I Burundi impunzi ziri mu byishimo nyuma y’uko zigize ibyo zongererwa
Impunzi zicyukumbikiwe mu nkambi ya Nyenkanda iherereye muri Komine ya Ruyigi, mu Burasirazuba bw’u Burundi, mu gihe zari ziteze ko imfashyanyo y’ibiribwa zahabwaga ihagarikwa burundu, ahubwo yongerewe.
Ni amakuru yashyizwe hanze n’ishirahamwe mpuzamahanga rya PAM rishinzwe ibiribwa ku isi, aho ryagaragaje ko impunzi zigiye gukomeza guhabwa ibiryo kugeza mu kwezi kwa gatatu umwaka utaha wa 2026.
Kuva mu ntangiriro z’uku kwezi turimo kwa cumi uyu mwaka, ibiribwa bitangwa buri kwezi ku mpunzi byongeweho ibice 20 kw’ijana, bituma ibyo zahoraga zihabwa bizamuka bigera ku kigero cya 70%, zikaba zahoraga zihabwa ibiri kurugero rwa 50% kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka.
Ibi byakiranwe ibyishimo mu makambi y’impunzi, kubera ko impunzi zari ziteze ko ibiryo zahabwaga bigiye guhagarikwa burundu.
Umugore uri mu i Kambi ya Nyankanda, iherereye muri Komine ya Ruyigi, yagize ati: “Mu mezi ashize twari tubayeho mu bwoba bw’uko gupokera ibiryo bigiye guhagarikwa. Byari ibintu twiteze ko bizashyira imiryango yacu mu bukene bwinshi. Ariko ubu turashima ko iyo mfashanyo aho guhagarikwa yongerewe.”
Kubwe akavuga ko bigiye kongera kubarema umutima, kuko n’ubundi bari bagiye kuyikurwaho ariko ari yo ibabeshejeho.
Ariko n’ubwo izi mpunzi zabonye iyo mfashanyo, hari ibindi bibazo zisanganwe, nko kuba zidafite ubuvuzi buhagije, imyigire y’abana babo bavuga ko ituzuye, hamwe n’uburyo bwo kwibeshaho bonyine biracyari ku rugero rwo hasi.
Undi mugore uherereye muri iyo nkambi ya Nyenkanda wishimiye iyo mfashanyo, na we yagize ati: “Biratunejeje cyane kubona bongeje ibiribwa. Ariko turacyabuze ibitaro bituvura neza, kandi n’imyigire y’abana bacu iracyari hasi cyane.”
Impunzi mu makambi zikene ubufasha bwa buri gihe, kuko ubuzima bwazo buhora ari ntabwo ni mu gihe ari ntahandi zitegera atari muri HCR.
Igihugu cy’u Burundi ubu gicumbikiye impunzi zirenga 100.000, kikaba ki zicyumbikiye mu Makambi atanu, harimo iya Nyenkanda, Musasa, Gasogwe, Kavumu n’izindi.
Muri izo mpunzi hari zimaze imyaka irenga 20 mu buhunzi, n’ubwo zaturutse mu bihugu bitandukanye byo mu karere, ariko inyinshi n’izavuye mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho zahunze intambara imaze imyaka myinshi ica ibintu muri iki gihugu hagati y’Ingabo za Leta n’imitwe yitwaje intwaro itandukanye iyirwanya.






