirengangije ko itari kuza muri aka karere, kuko ari akarere gacungirwa hafi n’ibihugu by’ibihangange ku Isi.

Mu mboni za Leta Zunze ubumwe z’Amerika, kubona Afrika y’Epfo yijandika muri aka karere, ntabwo yashoboraga kubyemera , kuko ubutegetsi bw’iki gihugu cya Afrika y’Epfo bufatwa nk’ubuhagarariye umuryango wa BRICS muri Afrika ufatwa nk’umwanzi ukomeye w’u Burayi n’iyi Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Tags: ImpamvuItsindwaRdcSADC
Share31Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari MINEMBWE CAPITAL NEWS Mu gihe...

Read moreDetails

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubutegetsi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa Mu gihe umutwe wa Rwanda National Congress (RNC), washinzwe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari...

Read moreDetails

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka mu ruhando rwa politiki...

Read moreDetails

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC Le Gouvernement du Rwanda a publié un communiqué important en réponse aux déclarations...

Read moreDetails

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo rikomeye risubiza ku magambo yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
Rwa mbikanye hagati y’u Buhinde na Pakistan ivumbi riratumuka.

Rwa mbikanye hagati y'u Buhinde na Pakistan ivumbi riratumuka.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?